Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amabuye Y’Agaciro N’Amasambu Niyo Mitungo Ikunze Guhishirwa Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Amabuye Y’Agaciro N’Amasambu Niyo Mitungo Ikunze Guhishirwa Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2023 6:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa TI-Rwanda, Apollinaire Mupiganyi aherutse kubwira  abagize Ihuriro ry’ Inteko Ishinga Amategeko rishinzwe gukumira no kurwanya Ruswa (APNAC-RWANDA), ko amabuye y’agaciro n’amasambu biri mu mitungo ikomeye ikunze guhishwa mu Rwanda.

Ngo yandikwa ku bantu batari ba nyirayo hagamijwe guhunga imisoro no kwirinda ko aho iyo mitungo( akenshi haba hakemangwa) hamenyekana.

Abahabwa iyo mitungo ngo bayicunge nibo bazwi ku izina ry’abashumba.

Mupiganyi avuga ko hari abanyamigabane b’ibigo badakunze kwigaragaza baba bafite ababibasigariye ho bagaragara, akaba ari nabo bagira ububasha bwo gufata ibyemezo mu nama y’ubutegetsi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko hari igihe ‘umushumba’ wanditsweho imitungo y’umuntu ashaka uburyo ayegukana ku bw’amahugu, ibi akabikora cyane cyane iyo nyirayo apfuye ibi bigatuma umuryango we usigara ukennye.

Ati: “Nyiri umutungo iyo yitabye Imana hagasigara umugore we cyangwa umwana, uwo mutungo ntibaba bagishoboye kuwubona.


Umuyobozi Nshingwabikorwa wa TI-Rwanda, Apollinaire Mupiganyi (Ifoto@Kigali today)

Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine, avuga ko umutungo utamenyekanishijwe iyo bigaragaye ko wabonetse mu buryo budakurikije amategeko, Leta iwufatira.

Hiyongeraho ko nyiri ikosa ahanishwa igifungo gishobora kugera ku myaka 10 n’ihazabu yikubye inshuro hagati y’eshatu n’inshuro eshanu z’ikiguzi cy’uwo mutungo.

Nirere yavuze ko mu mwaka ushize(2022) hari imanza zirindwi z’abantu batashoboye gusobanura inkomoko y’umutungo wabo, ndetse ngo hari n’abandi bagikorerwaho iperereza.

- Advertisement -

Abagize Ihuriro ry’ Inteko Ishinga Amategeko rishinzwe gukumira no kurwanya Ruswa (APNAC-RWANDA), basaba abo bantu kwigaragaza kuko baba ari bo ba nyiri imitungo ndetse n’abashumba babo bagasabwa kuvugisha ukuri.

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr François Xavier Kalinda yifuje ko hafatwa ingamba zatuma iyandikishwa ry’umutungo rizajya rikorwa mu mucyo.

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr François Xavier Kalinda( Ifoto@Rwanda Parliement)

Izindi nzego zitabiriye biriya biganiro harimo Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Ikigo gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA), Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda (NPPA) ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS).

Mu mbogamizi izo nzego zagaragaje harimo kuba imitungo yajyanywe hanze y’U Rwanda bityo kumenya aho iherereye ndetse no kuyikurayo bikagorana.

TAGGED:featuredImitungoKalindaMupiganyiRDBRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwiyamamaza Mu Mwaka Wa 2024, Kuganira Na Sultan Makenga…Perezida Kagame Aganira N’Itangazamakuru
Next Article Umunyarwanda Yavumbuye Agakoko Gashya Gatera Igituntu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?