Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ahakoreraga MINIJUST N’Urukiko Rw’Ikirenga Hazasenywa Nyuma Ya CHOGM
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ahakoreraga MINIJUST N’Urukiko Rw’Ikirenga Hazasenywa Nyuma Ya CHOGM

admin
Last updated: 04 May 2021 10:34 am
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubutabera, Urukiko rw’Ikirenga, Urukiko rw’Ubujurire n’Ubushinjacyaha, byamaze kwimuka aho byakoreraga ku Kimihurura. Mu minsi mike hazazamurwa inyubako idasanzwe ikazubakwa nk’ishoramari ry’ikigo cy’Abafaransa, Groupe Duval.

Uwo mwanya wose uri hagati y’inyubako ikoreramo Simba Supermarket, Lemigo Hotel na Kigali Convention Centre uzubakwamo inzu izaba iberamo ibintu byinshi cyane, yiswe Inzovu Mall.

Igishushanyo mbonera cy’agateganyo kigaragaza ko hazaba hari hotel igizwe n’ibyumba 140 yitwa Odalys City Business Aparthotel, ibyumba by’inama, amahahiro, ibyumba by’imyidagaduro n’ibindi.

Icyo kigo cyo mu Bufaransa gishamikiyeho Duval Great Lakes Ltd, ari nayo ikurikirana iyo mishinga. Iheruka gutangaza ko inzego zahakoreraga nizimara kwimuka, hazakurikiraho gusenya inyubako zihasanzwe hakubakwa mu buryo bugezweho.

Nyuma y’uko abahakoreraga bamaze kwimuka, Umuyobozi Mukuru wa Duval Great Lakes Ltd, Vicky Murabukirwa, yabwiye Taarifa ko “ikigomba gukurikira muri uyu mushinga kizatangazwa nyuma ya CHOGM.”

Ubutaka buzubakwaho bwegeranye na Kigali Convention Centre izaberamo inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 54 bihurira muri Commonwealth, ku buryo butaberaho imirimo y’ubwubatsi mu gihe yaba irimo kuba, bijyanye n’imyiteguro yayo.

Groupe Duval ifite irindi shoramari mu Rwanda, aho UGOLF iheruka gusinya amasezerano na Kigali Golf Resorts and Villas, yo gucunga ikibuga cya Golf kiri hagati ya Kacyiru na Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali, kizatahwa muri Gicurasi.

Icyo kibuga gishya kizaba kigizwe n’imyobo 18, nyuma y’uko cyavuguruwe kuko mbere yari imyobo icyenda gusa.

Biteganywa ko muri Kigali Golf Resort and Villas, uretse ikibuga cya Golf hazaba harimo ikibuga cya tennis, ahabera inama, resitora, aho gukorera siporo n’ibindi.

TAGGED:featuredGroupe DuvalMinijustUbushinjacyahaUrukiko rw'IkirengaUrukiko rw'Ubujurire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ese Perezida Suluhu Azakuraho Intambara Y’Ubukungu Igihugu Cye Gifitanye Na Kenya?
Next Article MTN Rwanda Yinjiye Ku Isoko Ry’Imari N’Imigabane
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?