Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abitabira Imurikagurisha Mpuzamahanga i Gikondo Basezeranyijwe Umutekano Usesuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abitabira Imurikagurisha Mpuzamahanga i Gikondo Basezeranyijwe Umutekano Usesuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2021 9:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mujyi wa Kigali haraye hatangijwe imurikagurisha mpuzamahanga ryaherukaga mu mwaka wa 2019. Ubwo ryafungurwaga kuri uyu wa Kabiri, Polisi y’u Rwanda yasezeranyije abaryitabiriye umutekano usesuye.

Umuvugizi wayo Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yabwiye itangazamakuru ko abantu bose bazitabira ririya murikagurisha bagomba kumva ko batekanye ariko bakibuka no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Ni imurikagurisha ribaye ku nshuro ya 24, rikaba ngarukamwaka.

Mu mwaka wa 2020 ntiryabaye kubera icyorezo cyacaga ibintu ku isi muri rusange no mu Rwanda by’umwihariko.

Ubwo iry’uyu mwaka ryafungurwaga, kuri uyu wa Kabiri tariki 14, Ukuboza, 2021, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Madamu Béatha Habyarimana yabwiye abaryitabiriye ko barihawemo ikaze.

Yari ari kumwe na Perezida w’Urugaga nyarwanda rw’abikorera ku giti cyabo, PSF, Bwana Robert Bapfakurera hamwe na mugenzi uyobora urugaga nk’uru rwo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo Hamisi Diussa Sola.

Hari kandi n’uyobora uru rugaga muri Mozambique witwa Gil Bires.

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda mu Rwanda Béatha Habyarimana yashimiye itsinda ryaturutse muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo na Mozambique, baryitabiriye ku nshuro ya mbere.

Yavuze ko ari umwanya mwiza wo kugaragaza no gucuruza ibikorerwa iwabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yabwiye abitabiriye ririya murikagurisha ko Polisi izakora uko ishoboye kose bagatekana.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera

Ati: “Polisi y’u Rwanda ifite uburyo bushoboka bwose bwo gutuma iri murikagurisha riba mu ituze, si iri ryonyine kuko n’iriheruka ryagenze neza ndetse n’ibindi byose nta kibazo. Hano mu imurikagurisha Polisi ihafite abapolisi bashinzwe gukemura ikibazo cy’umutekano cyahavuka. Turakangurira buri muntu wese uri muri iri murikagurisha gutuza kandi bakumva bisanzuye bagakora imirimo yabo neza.”

Imurikagurisha nk’iri ryabaye ku nshuro ya mbere mu mwaka wa  1998. Ryitabirwa n’abantu baturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi.

Iry’uyu mwaka rizarangira tariki  25 Ukuboza 2021.

Mu rwego rwo kugabanya ibyago by’uko hagira uwanduza undi COVID-19, kwemererwa kwinjira mu imurikagurisha riri kubera i Gikondo, bikorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga aho umuntu abona tike imwinjiza binyuze kuri telefoni ye.

I Gikondo aho ribera hashyizwe isuzumiro rya COVID-19, abaje muri ririya murikagurisha bakabanza gupimwa kiriya cyorezo.

Ikindi ni uko bapimwa ku buntu.

TAGGED:featuredGikondoImurikagurishaKaberaKigaliPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indi Ntambara Y’Ubukungu Hagati Ya Uganda Na Kenya
Next Article Mu Tugari Tw’i Kigali Hagiye Kubakwa Ibibuga Bya Siporo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?