Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amahame Ya FPR No Mu Myaka 100 Azaba Afite Agaciro- Gasamagera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Amahame Ya FPR No Mu Myaka 100 Azaba Afite Agaciro- Gasamagera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2024 2:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango FPR -Inkotanyi Wellars Gasamagera avuga ko amahame y’Umuryango FPR-Inkotanyi ari ay’igihe cyose ku buryo agaciro afite kazageza no mu myaka 100 kagikomeye.

Gasamagera avuga ko guhurira hamwe kw’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakaganira kuri ayo mahame ari kimwe mu biranga imikorere yabo ya buri gihe.

Mu Kinyarwanda cye, Wellars Gasamagera ayo mahame yayise ‘Intekerezo-Shingiro’.

Ibi aheruka kubibwara Abadepite baherutse gutorerwa guhagararira Umuryango FPR-Inkotanyi bari baje ku cyicaro cyawo kiri mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Yagize ati: “Amahame yacu ntasaza no mu myaka 100 azaba agifite agaciro. Nta gihe tuzareka guharanira demokarasi, ntituzareka guharanira imibereho myiza y’abaturage bacu, ntituzareka kurwanira ubusugire bw’igihugu cyacu”.

Umunyamabanga Mukuru, Gasamagera Wellars  yabwiye Abadepite b’Umuryango wa FPR-Inkotanyi ko uyu muryango ugira umuco wo kugira ngo abanyamuryango bahuriye mu rwego rumwe bahura bakibukiranya intekerezo-shingiro.

Gasamagera avuga ko indirimbo y’Umuryango FPR-Inkotanyi izahoraho kandi ko ubutumwa bwayo nabwo ntibuzasaza niyo baburirimba inshuro 100.

Yabwiye Abadepite ba FPR-Inkotanyi ko iriya ndirimbo yibutsa abanyamuryango imyitwarire n’imikorere biboneye.

Avuga ko ibikubiye muri iyo ndirimbo no mu ntekerezo-shingiro za FPR-Inkotanyi bigomba kuzababera impamba mu kazi k’Abadepite baherutse gutorerwa.

Umuryango FPR-Inkotanyi kimwe n’andi mashyaka yihuje nawo mu matora y’Umukuru w’igihugu n’ay’Abadepite aheruka niwo watsinze ku bwiganze.

Ubwo ibyayavuyemo byatangazwaga, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yatangaje ko iby’ibanze byavuye mu ibarura ry’amajwi y’Abadepite 53 batorwa mu buryo butaziguye, mu batoye bangana na 96.7%, FPR Inkotanyi yatsinze kure cyane abandi bari bahanganye nayo mu matora y’Abadepite.

Umuryango FPR Inkotanyi n’indi mitwe ya Politiki itanu bifatanyije ari yo PDC, PPC, PSR, PSP na UDPR, byatowe ku majwi 62.67%.

Ishyaka Riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu, Parti Libéral (PL), ryagize 10.97% bingana n’abarishyigigikiye bagera kuri 957,602.

Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’abaturage (PSD) ryatowe na 827,182 bingana na 9.48%.

Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI) rifite abaritoye 507,474 bingana na 5.81%.

Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (DGPR-Green Party-Rwanda) ryagize 5.30% bingana n’abantu 462,290.

PS Imberakuri ifite abantu 459,526 bingana na 5.26%.

Nsengiyumva Janvier wari wiyamamaje nk’umukandida wigenga yagize amajwi 44,881 bingana na 0.51%.

Amahame yacu ntasaza no mu myaka 100 azaba agifite agaciro. Nta gihe tuzareka guharanira demokarasi, ntituzareka guharanira imibereho myiza y'abaturage bacu, ntituzareka kurwanira ubusugire bw'igihugu cyacu – Umunyamabanga Mukuru, Gasamagera Wellars, abwira Abadepite b'Umuryango… pic.twitter.com/Izsv125lL8

— FPR-Inkotanyi (@rpfinkotanyi) September 7, 2024

TAGGED:featuredFPRGasamageraImyakaInkotanyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Gatsibo Hashyizwe Irerero Ry’Umupira W’Amaguru
Next Article Kenya: Indi Nkongi Yadutse Mu Kigo Cy’Amashuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?