Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abimukira Ba Mbere Boherejwe Na Amerika Bageze Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abimukira Ba Mbere Boherejwe Na Amerika Bageze Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 August 2025 4:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yemeye ko u Rwanda rwakiriye abimukira barindwi boherejwe na Amerika.

Mu minsi ishize Taarifa Rwanda yari yagerageje kuvugana na Makolo kuri iyo ngingo kuko hari amakuru yatugeragaho gusa nta gisubizo ako kanya cyahise kiboneka.

Hagati aho, inkuru ya The Guardian ivuga ko Guverinoma y’u Rwanda yamaze kwemeza ko bariya bantu bamaze kugera mu Rwanda.

Byakozwe bishingiye ku masezerano Amerika yasinyanye n’u Rwanda arimo ibyo kurwoherereza abo bimukira.

Ibindi bihugu biri muri ubu bufatanye ni Sudani y’Epfo n’ubwami bwa Eswatini.

The Guardian yanditse ko Yolande Makolo yayibwiye ati: “Itsinda rya mbere ry’abimukira bageze mu Rwanda hagati muri Kanama. Batatu muri bo bagaragaje ubushake bwo gusubira mu bihugu baturukamo, mu gihe abandi bane bifuje gutangira no gukomeza ubuzima mu Rwanda”.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo

Mu ntangiriro za Kanama, 2025 nibwo Yolande Makolo yemereye itangazamakuru mpuzamahanga ko rwiteguye kwakira abimukira 250 bazaturuka muri Amerika.

Abo ruzakira ruzabaha amahugurwa yabafasha kwiteza imbere, ubuvuzi n’icumbi.

Kwakira abo bimukira bikozwe hagati ya Kigali na Washington nyuma y’uko amasezerano nk’ayo u Rwanda rwari rwaragiranye n’Ubwongereza yapfiriye mu iterura.

Byatewe n’icyemezo cya Guverinoma itegeka Ubwongereza muri iki gihe.

Iy’u Rwanda yo ivuga ko yashyize ku murongo ibintu byose yiyemeje gukora hashingiwe kuri ariya masezerano.

Ku byerekeye abimukira baturutse muri Amerika, hari amakuru avuga ko iki gihugu kizaha u Rwanda amafaranga yo gufasha ngo abo bantu babeho ‘neza’.

Nta ngano yayo iramenyekana.

Ikindi tutaramenya ni amazina, igitsina n’ubwenegihugu bw’abo bantu u Rwanda rwamaze kwikira.

TAGGED:AbimukirafeaturedMakoloNduhungireheRwandaUbwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abimukira Ba Mbere Boherejwe Na Amerika Bageze Mu Rwanda

Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?