Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayobozi Mu Z’Ibanze ‘Ntibazi’ Gutanga Raporo Ku Byaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abayobozi Mu Z’Ibanze ‘Ntibazi’ Gutanga Raporo Ku Byaha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2023 8:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo atari bose, ariko muri rusange abayobozi mu nzego z’ibanze, cyane cyane abo mu cyaro, ntibarasobanukirwa neza uko raporo ku byaha bikorerwa aho bayobora zikorwa. Niyo mpamvu RIB iri kubibahuguramo.

Abagezweho ni abo mu Turere dutanu tw’Intara y’Amajyepfo ari two Gisagara, Nyanza, Ruhango, Muhanga na Kamonyi.

Abo mu Karere ka Nyanza baraye bahuriye ku Biro by’Umurenge wa Muyira.

Umuyobozi muri RIB ukora mu ishami ryo gukumira ibyaha n’ubushakashatsi witwa Jean Claude Ntirenganya yabwiye abo bayobozi( guhera ku Murenge kugeza ku Mudugudu) ko buriya bukangurambaga bugenewe abayobozi ku mikorerwe inoze ya raporo zishyikirizwa ubugenzacyaha bwatangiye mu mwaka wa 2022.

Jean Claude Ntirenganya

Ku ikubitiro bwakorewe mu Ntara Y’Uburasirazuba mu Karere ka Bugesera, Akarere ka Kayonza, Akarere ka Rwamagana n’Akarere ka Ngoma.

Muri iyo Ntara hahuguwe abayobozi mu nzego zitandukanye bagera ku 2200.

Ntirenganya avuga ko mu guhitamo uturere two guhuguramo abayobozi, bashingira ku mibare yerekana uko ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyangwa irindi iba ihagaze.

Avuga ko mu Ntara y’Amajyepfo uturere basanganye iyi mibare myinshi ari dutanu twavuzwe haruguru.

Intego ya RIB ngo ni ukuganira n’abo bayobozi bakungurana ubumenyi, bagahugurana, hagamijwe kunoza imikoranire mu nyungu z’umuturage.

Yunzemo ko muri uko guhugurana, RIB iganira n’abayobozi ikabibutsa iby’ibanze bigomba kuba bigize raporo igezwa ku bugenzacyaha ku byaha biba byakorewe mu ngo.

Ntirenganya ati: “ Mwese murabizi ko mu Bugenzacyaha hari ubwo tubasaba ko mudukorera raporo kandi nkamwe nk’abayobozi mu nzego z’ibanze muba mwahageze bwa mbere muba mufite amakuru nyayo ataratangira kwangirika, bityo raporo muduhaye zikarushaho kugira akamaro.”

Yasabye abayobozi kwirinda kujya bakingira ikibaba abakoze ibyaha kuko nabyo bihanirwa kandi uko gukingirana ikibaba bituma na raporo kuri icyo cyaha zikorwa nabi, bikayobya ubugenzacyaha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza witwa Muhoza avuga ko ubumenyi bahawe buzabafasha gukurikirana imibereho n’imibanire y’abagize umuryango kugira habeho  gukumira ihohoterwa iryo ari ryo rwose.

Ku byerekeye imikorerwe ya raporo z’icyaha cyakozwe, Muhoza Alphonse avuga ko hari igihe bazikoraga nabi kubera kutamenya uko raporo ihabwa ubugenzacyaha ikorwa.

Ati: “ Hari igihe twakoraga raporo idakubiyemo ibikwiriye kuba bigaragaza koko ibigize icyaha. Habaga haburamo n’ibindi byose byafasha mu iperereza no gukurikirana uwakoze icyaha.”

Umuyobozi w’Umurenge wa Muyira avuga ko we na bagenzi be bavuye muri ayo mahugurwa yateguwe n’Ubugenzacyaha bamenye uko ‘raporo nziza’ iba ikoze.

Ibigomba kutabura muri raporo ku cyaha

Jean Claude Ntirenganya yabwiye Taarifa  ko muri raporo ku cyaha cyakozwe haba hagomba kugaragaramo ‘aho cyakorewe’, icyakozwe cyangwa ibyakozwe( iyo hari byinshi byakorewe umuntu), ukekwaho uruhare mu kugikora, igihe cyakorewe n’impamvu ikekwa yaba yabiteye.

Ibi bifasha abagenzacyaha kubona amakuru atavangiwe, bazaheraho mu ibazwa ry’ibanze kuko abagenzacyaha bagera ahantu nyuma y’igihe,  bimwe mu bimenyetso cyangwa ubuhamya byaravangiwe.

Amahugurwa RIB iri guha abayobozi ni ayo kuyifasha kugera ku makuru y’umwimerere ku byaha bibera aho bayobora.

Raporo ku byaha cyangwa ibindi byakorewe ahantu runaka bayita Situation Report ( Sitrep).

 

 

TAGGED:featuredIbyahaIngoNtirenganyaNyanzaRaporoRIBRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Ashimira Uruhare Rwa MTN Mu Iterambere Ry’u Rwanda
Next Article Amerika Yemereye Israel Ngo Itere Gaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?