Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abitwaje Imihoro N’Impiri Bateye Umudugudu Wo Mu Ruhango
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abitwaje Imihoro N’Impiri Bateye Umudugudu Wo Mu Ruhango

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 December 2022 2:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Kinihira haravugwa inkuru y’abagizi  ba nabi badukiriye abatuye Umudugudu wa Buhamba, Akagari ka Nyakogo barabatema, abandi babakubita ubuhiri n’ibyuma bya fer a béton.

Kugeza ubu harabarurwa abantu batandatu bajyanywe mu bitaro kuvurwa ibikomere ariko muri rusange abantu 10 nibo bahuye na kariya kaga.

Abenshi bahise bajyanwa mu Bitaro batangira kwitabwaho.

Mu bantu 10 bahuye na kariya kaga, abagera ku icyenda(9) bamwe ariko batandatu muri bo baje gutaha kugira ngo bitabweho bari mu ngo zabo.

Ngo barimo abantu batatu bababaye cyane ntibashobora kuvuga.

Ikindi ni uko hari abandi bantu batatu bo mu Kagari ka Rwinyana, mu Murenge wa Bweramana abo bagizi ba nabi baraye batemye bikabije bazanywe mu Bitaro bya Gitwe mu  gitondo cyo kuwa mbere taliki ya 26 Ukuboza 2022.

Abaturage bavuga ko biteye impungenge kuba hari abantu bakigabiza abandi bakabatema abandi bakabakubita ubuhiri n’imitarimba.

Ikindi kandi ngo ni uko nta muntu urafatwe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police ( CIP) Emmanuel Habiyaremye yabwiye Taarifa ko iperereza kuri iki kintu ryatangiye.

Ati: “ Ayo makuru twarayamenye ariko ubu icyo nakubwira ni uko iperereza ryatangiye hagize ibindi bimenyekana twababwira.”

Ku ruhande rw’ababonye biriya bintu, bo bavuga ko bishobora kongera kubaho kubera ko ababikoze batarafatwa bityo bashobora no kujya mu bindi bice bakahakora ishyano.

Abatemewe ababo bavuga ko hari n’uwo babanje gucuza bamusiga yambaye ubusa buri buri.

Bigeze no gutema umupolisikazi…

Muri Mata, 2022 mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango havuzwe inkuru y’umupolisikazi witwa Claudine Mukeshimana watemwe n’abagizi ba nabi baramukomeretsa cyane.

Byo byabereye mu Mudugudu wa Rusororo, Akagari ka Kirengeri, Umurenge wa Byimana.

Yari ari kumwe n’undi mugabo bahurira n’abo bagize ba nabi mu nzira, barabasunika bitura hasi, bahita batangira kubatema bahereye kuri Mukeshimana.

Bamukomerekeje bikomeye ku mutwe no k’ukuboko, ndetse bamwambura telefoni n’igikapu yari afite.

Umugabo bari bari kumwe we yitwa Renzaho. Yajyanywe ku Kigo nderabuzima cya Byimana ngo avurwe.

Abo bombi batemewe hafi y’urugo rw’uwitwa  Bienvenue Marie Claudine.

Umupolisikazi watemwe yari avuye mu butumwa bw’akazi hanze y’u Rwanda.

TAGGED:featuredImipangaPolisiRuhangoUbuhiriUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bushinwa Bweretse Taiwan Ko Ikina N’Umuriro
Next Article Musanze: Umuturage Akora Ifu Mu Nyanya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?