Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Izahora Ifite Uruhare Mu Gucyemura Ibibazo Bireba Isi- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Afurika Izahora Ifite Uruhare Mu Gucyemura Ibibazo Bireba Isi- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2022 3:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame avuga ko n’ubwo Afurika ari umugabane udafite ibikorwa by’ubukungu bihumanya ikirere byinshi, ariko ngo niyo bigira ho ingaruka cyane. Icyakora ngo izakomeza kugira uruhare mu gucyemura ibibazo biri mu isi harimo n’ihumana ry’ikirere.

Umukuru w’u Rwanda yabivugiye mu Nama iri kubera muri Kigali Convention Center yiswe SEfor All Forum.

Ati: “ Afurika ntishobora kwikorera yonyine umutwaro wo guhangana n’ibibazo byatewe no gushyuha ndetse n’ihinduka ry’imiterere y’ikirere cyane cyane ko atari yo isohora ibyuka byinshi bihumanya ikirere.”

Perezida Kagame yitabiriye iyi nama

Perezida Kagame yavuze ko  kugira ngo isi izave neza mu bibazo by’ubukungu yasigiwe n’icyorezo COVID-19, ari ngombwa ko ibikorwa byose bigamije iterambere rirambye bidasiga ku ruhande ibyo kurengera ibidukikije.

Icyakora avuga ko uwo muhati wose(wo kugarura ibintu mu buryo kandi mu buryo burambye) inzego zose z’abaturage zigomba kwitabwaho, amahirwe ahari agasaranganywa.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko isi yose muri rusange iri gukora uko ishoboye ngo itere imbere ariko akavuga ko Afurika nayo itagombye gusigara inyuma, ngo ibyiza bikorerwa imahanga yo biyitaze.

Imwe mu miti atanga yatuma ibintu bigenda neza ni ugutangira gutegura uko ejo heza h’Afurika hazamera, inganda zigatunganywa ariko nanone ibidukikije nabyo bikarengerwa.

Ikindi avuga kizafasha mu mujyo w’iterambere ni ugukwiza amashanyarazi mu cyaro, agafasha abaturage kwiteza imbere.

Inama yiswe SEForAllForum (Sustainable Energy For All) ni Inama mpuzamahanga ihuza abantu bakomeye bakora mu nzego z’ubukungu, politiki z’ubukungu n’imari, kurengera ibidukikije, n’izindi nzego zirebana n’ubuzima bw’ibihugu byabo.

Yatangiye kuri uyu wa Kabiri taliki 17, ikazarangira taliki 19, Gicurasi, 2022.

Amashanyarazi mu Rwanda:

Imibare Taarifa ifite ivuga ko ‘kugeza ubu’ ingo nzigana na 70.8% zifite amashanyarazi. Icyakora imbonerahamwe yakozwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amashanyarazi, EUCL, ivuga ko muri Werurwe, 2022  ingo zingana na 68.48%.

Akarere ka mbere gafite ingo zose zibamo amashanyarazi ni Kicukiro ariko n’ingo zose za Nyaruguru zifite amashanyarazi ariko yiganjemo atangwa n’izindi soko zayo nk’izuba, umuyaga n’indi.

Mu Karere ka Nyaruguru, amashanyarazi aboneka muri ubu buryo afite ijanisha rya 61% n’aho atangwa n’ingufu zisanzwe( on-grid) angana na 39%.

Muri Kicukiro amashanyarazi atangwa n’andi masoko( sources) atari asanzwe afite ijanisha rya 4%, asigaye yose akagira 96%.

Akarere gafite ingo nke zifite amashanyarazi ni Akarere ka Gakenke.

Imibare yo muri Werurwe, 2022.

Akandi karere gafite amashanyarazi macye kandi gasa n’aho gateye imbere ni Muhanga gafite 62% uyu mubare ukaba ungana n’uwo mu Karere ka Nyamagabe nako gafite 62%.

Akarere ka Ngororero gafite 50%, Nyabihu ikagira 56%, Nyamasheke ifite 59%, Nyanza ikagira 61%, Nyamasheke ikagira 62% umubare kanganya n’aka Muhanga gafite 62%.

TAGGED:AmashanyarazifeaturedInamaKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Umugabo Yakoreye Ibya Mfura Mbi Umugore We, Umwana We N’Inka Ye
Next Article Amafoto: Akazi K’Abafundi Bari Gusenya Stade Amahoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?