Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abitwaza Ko Siporo Yemewe Bakarenga Umudugudu Nibabireke-CP Rumanzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abitwaza Ko Siporo Yemewe Bakarenga Umudugudu Nibabireke-CP Rumanzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2021 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
CP George Rumanzi
SHARE

Umuyobozi muri Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa Commissioner of Police George Rumanzi asaba abatuye Kigali gukorera Siporo aho byemewe ku masaha yemewe, bakirinda kurenga imbibi  z’imidugudu yabo.

Avuga ko hari abitwaza iriya siporo bakarenga imbibi z’imidugudu yabo. Ngo hari n’abarenga utugari n’imirenge kandi bitemewe.

Commissioner of Police Rumanzi yavuze biriya hashize hafi amasaha abiri n’igice Minisiteri ya Siporo n’Umuco ibujije abatuye Kigali gukora Siporo mu mugoroba ahubwo bakajya bayikora mu gitondo guhera saa kumi n’imwe za mu gitondo(5h00am) kugeza saa tatu za mu gitondo(9h00am).

Yari yatumiwe mu kiganiro cyasesenguraga uko ibintu byifashe muri Kigali muri iki gihe iri muri Guma mu Rugo.

CP Rumanzi yagize ati : «  Si ngombwa ko umuntu acibwa amande kubera ko yarenze ku mabwiriza yo gukorera siporo mu mudugudu, si ngombwa ko umuntu ajyanwa kuri stade guhabwa ibindi bisobanuro byo kwirinda kiriya cyorezo, ahubwo abantu bagomba kubyumva bakabigira ibyabo. »

Commissioner Rumanzi  yibukije abatuye Kigali ko nta muntu ugomba kujya mu muhanda adafite uruhushya yahawe kandi ko uwugiyemo aba agomba gukurikiza amasaha y’urugendo yemerewe kandi urwo rugendo akarukoresha ibyo yarusabiye.

Yasabye  ibigo byemerewe gukoresha abakozi muri ibi bihe ko bigomba guha abakozi babyo ibyangombwa by’akazi, bagenda babyambaye ndetse bambaye n’imyenda y’akazi.

Polisi yatangaje ko mu minsi itanu ishize kuva tariki 19 kugeza tariki 23 , Mutarama, 2021 yafashe ibinyabiziga 1221, hahagaritswe abantu 2489 byose bikaba byarakozwe kubera kutubahiriza amabwiriza ya Kigali Guma mu Rugo.

Hari abandi bantu baherutse gufatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19  bari bwerekwe itangazamakuru mu masaha ari imbere.

Ikiganiro CP George Rumanzi yari yatumiwemo cyari kitabiriwe kandi na Minisitiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof Anastase Shyaka.

Polisi yahaye gasopo abitwaza Siporo bakarenga imidugudu yabo
MINISPORTS yabujije abantu gukora siporo y’umugoroba
TAGGED:featuredKigaliMu RugoPolisiSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CAR: Ikoranabuhanga Rirafasha RDF Mu kazi Kayo
Next Article Limbé Aho Amavubi Acumbitse Hateye Hate ?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?