Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akamaro Ko Kuririmba Ku Bwonko Bw’Ugeze Mu Zabukuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Akamaro Ko Kuririmba Ku Bwonko Bw’Ugeze Mu Zabukuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 April 2024 9:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubushakashatsi bwemeza ko kuririmba no gukoresha ibicurangisho bigirira ubwonko akamaro ndetse n’ubw’abantu bageze mu zabukuru. Akamaro kabyo ni uko bituma ubwonko bukomeza gukora uturemangingo fatizo butuma buramba.

Raporo y’ubwo bushakashatsi yasohowe n’Ikigo mpuzamahanga cya ‘Geriatric Psychiatry’ cyo mu Bwongereza.

Muri yo harimo ko  gukora imyitozo no kuririmba cyangwa gucuranga ibikoresho by’umuziki bifasha ubwonko gukora neza, bugahora bwibuka kandi bukagira ubushobozi bwo gufata ibintu bishya.

Abantu 1,100 nibo bakoreweho ubwo bushakashatsi bikozwe n’abahanga bo muri Kaminuza ya Exeter mu Bwongereza.

Abo bantu bari bafite hagati y’imyaka 40 na 68 y’amavuko.

Bwari bugamije ahanini kureba uko ubwonko busaza n’igituma abantu benshi uko basaza ubwenge bwabo bugenda bugabanuka.

Barebye uko ubwonko bw’abantu busaza, bita ku bantu bakunze gucuranga ibikoresho bitandukanye bitanga umuziki, kuririmba, gusoma indirimbo cyangwa se kuzumva, ugereranyije n’abarigeze bakunda ibijyanye n’umuziki mu buzima bwabo.

Ibyavuye muri ubwo bushakashatsi byagaragaje ko abakunze gucuranga ibikoresho by’umuziki cyangwa kumva umuziki mu buzima bwabo, bagira ubwonko bukomeza kuvumbura ibintu bishya no kutibagirwa.

Ibi bitandukanye n’uko bigenda ku bantu batigeze bakoresha ibyuma bya muzika cyangwa ngo babe bakunda kuririmba.

Prof Anne Corbett uri mu bayoboye ubwo bushakashatsi yabwiye BBC ati: “Kubera ko dufite ibipimo by’imikorere y’ubwonko twavanye muri ubu bushakashatsi, dushobora gukurikirana uko ubwonko bwa buri muntu mu bakoreweho ubushakashatsi bumeze, tukareba uko bukora nko kwibuka by’igihe gito, kwibuka by’igihe kirekire, uko akemura ibibazo bikomeye, n’uburyo umuziki ushobora kubimufashamo”.

Colbert yemeza ko gucuranga piano bifasha ubwonko cyane kuko bituma bushobora gukora neza binyuze mu kwibuka amakuru no guhuza ibintu bitandukanye hagamijwe kugera ku kintu runaka.

TAGGED:AbashakashatsiBBCGucurangaUbwonkoUmuziki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dubai Ntikiri Nyabagendwa
Next Article Abafatanyabikorwa Ba Faysal Beretswe Uko Ibitaro Bigiye Kwagurwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Bwiza Aritegura Igitaramo Kizahura N’Isabukuru Ye Y’Amavuko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?