Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Alexei Navalny Utavugaga Rumwe Na Putin Yaguye Muri Gereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Alexei Navalny Utavugaga Rumwe Na Putin Yaguye Muri Gereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2024 2:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Biravugwa ko uyu mugabo utavugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Vladmir Putin yaguye muri gereza nyuma yo kugwa abanje umutwe. Yari afungiye muri imwe muri gereza zikomeye zo mu Burusiya iba ahitwa Siberia.

Kuri uyu wa Gatanu ubwo yari avuye mu rugendo ruto rw’amaguru ngo yinjiye muri gereza aho yari asanzwe afungirwa, yumva nta meze neza agira isereri aragwa arapfa.

Yapfuye afite imyaka 47 y’amavuko, akaba yari yarakatiwe gufungwa imyaka 19.

Alexei Navalny yigeze gusimbuka urupfu ubwo yarogwaga ahawe uburozi bita Novichok.

Mu minsi ishize yari aherutse kugaragara kuri video yari yateguwe n’urukiko ngo agire icyo arubwira.

Itangazamakuru ryo mu Burusiya rivuga ko yagaragaraga nk’umuntu umeze neza, udafite ikibazo gikomeye.

Urupfu rwe rwababaje benshi mu Burayi kuko hari nabatatinye kuvuga ko yishwe n’ubutegetsi bwa Putin.

Ababivuze mbere y’abandi ni abo mu gihugu cya Latvia ndetse n’Ubufaransa ngo bwavuze ko Navalny yazize kutemera gukorana n’igitugu cya Putin.

Ikigo cy’itangazamakuru cy’Uburusiya TASS  kivuga ko mu minsi yabanjirije urupfu rwe, nta kintu kigeze cyumvikana cy’uko Alexei Navalny yaba arwaye cyangwa afite undi muze uwo ari wo wose.

Perezida Putin ngo yamenyeshejwe iby’urupfu rwa Navalny.

TAGGED:BurusiyaGerezaNavalnyPutinTASS
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwiyemeje Gucuruzanya Na Namibia
Next Article Kigali: Habonetse Imirambo Itatu Muri Ruhurura Ya Rwampala
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?