Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayobozi Mu Z’Ibanze ‘Ntibazi’ Gutanga Raporo Ku Byaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abayobozi Mu Z’Ibanze ‘Ntibazi’ Gutanga Raporo Ku Byaha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2023 8:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo atari bose, ariko muri rusange abayobozi mu nzego z’ibanze, cyane cyane abo mu cyaro, ntibarasobanukirwa neza uko raporo ku byaha bikorerwa aho bayobora zikorwa. Niyo mpamvu RIB iri kubibahuguramo.

Abagezweho ni abo mu Turere dutanu tw’Intara y’Amajyepfo ari two Gisagara, Nyanza, Ruhango, Muhanga na Kamonyi.

Abo mu Karere ka Nyanza baraye bahuriye ku Biro by’Umurenge wa Muyira.

Umuyobozi muri RIB ukora mu ishami ryo gukumira ibyaha n’ubushakashatsi witwa Jean Claude Ntirenganya yabwiye abo bayobozi( guhera ku Murenge kugeza ku Mudugudu) ko buriya bukangurambaga bugenewe abayobozi ku mikorerwe inoze ya raporo zishyikirizwa ubugenzacyaha bwatangiye mu mwaka wa 2022.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Jean Claude Ntirenganya

Ku ikubitiro bwakorewe mu Ntara Y’Uburasirazuba mu Karere ka Bugesera, Akarere ka Kayonza, Akarere ka Rwamagana n’Akarere ka Ngoma.

Muri iyo Ntara hahuguwe abayobozi mu nzego zitandukanye bagera ku 2200.

Ntirenganya avuga ko mu guhitamo uturere two guhuguramo abayobozi, bashingira ku mibare yerekana uko ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyangwa irindi iba ihagaze.

Avuga ko mu Ntara y’Amajyepfo uturere basanganye iyi mibare myinshi ari dutanu twavuzwe haruguru.

Intego ya RIB ngo ni ukuganira n’abo bayobozi bakungurana ubumenyi, bagahugurana, hagamijwe kunoza imikoranire mu nyungu z’umuturage.

- Advertisement -

Yunzemo ko muri uko guhugurana, RIB iganira n’abayobozi ikabibutsa iby’ibanze bigomba kuba bigize raporo igezwa ku bugenzacyaha ku byaha biba byakorewe mu ngo.

Ntirenganya ati: “ Mwese murabizi ko mu Bugenzacyaha hari ubwo tubasaba ko mudukorera raporo kandi nkamwe nk’abayobozi mu nzego z’ibanze muba mwahageze bwa mbere muba mufite amakuru nyayo ataratangira kwangirika, bityo raporo muduhaye zikarushaho kugira akamaro.”

Yasabye abayobozi kwirinda kujya bakingira ikibaba abakoze ibyaha kuko nabyo bihanirwa kandi uko gukingirana ikibaba bituma na raporo kuri icyo cyaha zikorwa nabi, bikayobya ubugenzacyaha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza witwa Muhoza avuga ko ubumenyi bahawe buzabafasha gukurikirana imibereho n’imibanire y’abagize umuryango kugira habeho  gukumira ihohoterwa iryo ari ryo rwose.

Ku byerekeye imikorerwe ya raporo z’icyaha cyakozwe, Muhoza Alphonse avuga ko hari igihe bazikoraga nabi kubera kutamenya uko raporo ihabwa ubugenzacyaha ikorwa.

Ati: “ Hari igihe twakoraga raporo idakubiyemo ibikwiriye kuba bigaragaza koko ibigize icyaha. Habaga haburamo n’ibindi byose byafasha mu iperereza no gukurikirana uwakoze icyaha.”

Umuyobozi w’Umurenge wa Muyira avuga ko we na bagenzi be bavuye muri ayo mahugurwa yateguwe n’Ubugenzacyaha bamenye uko ‘raporo nziza’ iba ikoze.

Ibigomba kutabura muri raporo ku cyaha

Jean Claude Ntirenganya yabwiye Taarifa  ko muri raporo ku cyaha cyakozwe haba hagomba kugaragaramo ‘aho cyakorewe’, icyakozwe cyangwa ibyakozwe( iyo hari byinshi byakorewe umuntu), ukekwaho uruhare mu kugikora, igihe cyakorewe n’impamvu ikekwa yaba yabiteye.

Ibi bifasha abagenzacyaha kubona amakuru atavangiwe, bazaheraho mu ibazwa ry’ibanze kuko abagenzacyaha bagera ahantu nyuma y’igihe,  bimwe mu bimenyetso cyangwa ubuhamya byaravangiwe.

Amahugurwa RIB iri guha abayobozi ni ayo kuyifasha kugera ku makuru y’umwimerere ku byaha bibera aho bayobora.

Raporo ku byaha cyangwa ibindi byakorewe ahantu runaka bayita Situation Report ( Sitrep).

 

 

TAGGED:featuredIbyahaIngoNtirenganyaNyanzaRaporoRIBRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Ashimira Uruhare Rwa MTN Mu Iterambere Ry’u Rwanda
Next Article Amerika Yemereye Israel Ngo Itere Gaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?