Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akurikiranyweho Gutuka Perezida Tshisekedi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Akurikiranyweho Gutuka Perezida Tshisekedi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2022 2:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo haravugwa dosiye y’umugabo witwa Jean-Pierre Lisanga Bonganga wahoze ari Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Inteko ishinga amategeko (Ministre des Relations avec le Parlement) yagejejwe mu butabera akurikiranyweho kubahuka Umukuru w’Igihugu no gukwiza impuha.

Ku rundi ruhande, uyu mugabo avuga ko ibikubiye mu idosiye aregwa, atari cyo kibazo mu by’ukuri ahubwo ngo araryozwa ko ashyigikiye ibyo Martin Fayulu utavuga rumwe na Tshisekedi aherutse gutangaza by’uko Abadepite  ba DRC bahembwa amafaranga menshi arimo n’ayo bigenera yose hamwe akagera cyangwa akarenga $21,000 ku kwezi.

Mu idosiye imushinja, handitsemo ko ubwo Tshisekedi yatangazwaga ko ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu mu mwaka wa 2019, Bonganga yatangaje ko atari we mu by’ukuri utegeka igihugu, ahubwo ko ‘akorera mu kwaha’ kwa Joseph Kabila.

Jean-Pierre Lisanga Bonganga

Ibi biri mu ngingo zigize ikirego ubushinjacyaha bukuru bwa Repubulika bukorera i Kinshasa bwagejeje mu rukiko burega Jean-Pierre Lisanga Bonganga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bonganga we avuga ko kiriya kirego gishingiye ku mpamvu za Politiki.

Ngo ntabwo aregwa kubera ko yakoze icyaha cyo gutuka Umukuru w’Igihugu nk’uko ubushinjacyaha bubivuga.

Ati: “ Ni ikirego gishingiye ku mpamvu za Politiki kandi ntibikwiye ko ubutabera  bukoreshwa amakosa bene aka kageni.”

Ni ibintu yakoze muri Nzeri, 2019 ariko akibaza impamvu bigarutse muri iki gihe ni ukuvuga  hashize igihe gito atangaje  ko ashyigikiye ibyo Fayulu yavuze yamagana iby’Abadepite bo mu ishyaka rya Tshisekedi birunzeho umushahara uva mu misoro y’abaturage no mu nguzanyo igihugu cyaka abanyamahanga.

Fayulu avuga ko Abadepite ba DRC bari mu bigenera imishahara k’uburyo bageza cyangwa bakarenza $21,000 ku kwezi

Asanga bidakwiye ko muri iki gihe iriya ‘affaire’ igarurwa kandi uko ibintu bimeze muri iki gihe ntaho bihuriye n’uko byari bimeze mu mwaka wa 2019.

- Advertisement -
TAGGED:AmatoraDRCFayulufeaturedTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubusitani Bwo Kwibuka: Ikimenyetso Cy’Uko u Rwanda Rwongeye Kwiyubaka
Next Article U Rwanda N’u Bufaransa Turi Kwandika Amateka Mashya- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?