Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abitwaza Ko Siporo Yemewe Bakarenga Umudugudu Nibabireke-CP Rumanzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abitwaza Ko Siporo Yemewe Bakarenga Umudugudu Nibabireke-CP Rumanzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2021 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
CP George Rumanzi
SHARE

Umuyobozi muri Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa Commissioner of Police George Rumanzi asaba abatuye Kigali gukorera Siporo aho byemewe ku masaha yemewe, bakirinda kurenga imbibi  z’imidugudu yabo.

Avuga ko hari abitwaza iriya siporo bakarenga imbibi z’imidugudu yabo. Ngo hari n’abarenga utugari n’imirenge kandi bitemewe.

Commissioner of Police Rumanzi yavuze biriya hashize hafi amasaha abiri n’igice Minisiteri ya Siporo n’Umuco ibujije abatuye Kigali gukora Siporo mu mugoroba ahubwo bakajya bayikora mu gitondo guhera saa kumi n’imwe za mu gitondo(5h00am) kugeza saa tatu za mu gitondo(9h00am).

Yari yatumiwe mu kiganiro cyasesenguraga uko ibintu byifashe muri Kigali muri iki gihe iri muri Guma mu Rugo.

CP Rumanzi yagize ati : «  Si ngombwa ko umuntu acibwa amande kubera ko yarenze ku mabwiriza yo gukorera siporo mu mudugudu, si ngombwa ko umuntu ajyanwa kuri stade guhabwa ibindi bisobanuro byo kwirinda kiriya cyorezo, ahubwo abantu bagomba kubyumva bakabigira ibyabo. »

Commissioner Rumanzi  yibukije abatuye Kigali ko nta muntu ugomba kujya mu muhanda adafite uruhushya yahawe kandi ko uwugiyemo aba agomba gukurikiza amasaha y’urugendo yemerewe kandi urwo rugendo akarukoresha ibyo yarusabiye.

Yasabye  ibigo byemerewe gukoresha abakozi muri ibi bihe ko bigomba guha abakozi babyo ibyangombwa by’akazi, bagenda babyambaye ndetse bambaye n’imyenda y’akazi.

Polisi yatangaje ko mu minsi itanu ishize kuva tariki 19 kugeza tariki 23 , Mutarama, 2021 yafashe ibinyabiziga 1221, hahagaritswe abantu 2489 byose bikaba byarakozwe kubera kutubahiriza amabwiriza ya Kigali Guma mu Rugo.

Hari abandi bantu baherutse gufatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19  bari bwerekwe itangazamakuru mu masaha ari imbere.

Ikiganiro CP George Rumanzi yari yatumiwemo cyari kitabiriwe kandi na Minisitiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof Anastase Shyaka.

Polisi yahaye gasopo abitwaza Siporo bakarenga imidugudu yabo
MINISPORTS yabujije abantu gukora siporo y’umugoroba
TAGGED:featuredKigaliMu RugoPolisiSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CAR: Ikoranabuhanga Rirafasha RDF Mu kazi Kayo
Next Article Limbé Aho Amavubi Acumbitse Hateye Hate ?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?