Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abitwaza Ko Siporo Yemewe Bakarenga Umudugudu Nibabireke-CP Rumanzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abitwaza Ko Siporo Yemewe Bakarenga Umudugudu Nibabireke-CP Rumanzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2021 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
CP George Rumanzi
SHARE

Umuyobozi muri Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa Commissioner of Police George Rumanzi asaba abatuye Kigali gukorera Siporo aho byemewe ku masaha yemewe, bakirinda kurenga imbibi  z’imidugudu yabo.

Avuga ko hari abitwaza iriya siporo bakarenga imbibi z’imidugudu yabo. Ngo hari n’abarenga utugari n’imirenge kandi bitemewe.

Commissioner of Police Rumanzi yavuze biriya hashize hafi amasaha abiri n’igice Minisiteri ya Siporo n’Umuco ibujije abatuye Kigali gukora Siporo mu mugoroba ahubwo bakajya bayikora mu gitondo guhera saa kumi n’imwe za mu gitondo(5h00am) kugeza saa tatu za mu gitondo(9h00am).

Yari yatumiwe mu kiganiro cyasesenguraga uko ibintu byifashe muri Kigali muri iki gihe iri muri Guma mu Rugo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

CP Rumanzi yagize ati : «  Si ngombwa ko umuntu acibwa amande kubera ko yarenze ku mabwiriza yo gukorera siporo mu mudugudu, si ngombwa ko umuntu ajyanwa kuri stade guhabwa ibindi bisobanuro byo kwirinda kiriya cyorezo, ahubwo abantu bagomba kubyumva bakabigira ibyabo. »

Commissioner Rumanzi  yibukije abatuye Kigali ko nta muntu ugomba kujya mu muhanda adafite uruhushya yahawe kandi ko uwugiyemo aba agomba gukurikiza amasaha y’urugendo yemerewe kandi urwo rugendo akarukoresha ibyo yarusabiye.

Yasabye  ibigo byemerewe gukoresha abakozi muri ibi bihe ko bigomba guha abakozi babyo ibyangombwa by’akazi, bagenda babyambaye ndetse bambaye n’imyenda y’akazi.

Polisi yatangaje ko mu minsi itanu ishize kuva tariki 19 kugeza tariki 23 , Mutarama, 2021 yafashe ibinyabiziga 1221, hahagaritswe abantu 2489 byose bikaba byarakozwe kubera kutubahiriza amabwiriza ya Kigali Guma mu Rugo.

Hari abandi bantu baherutse gufatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19  bari bwerekwe itangazamakuru mu masaha ari imbere.

- Advertisement -

Ikiganiro CP George Rumanzi yari yatumiwemo cyari kitabiriwe kandi na Minisitiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof Anastase Shyaka.

Polisi yahaye gasopo abitwaza Siporo bakarenga imidugudu yabo
MINISPORTS yabujije abantu gukora siporo y’umugoroba
TAGGED:featuredKigaliMu RugoPolisiSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CAR: Ikoranabuhanga Rirafasha RDF Mu kazi Kayo
Next Article Limbé Aho Amavubi Acumbitse Hateye Hate ?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?