Kuri uyu wa Gatanu Perezida Kagame yahuriye n’abandi bakuru b’ibihugu bya EAC, i Addis Ababa muri Ethiopia baganira uko ibibazo byo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo byakemuka binyuze mu iyubahirizwa ry’amasezerano y’i Luanda na Nairobi.
Inama yabereye i Addis Ababa yayobowe na Perezida wa Angola João Lourenço afatanyije na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.
Ndayishimiye niwe uyobora EAC muri iki gihe.
Iyi nama ibaye ikurikira iyari iherutse kubera i Bujumbura mu Burundi nayo yize uko ibintu byakemuka mu Burasirazuba bwa DRC ndetse hari n’ibyemezo byayifatiwemo.
This morning in Addis Ababa, President Kagame joins @jumuiya leaders for a meeting chaired by President João Lourenço @jlprdeangola of Angola and President @GeneralNeva of Burundi to discuss the Nairobi process & Luanda roadmap to address the security situation in Eastern DRC. pic.twitter.com/Dvq8D3wtUP
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) February 17, 2023
Muri byo harimo ko M23 igomba kuva mu birindiro byose kandi abasirikare b’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba bakongerwa mu bice M23 yafashe kugira ngo harebwe uko amahoro yahagaruka.
https://test.taarifa.rw/uko-ingabo-za-eac-zigabanyije-ibirindiro-mu-burasirazuba-bwa-drc/

