Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abishoboye Bubakire Abatishoboye-Min Gatabazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Abishoboye Bubakire Abatishoboye-Min Gatabazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2021 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yatahaga imidugudu yagenewe abaturage batishoboye iri mu murenge wa Masaka mu kagari ka Ayabaraya, mu Murenge wa Masaka, Akarere ka Kicukiro, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Hon JMV Gatabazi yavuze ko abaturage bishoboye bagiye bubakira abatishoboye byatuma abaturage bose batura aheza.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko Abanyarwanda biyemeje ubwabo bavanana mu bukene ntibakomeze kurambiriza ku nkunga y’abanyamahanga.

Ati: ” Iyo urebye uko abatuge b’inaha bihuje bagakusanya amafaranga bakubakira bagenzi babo inzu na Leta ikabafasha biguha ishusho y’uko Abanyarwanda bashobora gutezanya imbere.”

Yavuze ko abaturage bifite bashobora kwigomwa ayo banywera bakaba bakubakira umuturage akabaho neza.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko kugira ngo abatujwe muri kariya gace bagomba no kuzashakirwa isoko, ivuriro, ivomo n’ishuri hafi aho kugira ngo batazajya gushaka serivisi ahandi.

Umwe muri bo avuga ko mbere yararaga aho abonye, kwikodeshereza bikamugora.

Kamatari yabwiye Taarifa ko mbere yabaga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo aza gutaha ageze mu Rwanda asanga abe baramazwe na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ngo ubuzima bwabanje kumugora akabaho aciye inshuro.

Ati:” Nabaye hirya no hino mu Rwanda ntagira ahanjye ntuye. Ariko ubu ndishimye.”

Inzu zose bahawe zifite agaciro ka miliyari 1.2Frw.

Inyinshi zatangiye kubakwa muri 2009.

Abazitujwemo basbasabwe kuzazifata neza.

Uriya muhango wari urimo Umuyobozi wa Kicukiro Solange Umutesi n’abandi bayobozi mu ngabo na Polisi.

TAGGED:featuredGatabaziInzuKicukiroMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Yafatiye Umusirikare Wa Uganda Mu Rwanda
Next Article Amafoto: Israel Mu Byishimo Netanyahu ‘Amaze Kugenda’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?