Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akababaro K’Umuzamu Urinda Imari Yawe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Akababaro K’Umuzamu Urinda Imari Yawe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 February 2022 8:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu barinda imari y’abandi bazwi ku izina ry’abazamu bagize rimwe mu matsinda y’Abanyarwanda benshi badakunda guha agaciro bakwiye ariko mu by’ukuri bafite akamaro kanini. Hari bamwe muri bo batubwiye ko niba ba shebuja bashaka ko ibyabo birindwa neza bajye babahemba ku gihe bumvikanye.

Mu mpera z’Icyumweru gishize ubwanditsi bwa Taarifa bwaganiriye na bamwe mu bagabo barara ijoro baraririye inzu zibitse imitungo ya bamwe mu bakire bo muri Kigali.

Umwe akorera mu Karere ka Kicukiro Umurenge wa Niboye mu Kagari ka Nyakabanda.

Uyu mugabo ufite umugore n’abana babiri avuga ko kurara ijoro uraririye imari y’abandi atabiterwa n’uko akunze kurara ijoro ahubwo abikora kubera kwanga kwiba ngo acukure inzu z’abandi.

Ati: “ Ndi Umukirisitu kandi uko undeba uku sincitse amaguru cyangwa amaboko. Ngomba gukora akazi kose nabona ariko zinjye kwanduranya n’abantu cyangwa ngo nibe mbe nahasiza n’ubuzima.”

Rukundo(ni izina twamwise) yatubwiye ko ababazwa n’uko arara ijoro yasize umugore n’abana mu buriri ariko shebuja agatinda kumuhemba kandi aba azi neza ko imari amurindiye iruta kure cyane ayo amuhemba.

Yatubwiye ko  kugira ngo abone ikimutunga hagati aho, biba ngombwa ko no ku manywa ashaka ibiraka.

Gukora amanywa n’ijoro ngo biramunaniza cyane k’uburyo hari n’ubwo ananirwa kwita ku nshingano z’umugabo washakanye n’umugore.

Icyo ashaka kuvuga kirumvikana.

Mu magambo yumvikanamo ikiniga yatubwiye ati: “ Niba ibyo mwandika ba Databuja babisoma, bazibuke akamaro tumariye imari yabo bajye baduhembera igihe.”

Undi mugabo wo mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kimironko yatubwiye ko kurara ijoro ari ubutwari.

Ubu butwari avuga ko bushingiye ku ngingo y’uko urara ijoro aba agomba kwitegura kuza guhangana n’ibisambo biba byitwaje intwaro, imbwa z’ibihomora n’ibindi bibazo birimo kwihanganira imvura n’imbeho.

Ati: “ Nk’ubu mperutse gutesha ibisambo ikidomoro kwa databuja bari bibagiriwe hanze. Kimwe muri ibyo bisambo cyanteye icyuma kurambusha kinkomeretsa ku itama ho gato. Urumva ko iyo icyo cyuma kimfata mba ndi kwa muganga cyangwa naraviriranye amaraso akanshiramo kuko hari mu ijoro nta muntu uri hafi ngo antabare.”

Yatubwiye ko ahembwa Frw 30 000 ku kwezi ariko ikibabaje ari uko nayo hari igihe amara hafi amezi abiri atarayahembwa.

Ngo iyo yishuje umukoresha we, amubwira ko ‘nta mafaranga afite.’

Kuba Shebuja amubwira ko nta mafaranga afite ngo biramubabaza kandi aba azi neza ko hari icyashara abona kandi gitubutse.

Yadutumye ku bakoresha ati: “ Mubabwire bajye bubahiriza amasezerano twagiranye. Niyo wakwemerera umuntu ko uzamuhemba Frw 5000 mukabyemeranyaho, ni byiza ko ubikurikiza.”

Avuga ko ikindi kimubabaza ari uko n’iyo arwaye, shebuja atajya apfa kubyemera, ahubwo amusaba kuza kwitabira akazi nk’uko bisanzwe.

Kudahemberwa igihe kandi uhembya macye, kutabona uburyo n’umwanya byo kwita ku rugo mu buryo buhagije ni bimwe mu bibazo abarinda imitungo y’abandi bahura nabyo ariko hejuru y’ibi byose, ikibi kurusha ibindi ni urupfu.

Uyu ni umwe mu bazamu wishwe n’abajura mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye. Hari mu mwaka wa 2017(Photo@RwandaDailyNews.com)

Hari igihe Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, beretse itangazamakuru abantu bari baherutse gufatwa mu iperereza k’urupfu rw’umuzamu wishwe n’abajura bari baje kwiba shebuja.

Byabereye mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Gasabo.

Uwo muzamu yumvise abantu bari gusohora televiziyo asakiranye nabo baramufata bamukata ijosi bakoresheje urukero rukata ibyuma.

Icyo gihe abafashwe berecyewe itangazamuakuru  ku Cyicaro cya Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali kiri i Remera.

Nk’uko ubuhamya twahawe n’abazamu twaganiriye bubyemeza, biragaraga ko hari abakoresha birengagiza ko abarara barinze imari yabo ari ab’agaciro kandi bagombye guhembwa ku gihe kandi bagahabwa amafaranga impande zombi zemeranyije.

Ubwo bariya bajura bafatwaga bakerekwa itangazamakuru, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yavuze ko  abafite umugambi wo kurya ako bataruhiye bakwiye kuwuvaho kuko bazafatwa bagashyikirizwa ubutabera, amategeko agakurikizwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera
TAGGED:AbazamufeaturedGasaboKicukiroKigaliUmukirisitu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article AKUMIRO: Yeretse Inzego Ubujura Bwakorwaga Muri SACCO, Arabizira
Next Article Senegal Yegukanye Igikombe Cya Afurika, Itangaza Umunsi w’Ikiruhuko Mu Gihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?