Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abdelaziz Bouteflika Wayoboye Algeria Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abdelaziz Bouteflika Wayoboye Algeria Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 September 2021 8:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abdelaziz Bouteflika yayoboye Algeria guhera mu mwaka wa 1999 kugeza mu mwaka wa 2019 yapfuye nyuma y’imyaka hafi itatu akuwe ku butegetsi kubera ko atari agishoboye bitewe n’indwara ifata ubwonko.
Iyo ndwara Alzheimer Disease yaramuzahaje k’uburyo yari asigaye agendera mu igare ry’abafite ubumuga.

Ni indwara ituma umuntu yibagirwa, agatekereza nabi kandi akitwara mu buryo butamenyerewe.

Bouteflika yamaze igihe muri Politiki ya Algeria mu gihe cy’imyaka irenga 60.

Yavukiye ahitwa Oujda muri Morocco tariki  0 2, Werurwe, 1937.

Yari umuhanga bidasanzwe k’uburyo byatangiye kugaragara akiri muto cyane.

Akinjira mu mashuri yisumbuye yaratsinze cyane k’uburyo i bwami bahamagaje ababyeyi be barabashimira k’ubw’umwana wabo w’umuhanga bitari bisanzwe muri kiriya gihugu.

Yagiye mu gisirikare afite imyaka 19.

Icyo gihe yarwaniraga ko igihugu cye cyigenga, u Bufarasansa bukagiha kwishyira no kwizana.

Kubera ubuhanga bwe haba mu kuvuga no gutanga inama zibyara umusaruro, uwari uyoboye umutwe w’ingabo Bouteflika yari arimo witwaga Houari Boumediene yamugize umunyamabanga we mukuru.

Yagumye muri aka kazi kugeza mu mwaka wa 1962 igihugu cye kibonye ubwigenge.

Twakwibutsa abasomyi ba Taarifa ko uyu ari wo mwaka  n’u Rwanda rwaboneyeho ubwigenge.

Boumediene yaje kuba Perezida wa kabiri wa Algeria asimbuye Ahmed Ben Bella.

Nta gihe kinini cyahise, Boutelflika aba Minisitiri w’urubyiruko na siporo, icyo gihe yari afite imyaa 25 y’amavuko.

Bouteflika yabaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu gihe cy’imyaka 16 ndetse yaje no kuba Umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye mu mwaka wa 1974.

Icyo gihe yigeze guha ijambo Yasser Arafat ijambo mu Nteko idasanzwe y’uriya muryango, biba igitangaza mu Mateka.

Yari umuntu ureba kure k’uburyo yasabye ko u Bushinwa bugomba guhabwa umwanya uhoraho mu Muryango w’Abibumbye.

Niwe wemereye Nelson Mandela kuza muri Algeria gufata imwe mu  myitozo ya gisirikare.

Ku rundi ruhande ariko yigeze guhunga igihug cye, yanga ko bamufunga kubera ibyo yari akurikiranyweho bya ruswa.

Ibi birego ariko byaje gukurwaho atahuka mu gihugu cye mu mwaka wa 1990.

Mu mwaka wa 1999 yabaye Perezida wa Algeria, aba abaye  uwa mbere uyoboye Algeria ari umusivili.

Mu mwaka wa 2011 ubwo mu gihugu cye n’ahandi havukaga imvururu z’urubyiruko rwifuzaga ko haba impinduka mu miyoborere, Bouteflika yakoze uko ashoboye arazihosha binyuze mu gufasha ibigo by’abanyemari kubona amafaranga yo kubifasha gukomeza gukora.

Mu mwaka wa 2017 nibwo ibintu byamutangiye kumunanira kubera uburwayi yari afite bituma ashyiraho umuvandimwe we bya rwihishwa ngo akomeze amukorere.

Mu mwaka wa 2019 Abdelaziz Bouteflika yatangaje ko ashaka kongera kwiyamamaza ngo ayobore Algeria ariko abantu baramwamagana bajya mu mihanda.

Nyuma igitutu cy’abasirikare bakuru cyaje kumuvana ku izima yemera kwegura.

Kuva icyo gihe kugeza apfuye ntiyongeye kugaragara mu ruhame.

TAGGED:AlgeriaBouteflikafeaturedPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dr Emmanuel Ugirashebuja Yagizwe Minisitiri W’Ubutabera
Next Article Impamvu Kubaka Ibiraro Kuri Ruhurura Ya Mpazi Byadindiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?