Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayobozi Mu Rwego Rw’Imari Bakiriwe Na Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abayobozi Mu Rwego Rw’Imari Bakiriwe Na Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2022 6:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kwakira umuyobozi w’Ishami rishinzwe itumanaho mu Kigo mpuzamahanga kita ku itumanaho ku isi witwa Doreen Bodgan- Martin, Perezida Kagame yakiriye Tidjane Thiam uyobora Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe itembere mu by’imari, Rwanda Finance Ltd ari kumwe na Nick Barigye uyobora Ikigo kitwa Kigali International Finincial Centre.

Ibiro by’Umukuru w’igihugu bivuga ko ibiganiro Perezida Kagame yagiranye n’aba bayobozi byibanze mu gusuzuma aho imirimo yo gutangiza no gukomeza imikorere y’Ikigo mpuzamahanga mu by’imari cya Kigali igeze.

Ikigo KIFC cyatangiye gukora ku mugaragaro mu mwaka wa 2020. Igitekerezo cyo kugishinga cyatangiye mu mwaka wa 2017.

Intego yacyo ni ugufasha abashoramari bo muri Afurika kubona ahantu hizewe kandi batekanye babika amafaranga yabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Yaraye abakiriya bamusobanurira aho imikorere irambye ya Kigali International Financial Center igeze

Ibi byose u Rwanda rubikora rushyize imbere ikoranabuhanga ririnzwe bihagije k’uburyo amafaranga y’abashoramari barwizeye aba acunzwe mu mutekano.

Ikoranabuhanga mu by’imari niryo bita mu Cyongereza FinTech( Financial technology).

Mu rwego rwo gukomeza gukurura abashomari, Leta y’u Rwanda yasoneye umusoro w’imyaka irindwi abashoramari bashora mu rwego rw’ubuzima, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro no mu by’ingufu.

Uyu muhati w’u Rwanda kandi watangiye gutanga umusaruro kuko hari abashoramari batangiye kurubitsa amafaranga yabo.

Mu Ugushyingo 2022 muri kiriya kigo hashinzwe ikigega kiswe Virunga Africa Fund I cyashyizwemo imari shingiro ya miliyoni 250 $.

- Advertisement -

Abashoramari bakomeye bashyizemo aya mafaranga ni Ikigo Qatar Investment Authority na  Rwanda Social Security Board.

Intego  ni uko ikigega cyose kizashorwamo Miliyoni ziri hagati ya 100 na Miliyoni 120 $.

Nick Barigye mu kiganiro yahaye Taarifa ubwo iki kigo cyatangira gukora mu mwaka wa 2020

U Rwanda ngo ni cyo gihugu guhagaze neza mu ishoramari mu by’imari ndetse kurusha Afurika y’Epfo.

Rwiyemeje ko abashoramari b’Afurika bose bazarugana  bakarubikamo imari.

Mu rugendo rwo kuzamura urwego rw’imari mu Rwanda, Qatar yiyemeje kuzafatanya narwo.

Muri Nzeri, 2021 hari amasezerano yasinywe hagati y’Ikigo Kigali International Financial Center na Qatar Finincial Centre agamije ubufatanye buhamye mu guteza imbere urwego rw’imari mu Rwanda.

Ubufatanye Bw’U Rwanda Na Qatar Ku Isoko Ry’Imari

TAGGED:featuredIkigoImariKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Yungutse Abasirikare Bashya
Next Article Ingabo Za Putin Zasakije Umurwa Mukuru Wa Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?