Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abazahabwa Indishyi Mu Rubanza Rwa Rusesabagina Bashobora Kwiyongera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Abazahabwa Indishyi Mu Rubanza Rwa Rusesabagina Bashobora Kwiyongera

Last updated: 20 January 2022 3:37 pm
Share
SHARE

Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ko ruzatumiza abatangabuhamya bashya mu rubanza rwa Paul Rusesabagina, Nsabimana Callixte alias Sankara n’abandi bareganwa uko ari 21, nyuma y’uko abimwe indishyi z’akababaro bajuriye.

Ni abaturage bagizweho ingaruka n’ibitero by’umutwe wa MRCD/FLN mu myaka ya 2018/2019. Barimo abangirijwe ibyabo, abasahuwe cyangwa abakomeretse.

Umwe mu babunganira, Me Munyamahoro Rene, kuri uyu wa Kane yabwiye urukiko ko mu rubanza rwasomwe n’Urukiko Rukuru ku wa 20 Nzeri 2021, hari abantu batahawe indishyi kubera ko batagaragaje ibimenyetso bihagije.

Yagize ati “Kimwe na bagenzi banjye duhagarariye abaregera indishyi, ni kibazo dufite kijyanye n’abatangabuhamya dushaka ko urukiko rwazumva kuko hari abaregera indishyi batawe indishyi, bitewe n’uko ngo nta bimenyetso bagaragaje.”

“Ariko hakaba hari abatangabuhamya babibonye bashaka kugira ngo bazatumirwe n’urukiko, kugira ngo bazaze kubihamya hano imbere y’urukiko.”

Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire François Regis Rukundakuvuga, yahise amubaza niba abo batangabuhamya bitabiriye iburanisha rya none cyangwa niba hari urutonde rwabo.

Umunyamategeko yavuze ko bataruteguye, ariko ko bigiye gukorwa rugashyikirizwa urukiko.

Umucamanza ati “Kubera ko ibijyanye n’indishyi twabishyize ku munsi wa nyuma, umwirondoro murawutegura uyu munsi muwushyikirize urukiko cyangwa muwushyire mu ikoranabuhanga, n’ibyo buri wese mwifuza ko yavugaho. Hanyuma urukiko narwo ruzakora inshingano zarwo zo kubahamagaza.”

Mu rubanza rwajuririwe, abantu 94 baregeye indishyi si ko bose bazibonye.

Nsengiyumva Vincent wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabimata yari yaregeye indishyi ya miliyoni 75 Frw kubera ibikomere yatewe n’amasasu yarashwe n’inyeshyamba za FLN n’imitungo ye irimo imodoka yatwitswe. Urukiko rwamugeneye indishyi za miliyoni 21.5 Frw.

TAGGED:featuredPaul RusesabaginaUrukiko rw'Ubujurire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cana Challenge: Abaturage ba Mbere Bahawe Imirasire
Next Article U Bwongereza Bwakuyeho Itegeko Ryo Kwambara Agapfukamunwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?