Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abikorera Badufasha Byinshi Mu Guhangana N’Indwara- PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abikorera Badufasha Byinshi Mu Guhangana N’Indwara- PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 March 2023 11:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko Guverinoma y’u Rwanda ishimira abikorera ku giti cyabo kubera umusanzu batanze kandi bagitanga mu kurwanya indwara na COVID-19 by’umwihariko.

Dr. Ngirente yabivugiye mu nama yihariye yamuhuje n’abandi bafatanyabikorwa b’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga ubwo yababwiraga umuhati warwo mu guhangana n’indwara no guha abaturage uburyo buboneye bwo kwivuza.

Iyi nama yihariye ni imwe mu zindi zigize inama ngari imaze igihe yiga uko ibihugu bikennye byafashwa kuva mu manga y’ubukene.

Ni inama y’Umuryango w’Abibumbye imaze igihe ibera i Doha muri Qatar yiswe Least Developed Countries.

Ku byerekeye ibyo u Rwanda rukorana n’abafatanyabikorwa barwo, Minisitiri w’Intebe Ngirente avuga ko mu bihe bya COVID-19, Guverinoma yakoranye n’abantu batandukanye n’ibigo kugira ngo abaturage babone inkingo.

Ashima ko umubare ugera cyangwa urenga 70% w’Abanyarwanda bakingiwe.

Muri uru rwego kandi u Rwanda ruri hafi gutangira gukorera inkingo ku butaka bwarwo.

Ni mu rwego rwo gufasha abatuye gukingirwa igihe cyose byaba bigaragaye ko bubarijwe n’indwara.

Izo nkingo zizaba ari z’indwara zitandukanye harimo na Malaria, COVID-19 n’igituntu.

Minisitiri w’Intebe Edoaurd Ngirente avuga ko u Rwanda ruri gukora uko rushoboye kugira ngo rugire urwego rw’ubuzima rushimitse.

Urwego rw’ubuzima ruhagaze neza, rufasha abaturage kugira ubuzima bwiza butuma bakora bakiteza imbere.

Mu rwego  rwo kwirinda ko Abanyarwanda bagira ubuzima bubi bitewe no kurya cyangwa kunywa ibiribwa cyangwa imiti byanduye, u Rwanda rwashyizeho ikigo kitwa  Rwanda Food and Drug Authority (Rwanda FDA).

Iki kigo gikorana n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu kunoza imikoranire kugira ngo abahanga bo muri uriya muryango bafashe abo mu Rwanda kunonosora ubumenyi no gusigasira imikorere ya kiriya kigo.

Muri uru rwego u Rwanda rukorana na Ghana nk’igihugu cyateye imbere mu gusuzuma ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti.

Bidatinze mu Rwanda hatangira gukorera ikigo gihugura abahanga mu gukora imiti, kuyisuzuma ndetse n’ibiribwa.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima naryo rikorana n’inzego z’u Rwanda mu kubakira ubushobozi inzego z’u Rwanda.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko u Rwanda rukorana n’abandi bafatanyabikorwa  barwo mu iterambere kugira ngo rwubake kandi rusigasire urwego rw’ubukungu muri rusange.

Ngirente avuga ko mu mikorere yose ya Guverinoma y’u Rwanda, itajya ishyira ku ruhande abikorera ku giti cyabo.

Ati: “ Ibyo dukora byose, twirinda ko hari umuntu twasiga inyuma kandi intego yacu ni ukugira ngo urwego rw’ubuzima ruzabe urwego rwihagazeho, rutajegajega binyuze mu gukorana n’abikorera ku gito cyabo.”

Ashima abafatanyabikorwa b’u Rwanda barimo Banki y’u Burayi y’ishoramari( European Investment Bank) n’abandi.

TAGGED:AbatanyabikorwafeaturedInamaMinisitiriNgirenteUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya ‘Yahagaritse’ Gutumiza Amata Muri EAC
Next Article Kigali: Uvugwaho Kwica Umugore We Amuciye Ijosi YAFASHWE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?