Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akurikiranyweho Gutuka Perezida Tshisekedi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Akurikiranyweho Gutuka Perezida Tshisekedi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2022 2:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo haravugwa dosiye y’umugabo witwa Jean-Pierre Lisanga Bonganga wahoze ari Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Inteko ishinga amategeko (Ministre des Relations avec le Parlement) yagejejwe mu butabera akurikiranyweho kubahuka Umukuru w’Igihugu no gukwiza impuha.

Ku rundi ruhande, uyu mugabo avuga ko ibikubiye mu idosiye aregwa, atari cyo kibazo mu by’ukuri ahubwo ngo araryozwa ko ashyigikiye ibyo Martin Fayulu utavuga rumwe na Tshisekedi aherutse gutangaza by’uko Abadepite  ba DRC bahembwa amafaranga menshi arimo n’ayo bigenera yose hamwe akagera cyangwa akarenga $21,000 ku kwezi.

Mu idosiye imushinja, handitsemo ko ubwo Tshisekedi yatangazwaga ko ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu mu mwaka wa 2019, Bonganga yatangaje ko atari we mu by’ukuri utegeka igihugu, ahubwo ko ‘akorera mu kwaha’ kwa Joseph Kabila.

Jean-Pierre Lisanga Bonganga

Ibi biri mu ngingo zigize ikirego ubushinjacyaha bukuru bwa Repubulika bukorera i Kinshasa bwagejeje mu rukiko burega Jean-Pierre Lisanga Bonganga.

Bonganga we avuga ko kiriya kirego gishingiye ku mpamvu za Politiki.

Ngo ntabwo aregwa kubera ko yakoze icyaha cyo gutuka Umukuru w’Igihugu nk’uko ubushinjacyaha bubivuga.

Ati: “ Ni ikirego gishingiye ku mpamvu za Politiki kandi ntibikwiye ko ubutabera  bukoreshwa amakosa bene aka kageni.”

Ni ibintu yakoze muri Nzeri, 2019 ariko akibaza impamvu bigarutse muri iki gihe ni ukuvuga  hashize igihe gito atangaje  ko ashyigikiye ibyo Fayulu yavuze yamagana iby’Abadepite bo mu ishyaka rya Tshisekedi birunzeho umushahara uva mu misoro y’abaturage no mu nguzanyo igihugu cyaka abanyamahanga.

Fayulu avuga ko Abadepite ba DRC bari mu bigenera imishahara k’uburyo bageza cyangwa bakarenza $21,000 ku kwezi

Asanga bidakwiye ko muri iki gihe iriya ‘affaire’ igarurwa kandi uko ibintu bimeze muri iki gihe ntaho bihuriye n’uko byari bimeze mu mwaka wa 2019.

TAGGED:AmatoraDRCFayulufeaturedTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubusitani Bwo Kwibuka: Ikimenyetso Cy’Uko u Rwanda Rwongeye Kwiyubaka
Next Article U Rwanda N’u Bufaransa Turi Kwandika Amateka Mashya- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?