Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abica Amabwiriza Yo Kwirinda COVID-19 Tuzakomeza Kubahana- CP Kabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abica Amabwiriza Yo Kwirinda COVID-19 Tuzakomeza Kubahana- CP Kabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 February 2021 9:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko Abanyarwanda batazubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 bazahanwa kuko baba ari byo bahisemo.

Asanga buri Munyarwanda agomba kumva ko kwirinda ari inshingano ze ariko ko ababirenzeho bazajya bafatwa berekwe Abanyarwanda,  bahanwe kubera ko aribyo baba bihitiyemo.

Kuri we bisa n’aho abica amabwiriza yo kwirinda COVID-19 babikora nkana.

Polisi itangaje ibi nyuma y’uko hari abantu 363 baherutse kurazwa muri za sitade zitandukanye  mu Mujyi wa Kigali bafashwe bishe ariya mabwiriza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku wa Gatatu tariki 03, Gashyantare, 2021 muri sitade ya Kigali i Nyamirambo harayemo abantu 65, muri sitade  Amahoro harayemo  97,  muri sitade ya ULK harayemo abantu 90 naho muri sitade ya Kicukiro(IPRC) harayemo abantu 111.

Abafashwe bari barenze ku mabwiriza atandukanye arimo gukora Siporo mu masaha atemewe, kutambara agapfukamunwa, hari abafatiwe  mu tubari twa rwihishwa banywa inzoga n’andi makosa atandukanye.

Polisi ivuga ko abenshi mu bafashwe  byagaragaye ko nta ruhushya basabye rubemerera kuva mu rugo

Kandi muri Kigali Gahunda ari ‘Guma mu Rugo.”

Ikindi ni uko muri iyi minsi abantu   bafatwa barenze ku mabwiriza hakunze biganjemo urubyiruko mu gihe mu minsi yashize bari abantu bakuze.

- Advertisement -

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera avuga ko ikibabaje ari uko yavuze ko abantu barenga ku mabwiriza nkana kandi bayasobanurirwa buri munsi.

Yagize ati:  “Tumaze ibyumweru bibiri abantu bari muri gahunda ya Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali, kandi inama y’Abaminisitiri yongereyeho indi minsi 7. Icyo abaturage basabwa ni ukubahiriza amabwiriza, iyo urebye aba bantu barenga 360 baraye mu masitade atandukanye mu Mujyi wa Kigali bikugaragariza ko hari abantu bisa nk’aho ntacyo bibabwiye.”

Yanenze abantu bakora siporo nimugoroba kandi bimaze iminsi bisobanurwa ko siporo ikorwa mu gitondo kuva saa kumi n’imwe kugeza saa tatu za mu gitondo.

Avuga ko hari n’abandi bafatwa basenga biremye adutsiko, abandi bakarema udutsiko two kunywa inzoga, abandi bagafatwa batambaye agapfukamunwa.

Commissioner Kabera yashimye Abanyarwanda bitwara neza, bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda kiriya cyorezo, asaba Abanyarwanda muri rusange n’abatuye Umujyi wa Kigali gukomeza kubahiriza amabwiriza yose  ariho kugeza ubu.

Bishe amabwiriza
TAGGED:AmabwirizaCOVID-19featuredKaberaPolisiStade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mashami ‘Ashobora’ Kongererwa Amasezerano Yo Gutoza Amavubi
Next Article Amabwiriza Mashya Areba Abasura U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?