Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Imodoka Idasanzwe Yifashishijwe Mu Gutwara Umurambo Wa DMX
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Amafoto: Imodoka Idasanzwe Yifashishijwe Mu Gutwara Umurambo Wa DMX

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2021 4:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inshuti n’umuryango b’Umuraperi DMX bifashishije imodoka idasanzwe mu gutwara umurambo we, ubwo wajyanwaga mu muhango wo kumusezeraho bwa nyuma wabereye muri Barclays Center, mu mujyi wa Brooklyn muri New York.

Uyu mugabo witwaga Earl Simmons yapfuye muri uku kwezi afite imyaka 50, azize ibibazo by’umutima.

Umurambo we wajyanywe mu modoka ifite amapine manini kandi maremare cyane, yanditseho ngo “Long Live DMX”, yanditse mu ruhande rw’imodoka.

Iyo modoka yaherekejwe na moto nyinshi nini, ndetse abantu benshi bari bakoraniye ku muhanda bareba uwo muhango wo kumuherekeza.

Umuhango nyirizina witabiriwe n’abantu ba hafi mu muryango, ariko unanyuzwa kuri YouTube ku buryo abantu benshi babashije kuwukurikirana.

Mu bahawe ijambo harimo inshuti ze zikomeye Swizz Beatz na Nas, hamwe n’umukobwa we wanaririmbye. Mu bitabiriye kandi harimo Kanye West na Busta Rhymes.

Abana ba DMX uko ari 15 bose bari bahari.

Xavier Simmons ari na we mukuru muri bose, yavuze ko se “yari umwami”, akaba “ikirangirire”.

Ati “Uyu mugabo yongereye imbaraga ubushobozi bwanjye bwo gukunda.”

DMX yasohoye indirimbo nyinshi zakunzwe zo mu njyana ya Rap, ndetse yakinnye muri filime nyinshi zamenyekanye nka Romeo Must Die yasohotse mu 2000, aho abari kumwe n’Umushinwa Jet Li.

Mu myaka ishize ariko yakunze gufungwa kenshi, aza no kugira ikibazo cyo kubatwa n’ibiyobyabwenge.

Inshuti za DMX zari zabukereye
Imodoka yamutwaye, no mu mapine hari handitsemo DMX
Umubiri wa DMX washyizwe mu isanduku itukura
Iyi modoka yatangaje benshi ku muhanda
Ni umuhango witabiriwe nubwo ari mu bihe bya COVID-19
TAGGED:DMXfeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 122 Bashaka Ubuhungiro Baheze Muri Libya Bategerejwe Mu Rwanda
Next Article Umukino Wa Rayon Sports Na Police FC Wasubitswe Kubera Kwikanga Abafana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gakenke: Polisi Na RDF Bateye Ibiti 2000 Bivangwa N’Imyaka

Alexis Dusabe Azakoresha Igitaramo Azashimiramo Imana Aho Imugejeje

PM Nsengiyumva Ashima Ko Ubukucuzi Bw’Amabuye Y’Agaciro Bwahaye Akazi Abantu 92,000

Bidatinze U Rwanda Ruratangira Gukoresha Ifaranga Koranabuhanga- BNR

Putin Arahura N’Umujyanama Wa Trump Bongere Kuganira Kuri Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

You Might Also Like

Mu Rwanda

Murigande Muri Sena, Kayitesi Muri MINAFFET,…Impinduka Muri Guverinoma Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

BNR Ivuga Ko Ubukungu Bw’u Rwanda Bukomeje Guhagarara Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

RBC Iributsa Urubyiruko Kwisuzumisha Rukamenya Uko Ruhagaze Ku Bwandu Bwa SIDA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubutabera

Ruhango: Urwego Rw’Umuvunyi Rwasanze Mu Miryango Higanje Ibibazo By’Izungura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?