Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abimukira Bamaze Igihe Kinini Mu Rwanda Bagiye Koroherezwa Kubona Ubwenegihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abimukira Bamaze Igihe Kinini Mu Rwanda Bagiye Koroherezwa Kubona Ubwenegihugu

admin
Last updated: 17 March 2021 7:57 pm
admin
Share
SHARE

Sena yatoye itegeko ngenga rigenga ubwenegihugu, nirimara kwemezwa rizashyiraho ingingo zizatuma abimukira bamaze igihe mu Rwanda bashobora guhabwa ubwenegihugu.

Mu itegeko rishya hongewemo ingingo zirimo ko iyo umunyamahanga ahawe ubwenegihugu nyarwanda, n’abana be batarageza ku myaka y’ubukure bahita babuhabwa kuko baba bari mu nshingano z’umubyeyi.

Mu mavugurura yakozwe kandi harimo ko umuntu umaze igihe aba mu Rwanda ashobora gusaba ubwenegihugu igihe ahamaze imyaka 15, mu gihe ubundi hateganywaga nibura imyaka itanu.

Mu itegeko hanashyizwemo ingingo ivuga ko umuntu ashobora gusaba ubwenegihugu hashingiwe ko ari umwumukira, igihe amaze mu gihugu imyaka 25.

Ni ingingo yitezweho gukemura ikibazo cy’abantu benshi bamaze igihe kinini baba mu Rwanda mu buryo budakurikije amategeko, kandi ugasanga ibihugu byabo bitakibabara mu baturage bifite.

Ni icyiciro kirimo nk’abantu bagiye baza mu Rwanda bahunze ibibazo bitandukanye mu bihugu byabo, byaba ibijyanye n’ubuzima, ubukungu cyangwa politiki.

Minisitiri muri Perezidansi Uwizeye Judith yavuze ko hari nk’abantu bava mu bihugu kugeza ubwo n’iyo babisubiramo biba bitakibabara nk’abaturage babyo.

Ati “Urugero ni aba banya-Oman. Ntabwo Oman yemera ko ifite abaturage bayo hano mu Rwanda. Abarundi benshi baje mu gihe cya kera, basubirayo ntibabemere nk’abarundi. Ni ukuvuga ngo n’aho bavuye naho ntibakibamenya nk’abaturage b’icyo gihugu.”

“Umuntu aba mu Rwanda agasubira iwabo muri Oman agakorayo ibintu akagaruka hano, we icyo gihe ashatse kuba umunyarwanda yabisaba anyuze mu zindi nzira, ntabwo yashingira kuri iyi mpamvu yo kuba umwimukira.”

Mu mpamvu zatanzwe na Guverinoma zatumye biba ngombwa ko iri tegeko rihinduka, harimo guhuza itegeko ngenga rigenga ubwenegihugu nyarwanda n’Itegeko Nshinga ryavuguruwe muri 2015.

Hagamijwe kandi kuziba icyuho kiri mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ryo muri 2018, kubera ko ridateganya ibyaha n’ibihano bijyanye n’ubwenegihugu nyarwanda.

TAGGED:featuredRwandaSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Igiye Gutangaza Ibipimo Bishya By’Imisoro y’Ubutaka
Next Article Abasenateri Bagaragaje Impungenge Ku Cyemezo Cyo Kwandika Kuri Leta Ubutaka Bw’Abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?