Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Alexandre Geniez Yegukaye Agace Ka Mbere Ka Tour du Rwanda 2022
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Alexandre Geniez Yegukaye Agace Ka Mbere Ka Tour du Rwanda 2022

admin
Last updated: 20 February 2022 2:26 pm
admin
Share
SHARE

Alexandre Geniez ukinira TotalEnergies yo mu Bufaransa ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2022, akoresheje iminota 4’41”65, aho abasiganwa bazengurutse Kigali Arena mu ntera ya kilometero 4.

Kuri iki Cyumweru nibwo Tour du Rwanda 2022 yatangiye, mu gace ka mbere abakinnyi 89 basiganwa buri wese agenda wenyine, harebwa ibihe bakoresheje.

Ni irushanwa rizemeza usimbura umunya-Espagne Cristian Rodriguez na we wo mu ikipe TotalEnergies, wegukanye iri rushanwa mu mwaka ushize.

Ntabwo muri uyu mwaka yitabiriye, ku buryo ikipe ye izaba icungira cyane kuri Alexandre Geniez w’imyaka 33 wegukanye umwenda w’umuhondo kuri iki cyumweru.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku mwanya wa kabiri haje Restrepo Valencia Jhonathan ukinira Drone Hopper – Androni wakoresheje iminota 4’47’’34, bivuze ko uwa mbere yamueushije imiota 4’69’’. Ku mwanya wa gatatu haje undi mukinnyi wa TotalEnergies, Dujardin Sandy, we wakoresheje iminota 04’48’’28.

U Rwanda muri iri rushanwa rihagarariwe n’amakipe abiri, ikipe y’igihugu na Benediction Ignite. Rufitemo abakinyi 12.

Umunyarwanda waje ku mwanya wa hafi ni Uhiriwe Byiza Renus waje ku mwanya wa 25, akoresheje iminota 5’01’’54, aho ku gihe uwa mbere yakoresheje we yarengejeho amasegoda 20’09.

Iri rushanwa rizakomeza kuri uyu wa Mbere abakinnyi berekeza i Rwamagana, mu ntera ya kilometero 148.3.

Iri rushanwa rizamara icyumweru abakinnyi basiganwa intera ya kilometero 937.

- Advertisement -
Uko abakinnyi barushanyijwe ku munsi wa mbere

Uko irushanwa rizagenda

  • 20/02/2022 : Agace ka mbere : Kigali Arena – Kigali Arena (4.0km)
  • 21/02/2022 : Agace ka kabiri: Kigali – Rwamagana (148.3km)
  • 22/02/2022: Agace ka gatatu: Kigali (MIC) – Rubavu (155.9km)
  • 23/02/2022: Agace ka kane: Kigali (Kimironko) – Gicumbi (124.3km)
  • 24/02/2022: Agace ka gatanu: Muhanga – Musanze (124.7km)
  • 25/02/2022: Agace ka Gatandatu: Musanze – Kigali (152.0km)
  • 26/02/2022 : Agace ka karindwi : Kigali – Kigali (152.6km)
  • 27/02/2022 : Agace ka munani : Kigali – Kigali (75.3km). Ni wo munsi wa nyuma w’irushanwa, rikazatangiriza kuri Canal Olympia ari naho rizasorezwa.
TAGGED:Alexandre GeniezfeaturedTour du Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ethiopia Yatangiye Kubyaza Amashanyarazi Urugomero Rwa Mbere Runini Muri Afurika
Next Article Umwamikazi Elizabeth II Yanduye COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?