Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abimukira Bamaze Igihe Kinini Mu Rwanda Bagiye Koroherezwa Kubona Ubwenegihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abimukira Bamaze Igihe Kinini Mu Rwanda Bagiye Koroherezwa Kubona Ubwenegihugu

Last updated: 17 March 2021 7:57 pm
Share
SHARE

Sena yatoye itegeko ngenga rigenga ubwenegihugu, nirimara kwemezwa rizashyiraho ingingo zizatuma abimukira bamaze igihe mu Rwanda bashobora guhabwa ubwenegihugu.

Mu itegeko rishya hongewemo ingingo zirimo ko iyo umunyamahanga ahawe ubwenegihugu nyarwanda, n’abana be batarageza ku myaka y’ubukure bahita babuhabwa kuko baba bari mu nshingano z’umubyeyi.

Mu mavugurura yakozwe kandi harimo ko umuntu umaze igihe aba mu Rwanda ashobora gusaba ubwenegihugu igihe ahamaze imyaka 15, mu gihe ubundi hateganywaga nibura imyaka itanu.

Mu itegeko hanashyizwemo ingingo ivuga ko umuntu ashobora gusaba ubwenegihugu hashingiwe ko ari umwumukira, igihe amaze mu gihugu imyaka 25.

Ni ingingo yitezweho gukemura ikibazo cy’abantu benshi bamaze igihe kinini baba mu Rwanda mu buryo budakurikije amategeko, kandi ugasanga ibihugu byabo bitakibabara mu baturage bifite.

Ni icyiciro kirimo nk’abantu bagiye baza mu Rwanda bahunze ibibazo bitandukanye mu bihugu byabo, byaba ibijyanye n’ubuzima, ubukungu cyangwa politiki.

Minisitiri muri Perezidansi Uwizeye Judith yavuze ko hari nk’abantu bava mu bihugu kugeza ubwo n’iyo babisubiramo biba bitakibabara nk’abaturage babyo.

Ati “Urugero ni aba banya-Oman. Ntabwo Oman yemera ko ifite abaturage bayo hano mu Rwanda. Abarundi benshi baje mu gihe cya kera, basubirayo ntibabemere nk’abarundi. Ni ukuvuga ngo n’aho bavuye naho ntibakibamenya nk’abaturage b’icyo gihugu.”

“Umuntu aba mu Rwanda agasubira iwabo muri Oman agakorayo ibintu akagaruka hano, we icyo gihe ashatse kuba umunyarwanda yabisaba anyuze mu zindi nzira, ntabwo yashingira kuri iyi mpamvu yo kuba umwimukira.”

Mu mpamvu zatanzwe na Guverinoma zatumye biba ngombwa ko iri tegeko rihinduka, harimo guhuza itegeko ngenga rigenga ubwenegihugu nyarwanda n’Itegeko Nshinga ryavuguruwe muri 2015.

Hagamijwe kandi kuziba icyuho kiri mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ryo muri 2018, kubera ko ridateganya ibyaha n’ibihano bijyanye n’ubwenegihugu nyarwanda.

TAGGED:featuredRwandaSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Igiye Gutangaza Ibipimo Bishya By’Imisoro y’Ubutaka
Next Article Abasenateri Bagaragaje Impungenge Ku Cyemezo Cyo Kwandika Kuri Leta Ubutaka Bw’Abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?