Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Impenure Nyazo Mu Gitaramo Cya Kizz Daniel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Amafoto: Impenure Nyazo Mu Gitaramo Cya Kizz Daniel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 August 2022 11:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe Polisi ivuga ko itazemera ko Abanyarwandakazi bimakaza imyambarire yita ‘impenure’, bisa nk’aho akazi kayitegereje ari kanini. Mu gitaramo cya Kizz Daniel giherutse kubera muri Canal Olympia  bigaragara ko abakobwa bari bahenuye bya nyabyo.

Bamwe bari bambaye amajipo magufi cyane, abandi bambaye amakabutura ageze hejuru ndetse na mukondowazi nyinshi.

Bamwe batubwiye ko kubwira umuntu uje kubyina cyangwa kwidagadura ngo naze yambaye ikanzu ndende ari ukumugora.

Uwitwa Delyse ati: “ Ubu  se waza kubyina kwa Kizz Daniel ukaza wambaye rukubitihuku? Polisi nayo ntigakabye.”

Abandi twashatse kugira icyo tubaza kuri iyi ngingo banze kugira icyo batangaza, baradutwama ngo tubareke ‘birire show.’

Mu minsi mike ishize, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yabwiye itangazamakuru ko itazakomeza gukurebera ngo abakobwa bice umuco nyarwanda.

Avuga ko ari ibintu biri gufata indi ntera. Kuri we, ngo  ntibikwiye.

Ati: “ Ntibikwiye mu muco, ntibikwiye no mu ndangagaciro mwahoze muvuga…”

Yunzemo ko ‘bo nka Polisi’ batazabyemera kandi ngo ubutumwa nk’ubwo ni ngombwa kubutanga.

Ni henshi kandi mu buryo butandukanye aho usanga abakobwa( n’abagore bamwe na bamwe) bambara imyenda iberekana uko bateye, bamwe bakambara imyenda ibonerana cyangwa migufi bikabije bikaba byakururira bamwe mu bagabo bafite umutima udafite uburere irari rishobora gutuma hari bamwe babafata ku ngufu.

Mu muco w’Abanyarwanda, kwihesha agaciro n’icyubahiro aho umuntu ari ni kimwe mu by’ibanze biwuranga.

Birashoboka ko Polisi y’u Rwanda ishobora kuba ari cyo iharanira ko cyakomeza gusigasirwa kandi bigakorwa hakiri kare kuko CP Kabera avuga muri iki gihe ibyo kwambara impenure biri ‘gufata indi ntera.’

Abana bato basohotse
Agatabi n’akayoga, umukondo hanze
Bavuga ko utajya kurya SHOW wambaye ingutiya
Intambara yo kurwanya impenure ishobora kuzagora Polisi
Nta gihe kitagira ‘ab’ubu’
Hari umuhanzi waririmbye ko abanyabirori badasaza

Polisi Ntizemera Ko Abakobwa Bakomeza Kwambara Impenure-CP Kabera

TAGGED:AbakobwaAmafotofeaturedImpenureKabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaminisitiri B’Abatalibani Bajya Mu Biro Bitwaje Kalashnikov
Next Article Umugore Wayoboye Igihugu Yakatiwe Gufungwa Imyaka 6
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?