Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukino Wa Man Utd Na Liverpool Wasubitswe Kubera Imyigaragambyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umukino Wa Man Utd Na Liverpool Wasubitswe Kubera Imyigaragambyo

Last updated: 02 May 2021 6:54 pm
Share
SHARE

Abafana ba Manchester United F.C bakoze imyigaragambyo binjira muri stade Old Trafford mbere y’umukino na Liverpool F.C, bituma usubikwa.

Bashinja abaherwe bagize umuryango wa Glazer ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuba barungutse miliyari nyinshi z’amadolari kuva bagura Manchester United, ariko ntibakore ibishoboka ngo igumane igitinyiro yahoranye.

Ubwo abafana bageraga muri Old Trafford bacanye imiriro, bituma stade ihita ifungwa mu gihe yiteguraga kwakira umukino mu masaha make.

Abakinnyi biteguraga umukino na Liverpool F.C wagombaga gutangira 17:30 bagumye muri Lowry Hotel, ntibahita bajya ku kibuga.

Hahise hakorana inama hibazwa niba umukino uba nyuma y’uko abafana bari binjiye muri Stade kandi bitemewe, mu rwego rwo gukumira icyorezo cya COVID-19.

Hemejwe ko umukino uba wigijwe inyuma, ariko haza gufatwa icyemezo ko usubikwa.

Imyigaragambyo ikomeje kuba guhera ubwo mu minsi ishize Manchester United yinjiye mu makipe 12 yari yatangije irushanwa ryiswe European Super League, ryagombaga guhangana na UEFA Champions League ikundwa cyane i Burayi.

Ryaje kwamaganwa bikomeye bituma risubikwa, ndetse abayobozi b’amakipe babigizemo uruhare bahatirwa n’abafana gusaba imbabazi.

Abafana bakomeje kwamagana abaherwe ba nyir’ikipe
Binjiye mu kibuga ari benshi cyane
Bari bitwaje imiriro ku kibuga
Polisi ntabwo yabashije gukumira abafana bose
TAGGED:featuredLiverpool FCManchester UnitedOld Trafford
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwifatanyije Na Israel Iri Mu Cyunamo
Next Article Perezida Ndayishimiye Yirukanye Minisitiri Amuziza Kugurisha Indege Ya Leta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?