Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Ihomba Miliyari $15 Kubera Guhumana Kw’Ikirere, Igahabwa 3% Yo Kubirwanya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Afurika Ihomba Miliyari $15 Kubera Guhumana Kw’Ikirere, Igahabwa 3% Yo Kubirwanya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 May 2023 11:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Banki Nyafurika y’iterambere,  Dr. Adesina Akinumi avuga ko bibabaje kuba ihumana ry’ikirere rihombya Afurika Miliyari ziri hagati ya $ 7 na Miliyari $15 buri mwaka, ariko amafaranga ihabwa ngo yivane muri ibi bibazo akaba angana na 3% by’ayoherezwa ahandi ku isi.

Adesina yabivugiye mu nama y’abayobozi b’Afurika n’abandi bakora mu rwego rw’imari bateraniye mu Misiri biga ku iterambere ry’Afurika mu rwego rw’imari.

Adesina avuga ko 14% bya ya 3% ihabwa Afurika ngo ihangane n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, aturuka mu bikorera ku giti cyabo, akemeza ko ayo mafaranga ari make.

Banki nyafurika y’iterambere ivuga ko kugira ngo Afurika ishobore guhangana n’ikibazo cy’ingaruka zituruka ku mihindagurikire y’ikirere, ari ngombwa ko ihabwa amafaranga agera byibura kuri miliyari $50 bitarenze umwaka wa 2030.

Mu gihe bivugwa ko Afurika ari yo ikubitika kubera ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ikirere, ku rundi ruhande niwo migabane wa mbere ufite amabuye y’agaciro menshi n’ibintu nkenerwa mu nganda kugira ngo hakorwe imodoka zikoresha amashanyarazi.

Ayo mabuye ni platinum Afurika ikaba yihariye 80%  by’iri buye aho riri kose ku isi.

Yihariye kandi 40 by’ibuye rya cobalt, 40% by’ibuye rya Nichel ndetse n’ibuye rya lithium.

Aya niyo mabuye akoreshwa mu nganda zikora amabuye akoreshwa mu binyabiziga bitwara abantu n’ibintu ariko bidasohora umwotsi.

Irindi buye rikoreshwa cyane muri izi nganda muri iki gihe ni iryitwa Lithium.

Dr. Akinumi Adesina avuga ko aho ibintu bigeze mu isi  y’ubu, ari ngombwa ko Afurika ihabwa uburyo buhamye bwo kubyaza umusaruro amabuye y’agaciro ifite kugira ngo ibona inganda ziyatunganya bityo n’imodoka zitangiza ikirere zihakorerwe.

TAGGED:AfurikaAmabuyefeaturedIkirere
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Yatemye Umukwe We
Next Article Gisagara: Aborojwe Na Croix Rouge Basabwe Kudahora Basindagizwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?