Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amahoro Tugomba Kuyakorera… Uguteye Iwawe Ukamenya Kwitabara- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amahoro Tugomba Kuyakorera… Uguteye Iwawe Ukamenya Kwitabara- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2024 1:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yavuze ko abantu aho bava bakagera bakunda kandi bakwiye amahoro. Ku Rwanda ho ngo ni umwihariko kuko rwigeze kuyabura bikomeye. Icyakora avuga ko amahoro akorerwa uyakeneye akamenya kwitabara igihe atewe.

Yabivugiye mu ijambo yagejeje ku bitabiriye  isengesho ngarukamwaka ryo gusabira igihugu rihuza abayobozi mu nzego zose, zaba iza Politiki n’iz’amadini bagasengera u Rwanda baruragiza Imana mu mwaka mushya uba utangiye.

Yagize ati: “ …Ubanza Abanyarwanda tuyakeneye kurusha abandi kuko twigeze no kuyabura cyane kandi kuyakorera ni uguhitamo neza, ni ugukomera, uguteye iwawe ukamenya kwitabara.”

Perezida Kagame avuga kugira ngo umuntu agire amahoro bimusaba gukora, u Rwanda rugakoresha ibyo rufite cyangwa ibyo rushobora kuvana mubo rukorana nabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yasabye kandi Abanyarwanda kwanga gukorerwamo cyangwa gukoreshwa ahubwo bakitabira gukorana nk’abafatanyabikorwa no kubahana.

Ibindi ngo ntibigomba kujya umujyo umwe, ahubwo bijya impande zombi.

Yagiriye urubyiruko rw’u Rwanda inama yo kujya rwigira ku mateka kugira ngo amasomo yayo atazaba impfabusa.

Kagame ati: “Ndabivuga nziko mbwira benshi hano bakiri bato, abazaba abayobozi muri iki gihugu kugira ngo mubyumve, mubyumve neza. Igihe muzaba ari mwe muri ku isonga, muzagaragaze ko amasomo yari ari muri ayo mateka atapfuye ubusa bityo abazabakomokaho nabo bazabe ari bwo burere muzaba mubahaye.”

Avuga ko nta Munyarwanda ukwiye kubaho mu buryo bw’ubugwari kuko ngo n’Imana atari byo ishaka.

- Advertisement -

Mu ijambo rye kandi yagarutse ku bibazo biri mu isi cyane cyane hagati y’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi bugana Amajyagurugu( Global North) n’ibyo mu Majyepfo(Global South).

Avuga ko mu gihe cyatambutse, abo muri Global North baje basahura abo muri South, n’ibyo babasigiye bashaka no kubibategekamo.

Perezida w’u Rwanda avuga ko ibi nta Mana wabizanamo kubera ko yo yakoze ibyo yagombaga gukora, iha abantu ibibabeshaho kandi itavanguye.

Ati: “Imana yakoze ibyayo, iraduha turangije ibyo yaduhaye tubipfusha ubusa. Ukwemera twakumvise nabi bituma ibyo dutunze biri imbere yacu, ubundi turiyicarira twibwira ko niyo ntacyo twakora ntacyo twaba.”

Avuga ko uko ibintu byaba bimeze kose, nta muntu aho yava ari ho hose ku isi ukwiye kubwira Abanyarwanda uko babaho, ahubwo ngo uwo bakwemera gutega amatwi ni uwemera ko abaha igitekerezo bakakiganiraho.

Perezida Kagame yabwiye abari baje gusengera u Rwanda ko Abanyarwanda ari bo bonyine bafite umurongo bagomba guha igihugu cyabo.

TAGGED:AbayoboziAmahorofeaturedIntambaraKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abasenateri Barasaba Inzego Guhagurukira Abuzukuru Ba Shitani
Next Article Nyagatare: Umuyobozi Mu Murenge Yafungiwe Ruswa Ya Frw 70,000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?