Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abikorera Barasabwa Gukuba Kabiri Ibyoherezwa Hanze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Abikorera Barasabwa Gukuba Kabiri Ibyoherezwa Hanze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 November 2024 4:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abashoramari Denis Karere na Robert Bapfakulera
SHARE

Minisitiri w’Inganda n’Ubucuruzi, Prudence Sebahizi yabwiye abikorera ku giti cyabo ko u Rwanda rwahize ko mu myaka itanu iri imbere rugomba kuba rwohereza hanze ibintu bifite agaciro ka Miliyari $7 zirenga.

Yababwiye ko bizasaba ko bakora cyane kuko mu mwaka wa 2024, rwohereza hanze ibifite agaciro ka Miliyari $5 zirengaho gato.

Sebahizi yabwiye abikorera ku giti cyabo bari baje mu nama yabahuje na Minisiteri  ayoboye na RDB  yiswe CEO Forum ko gahunda ya kabiri ya gahunda ngari ya Guverinoma y’iterambere rirambye isaba ko ibikorwa muri iki gihe byongerwamo imbaraga.

Avuga ko kugira ngo bikorwe neza, ari ngombwa ko umusaruro w’ibyo u Rwanda rwohereza hanze, ukubwa kabiri.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri we, ubukungu bw’u Rwanda ntibwatera imbere nta ruhare abikorera ku giti cyabo babigizemo.

Francis Gatare uyobora RDB avuga ko batumiye abikorera ku giti cyabo mu rwego rwo kubafasha gutekereza uko bakorana kugira ngo bateze imbere urwego rw’abikorera muri gahunda y’iterambere rirambye, NST 2.

Kuri we, icy’ingenzi ni ukureba ibyakorwa kugira ngo imikoranire inoze ikomeze.

Gatare ati: “ Turarebera hamwe ibitagenda neza tubinoze turebe n’ibigenda neza tubiteze imbere”.

Jeanne Mubiligi uyobora Urugaga rw’abikorera ku giti cyabo yasabye bagenzi be gukorana na Leta muri NST 2, bigakorwa binyuze mu guteza imbere imishinga iteza imbere abaturage kandi ikagirira igihugu akamaro karambye.

- Advertisement -

Yemeza ko ari ngombwa ko abikorera bamenya icyo Leta ibifuzaho ngo igihugu gitere imbere, bigakorwa binyuze mu kuganirwaho na buri wese bireba.

Ati: “Ndashima abo dukorana muri uru rugaga kubera umuhati wabo mu gukorana na Leta mu nyungu z’umuturage”.

Mu mwaka 2016 nibwo u Rwanda rwinjiye mu Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba, iri rikaba isoko rya bugufi rugomba kugezaho ibyo rukora.

Ni umuryango kandi washyizeho amabwiriza avuga ko ibihugu bigize uyu muryango bigomba gushyiraho isoko rusange, ibyo bise Common Market.

Mu mwaka wa 2013 hashyizweho amasezerano( protocol) avuga ko mu myaka icumi hagombaga gushyirwaho ifaranga rukumbi, ariko biracyanozwa.

Ibyo ariko ntibibuza abacuruzi kureba aho ari ho hose muri aka Karere hatanga amahirwe mu ishoramari.

Ikibazo kikigaragara ni uguhuza amategeko mu bucuruzi bw’ibihugu bigize uyu muryango kuko hari ubwo hatangazwa ko Tanzania idacuruzanya na Uganda,Uganda idacuruzanya na Kenya ibintu bimwe na bimwe, bamwe bakavuga ko biterwa n’uko ibikorerwa mu gihugu runaka biba bitujuje ubuziranenge cyangwa byiza amategeko agenga ubucuruzi nyambukiranyamipaka.

Abacuruzi bo mu Rwanda kandi basaba kureba niba nta handi muri Afurika haboneka amahirwe yo gushoramo, bigakorwa binyuze mu kumenya ibyo isoko ry’Afurika risaba.

Jeanne Mubiligi uyobora PSF avuga ko abibimbuye mu rugaga rw’abikorera ku giti cyabo bishimiye kuganira na Leta uko bafatanya nayo mu guteza imbere igihugu.

TAGGED:featuredIngandaIshoramariIterambereMubiligiUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amabwiriza Ya Casque Y’Ubuziranenge Yagarutse
Next Article DRC: Abakozi Ba Minisiteri Y’Ububanyi N’Amahanga Bigaragambije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?