Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Al Ahli Tripoli Niyo Yegukanye BAL 2025
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Al Ahli Tripoli Niyo Yegukanye BAL 2025

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2025 8:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Jean Jacques Boissy (Al Ahli).
SHARE

Iyo kipe yo muri Libya yegukanye Irushanwa rya Basketball Africa League (BAL2025) itsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 88-67.

Hari mu mukino wa nyuma wabaye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki 14 Kamena 2025 muri SunBet Arena mu Mujyi Pretoria muri Afurika y’Epfo.

Abantu benshi bari bawutegereje ngo barebe uko amakipe yahize ayandi muri Basktball atsindana.

Ikipe yo muri Libya yifuzaga kwegukana igikombe ku nshuro ya mbere yitabiriye naho iyo muri Angola ifite igikombe giheruka yashakaga kuba Ikipe ya mbere yegukanye iri rushanwa inshuro ebyiri zikurikirana.

Mu gutangira kwawo, uyu mukino wari wegeranye cyane mu manota, amakipe yombi atsindana bigaragara ko ntayemeraga gushyirwamo ikinyuranyo kinini.

Mu minota itatu ya nyuma Al Ahli yongereye ikinyuranyo binyuze mu gutsinda kw’abakinnyi bayo ba Fabian White Junior na Jean Jacques Boissy batsinda amanota atatu.

Agace ka mbere karangiye, Al Ahli Tripoli iyoboye n’amanota 27 Kuri 19 ya Petro de Luanda.

Yakomerejeho mu gace ka kabiri abarimo Jean Jacques Boissy, Jayden Admas na Caleb Agada batsinda amanota yatunye ikinyuranyo kigera mu manota 10 (35 -25).

Petro de Luanda yo yatsindaga amanota binyuze muri Aboubakar Gakou na Patrick Gardner wayitsindiye cyane.

Igice cya mbere cyarangiye Al Ahli Tripoli ikiri imbere n’amanota 43 kuri 38 ya Petro de Luanda.

Iyi kipe yakomeje kongera amanota mu gace ka gatatu abarimo Assem Marei, Mohammed Sadi na Fabian White Junior batsinda amanota menshi.

Petro de Luanda nayo yanyuzago igatsinda binyuze muri Rigoberto Mendoza na Childe Dundao.

Aka gace karangiye Al Ahli Tripoli yatsinze Petro de Luanda 66-54.

Yakomeje muri uwo mujyo mu gace ka nyuma abarimo Mohamed Sadi, Assem Marei batsinda cyane.

Mu minota ya nyuma, iyi kipe yatangiye gushimangira intsinzi no kugaragaza ko ikomeye, bituma Jaylan Adams atsinda menshi yongera ikinyuranyo kigera mu manota 21.

Umukino warangiye Al Ahli Tripoli yatsinze Petro de Luanda amanota 88-67 yegukana igikombe ku nshuro ya mbere yitabiriye iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya gatanu.

Umukinnyi mwiza w’irushanwa (MVP) yabaye Jean Jacques Boissy wa Al Ahli Tripoli.

Umunya Mali Aliou Diarra ukinira APR BBC yabaye umukinnyi wugariye neza.

Ikipe nziza y’irushanwa igizwe na Jean Jacques Boissy (Al Ahli), Jaylen Adams (Al Ahli), Majok Deng (Al Ittihad), Patrick Gardner (Petro de Luanda) na Aliou Diarra (APR).

TAGGED:BALBasketballIkipeIrushwanaLibyaUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Na Iran Bikomeje Kwihimuranaho
Next Article DRC: Inteko Yemereye Ubutabera Gukurikirana Minisitiri Mutamba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?