Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amahoro Tugomba Kuyakorera… Uguteye Iwawe Ukamenya Kwitabara- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amahoro Tugomba Kuyakorera… Uguteye Iwawe Ukamenya Kwitabara- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2024 1:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yavuze ko abantu aho bava bakagera bakunda kandi bakwiye amahoro. Ku Rwanda ho ngo ni umwihariko kuko rwigeze kuyabura bikomeye. Icyakora avuga ko amahoro akorerwa uyakeneye akamenya kwitabara igihe atewe.

Yabivugiye mu ijambo yagejeje ku bitabiriye  isengesho ngarukamwaka ryo gusabira igihugu rihuza abayobozi mu nzego zose, zaba iza Politiki n’iz’amadini bagasengera u Rwanda baruragiza Imana mu mwaka mushya uba utangiye.

Yagize ati: “ …Ubanza Abanyarwanda tuyakeneye kurusha abandi kuko twigeze no kuyabura cyane kandi kuyakorera ni uguhitamo neza, ni ugukomera, uguteye iwawe ukamenya kwitabara.”

Perezida Kagame avuga kugira ngo umuntu agire amahoro bimusaba gukora, u Rwanda rugakoresha ibyo rufite cyangwa ibyo rushobora kuvana mubo rukorana nabo.

Yasabye kandi Abanyarwanda kwanga gukorerwamo cyangwa gukoreshwa ahubwo bakitabira gukorana nk’abafatanyabikorwa no kubahana.

Ibindi ngo ntibigomba kujya umujyo umwe, ahubwo bijya impande zombi.

Yagiriye urubyiruko rw’u Rwanda inama yo kujya rwigira ku mateka kugira ngo amasomo yayo atazaba impfabusa.

Kagame ati: “Ndabivuga nziko mbwira benshi hano bakiri bato, abazaba abayobozi muri iki gihugu kugira ngo mubyumve, mubyumve neza. Igihe muzaba ari mwe muri ku isonga, muzagaragaze ko amasomo yari ari muri ayo mateka atapfuye ubusa bityo abazabakomokaho nabo bazabe ari bwo burere muzaba mubahaye.”

Avuga ko nta Munyarwanda ukwiye kubaho mu buryo bw’ubugwari kuko ngo n’Imana atari byo ishaka.

Mu ijambo rye kandi yagarutse ku bibazo biri mu isi cyane cyane hagati y’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi bugana Amajyagurugu( Global North) n’ibyo mu Majyepfo(Global South).

Avuga ko mu gihe cyatambutse, abo muri Global North baje basahura abo muri South, n’ibyo babasigiye bashaka no kubibategekamo.

Perezida w’u Rwanda avuga ko ibi nta Mana wabizanamo kubera ko yo yakoze ibyo yagombaga gukora, iha abantu ibibabeshaho kandi itavanguye.

Ati: “Imana yakoze ibyayo, iraduha turangije ibyo yaduhaye tubipfusha ubusa. Ukwemera twakumvise nabi bituma ibyo dutunze biri imbere yacu, ubundi turiyicarira twibwira ko niyo ntacyo twakora ntacyo twaba.”

Avuga ko uko ibintu byaba bimeze kose, nta muntu aho yava ari ho hose ku isi ukwiye kubwira Abanyarwanda uko babaho, ahubwo ngo uwo bakwemera gutega amatwi ni uwemera ko abaha igitekerezo bakakiganiraho.

Perezida Kagame yabwiye abari baje gusengera u Rwanda ko Abanyarwanda ari bo bonyine bafite umurongo bagomba guha igihugu cyabo.

TAGGED:AbayoboziAmahorofeaturedIntambaraKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abasenateri Barasaba Inzego Guhagurukira Abuzukuru Ba Shitani
Next Article Nyagatare: Umuyobozi Mu Murenge Yafungiwe Ruswa Ya Frw 70,000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?