Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abibisha Ikoranabuhanga Batse Abibwe Ibyabo Miliyoni 350$ Ngo Babirekure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Abibisha Ikoranabuhanga Batse Abibwe Ibyabo Miliyoni 350$ Ngo Babirekure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 July 2021 9:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare itangazwa na na Polisi mpuzamahanga, Interpol, ivuga ko mu mwaka wa 2020 abakora ubujura bukoresha murandasi( Hackers) batse za Leta n’ibigo byigenga miliyoni 350$ kugira ngo badohore barekure ibyari byibwe.

Ni nk’incungu baka bagamije ko bahabwa amafaranga kugira ngo barekure ibintu runaka birimo amakuru cyangwa ibindi bintu by’agaciro baba bashoboye gufunga kugira ngo ba nyirabyo batabikoresha.

Kubera ko aba ari amakuru afite agaciro, ibigo byayibwe byemera kwihyira amafaranga bisabwa yose kugira ngo birebe ko ariya makuru yarekurwa, akongera gukoreshwa.

Polisi mpuzamahanga ivuga ko mu mwaka wa 2020 bariya bajura bashoboye kwaka za Leta n’ibigo byikorera miliyoni 350$ ni ukuvuga 311% ugereranyije n’ayo batse umwakwa wa 2019.

Nk’uko abayobozi muri Polisi mpuzamahanga babivuga, ikibabaje ni uko abakora buriya bujura basa n’aho bakorera ku karubanda kandi ntihagire ubakoma imbere.

Bicara kuri mudasobwa zabo bagakora akazi ko kwiba abandi kandi za Leta babamo zibizi, zikabakingira ikibaba.

Urugero ruheruka ni urw’abahanga mu ikoranabuhanga rya mudasobwa bo mu Burusiya bagabye ‘igitero kitarabaho mu mateka’ cyageze kuri mudasobwa z’ibigo birenga miliyoni hirya no hino mu bihugu 17 harimo n’ibyo muri Amerika.

Itangazamakuru ryo mu Burayi n’Amerika riherutse kwandika  ko bariya bahanga  b’Abarusiya bari gusaba ingurane ya miliyoni 70$ kugira ngo barasubize ibintu ku murongo.

Ibindi bigo byahuye n’akaga kubera biriya bitero byiganjemo ibyo muri Suède, Nouvelle Zélande, u Buholandi n’ahandi.

Abahanga bavugwaho gutegura no kugaba kiriya gitero ni abo mu itsinda ryitwa REvil.

Kugira ngo babigereho neza, babanje kwinjira muri gahunda za mudasobwa z’ikigo cyo muri Amerika kitwa Kaseya, iki kigo nicyo cyari gifatiye runini ibindi bigo byagizweho ingaruka na kiriya gitero.

REvil yamaze kwishyurwa miliyoni 11 $ ariko irashaka ko n’ayandi yose asigaye yishyurwa niba ba nyiri ubucuruzi bifuza gukomeza gukora neza.

Yashakaga  miliyoni 70 $ zuzuye, ni ukuvuga Miliyari 70 Frw.

Abakora buriya bujura bakoresha icyo bita Ransomware-As-A-Service , ubu bukaba uburyo bakoresha bagamije kwinjiza amafaranga menshi y’incungu baka ibigo.

Ibihugu 194 biri mu muryango wa Polisi mpuzamahanga birasabwa guhuza imbaraga mu gukumira ubu bujura no kurwanya ababukora.

Tariki 12, Nyakanga, 2021 hari Inama mpuzamahanga izahuza abakuriye Polisi mpuzamahanga mu bihugu bigize uyu muryango ikazigira hamwe iby’iki kibazo.

Abakora buriya bujura, akenshi baba bagamije ko abibwe babaha amafaranga kugira ngo babadohorere babasubize uburenganzira bwo gukoresha ibyabo cyangwa se bakabukora bagamije kwiba amabanga y’ibigo by’abakeba muri business.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaKwibaMudasobwaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article AKUMIRO:Ikigo Cy’Umubiligi Cyanyereje Miliyari 113 Frw Z’Imisoro Ya Leta Y’U Rwanda
Next Article Ibyabaye Mbere y’Uko U Rwanda Rwemera Kohereza Ingabo Muri Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?