Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Agoronome Mwiza Agomba No Kuba N’Umunyarwanda Mwiza- PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Agoronome Mwiza Agomba No Kuba N’Umunyarwanda Mwiza- PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2024 1:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ngirente yashimye abanyeshuri ba RICA kubera uruhare rwabo mu kuzamura ubuhinzi mu Rwanda
SHARE

Minisitiri w’intebe Dr. Edouard Ngirente yashimiye abanyeshuri barangije muri Kaminuza nyarwanda yigisha ubuhinzi bwa kijyambere, RICA, kuba barize neza, abasaba kuzaba ba agoronome bakunda u Rwanda.

Bikubiye mu ijambo yabagejejeho ubwo yitabiraga umuhango wo guha impamyabumenyi abarangije muri iyi Kaminuza ikorera mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Gashora.

Ngirente yabwiye abo banyeshuri ko amasom bahawe ari ingirakamaro haba kuri bo ubwabo ariko cyane cyane ku gihugu.

Yababwiye ko burya Agoronome wize neza ari ingirakamaro ariko ko arushaho kuba yo iyo abaye n’Umunyarwanda mwiza.

Ati: “Ubaye uri umugoronome mwiza ariko utari Umunyarwanda mwiza ntabwo wubaka igihugu. Mwebwe rero muri byombi. Muri abagoronome beza mukaba n’Abanyarwanda beza”.

Ngirente avuga ko abarangije kwiga ubuhinzi bwa kijyambere muri iriya Kaminuza bakwiye kuzakoresha neza ubwo bumenyi bakagirira akamaro abahinzi kuko babitezeho byinshi mu kunoza uwo mwuga.

Ubuhinzi ni urwego rw’ubukungu bukorwa n’abantu barenga 70% by’Abanyarwanda bose muri rusange.

Uru rwego rwiganjemo abarukora bakuze, ariko gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda ni ugufasha urubyiruko kwinjira muri uru rwego rw’ubukungu.

Ndetse haherutse gushyirwaho gahunda yo kuzashinga Banki yo gufasha abashaka gushora mu buhinzi kubona inguzanyo.

Kuba iyi Kaminuza iri kwigisha abahanga mu by’ubuhinzi byerekana ko u Rwanda rushaka ko ubuhinzi bwarwo mu myaka iri imbere buzaba buvuguruye.

Intego ni uko Abanyarwanda bihaza mu biribwa, kugwingira kw’abana kukagabanuka.

Ubwo yakomozaga kuri iyi ngingo Minisitiri w’Intebe yagize ati: “ Tuzi ko ibyo mwize bibaha ubumenyi n’ubushobozi bwo gukora ibikenewe mu guteza imbere ubuhinzi bwacu. Mwize Sciences zose z’ubuhinzi, mwiga no kuzikoresha mu kazi zigenewe. Ntabwo mwize sciences zo muri labs gusa, ahubwo mwize kuzishyira mu bikorwa”.

Ngirente yasabye ubuyobozi bwa RICA gukomeza mu mujyo waryo wo guhugura abanyeshuri mu by’ubuhinzi bugezweho bikazagirira u Rwanda akamaro mu gihe kirambye.

TAGGED:AbanyarwandaAbanyeshurifeaturedNgirente
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bakomeje Kwibwa Amadolari Menshi
Next Article U Rwanda Rwavuguruye Amasezerano Na Singapore
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?