Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amahoteli Yasabye Guverinoma Kongera Kuyagoboka Ku Nguzanyo Yafashe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
PolitikiUbukungu

Amahoteli Yasabye Guverinoma Kongera Kuyagoboka Ku Nguzanyo Yafashe

admin
Last updated: 10 November 2021 11:06 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’ifungurwa ry’imirimo myinshi mu Rwanda bijyanye n’icogora ry’icyorezo cya COVID-19, amahoteli avuga ko ibikorwa byayo bitangiye kuzahuka ariko ko akiremerewe n’inguzanyo nyinshi agomba kwishyura.

Bijyanye n’imikorere itameze neza, mu minsi ishize nibwo byatangajwe ko nka The Mirror Hotel na Villa Portofino Hotel zo mu Mujyi wa Kigali, zashyizwe mu cyamunara ngo hishyurwe umwenda ba nyirazo babereyemo banki.

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo mu Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, Aimable Rutagarama, yavuze ko icyorezo cya COVID-19 kikigera mu Rwanda ingaruka zahise zigaragara ku rwego rw’amahoteli, kuko icyemezo cyabaye gufunga ibikorwa byose n’imipaka.

Abantu bari barateganyije kuza mu Rwanda cyangwa kujya mu bindi bikorwa by’ubukerargendo barabisubitse.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwo leta yashyirahago ikigega nzahurabukungu cya miliyari 100 Frw, urwego rw’amahoteli rwahawe miliyari 50 Frw zingana na 50%.

Rutagarama yavuze ko zabafashije kuvugurura inguzanyo ingana na 35%, bemererwa kwishyura ku nyungu ya 5%, bongererwa n’igihe cyo kwishyura kigera ku myaka 15, bahabwa n’igihe cyo kutishyura cy’imyaka itatu.

Gusa yakomeje ati “Hari igice cy’inguzanyo cya 35% ikigega cyabashije koroshya, ariko hari n’ikindi gice cya 65% cyasigaye, aho ufite ideni avugana na banki. Mu kwezi kwa gatandatu kuri cya gice cya 65% banki zari zitangiye kongera kwishyuza abafite amadeni.”

Ni mu gihe ngo ubucuruzi bwinshi bwari bugifunze, ku buryo abantu nta mafaranga bari bafite yo kwishyura.

Yakomeje ati “Byakomeje kuba imbogamizi ku buryo mu rwego rw’amahoteli twavuga ko yari yafashijwe, ariko ntabwo byatinze n’ubungubu ikibazo kuri icyo gice cy’inguzanyo itarunganiwe cyarakomeje.”

- Advertisement -

“Ariko twongeye kukiganiraho na Leta n’abandi baterankunga, kandi turizera ko mu cyiciro cya kabiri cy’ikigega nzahurabukungu, batwemereye ko hari ikintu bashobora kongera gukora kugira ngo icyiciro cy’amahoteli ari nacyo gifite amadeni menshi mu rwego rw’ubukerarugendo, gishobore kuzahuka no gukora mu buryo burambye.”

Rutagarama yavuze ko muri iki gihe hagenda haboneka icyizere ko ibintu bishobora kumera neza mu gihe kiri imbere, nubwo imiterere y’icyorezo genda ihindagurika.

Ati “Nibura turebye imbaraga igihugu cyashyize mu gukingira abaturage ari nabo bakiliya ba serivisi z’ubukerarugendo, turizera ko bitaba bibi ngo bigere aho byaribiri mu gihe gishize.”

Yavuze ko abakora mu bukerarugendo nabo bagomba gukoresha imbaraga kugira ngo uru rwego ruzahuke.

Rutagarama yavuze ko amafaranga yatanzwe mu cyiciro cya mbere mu kuzahura ubukerarugendo harebwe amahoteli ntibyagera ku bindi bice by’ubukerarugendo, ariko ngo ku nshuro itaha bishobora guhinduka.

Ati “Ibibazo by’umwihariko byagiye bigaragara twarabigaragaje kandi kuri iyi nshuro ndibaza ko ntabwo urwego rw’amahoteri rukora rwonyine, abayobora ba mukerarugendo, ibigo bitanga serivisi z’ingendo, bose turimo gushaka uburyo bafashwa kugira ngo twese tuzamukire hamwe hatagira abazahara kurusha abandi.”

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Urwego rw’Ubukerarugendo mu rugaga rw’abikorera, Frank Gisha, we yavuze ko hari amasomo iki cyorezo kimaze kubigisha nko kugira ubufatanye n’abafatanyabikorwa, kubahiriza amabwiriza atangwa agamije kurengera ubuzima no kwishakamo ibisubizo.

Raporo ya Banki Nkuru y’u Rwanda y’umwaka wa 2020-2021 iheruka kugaragaza ko umusaruro wa serivisi zirebana n’ubukerarugendo wakomeje kuzahazwa n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19, nka serivisi zo gutwara abantu n’ibintu zagabanyutse -11.6% zivuye kuri -2.8%, serivisi z’amahoteli na resitora zigera kuri – 36.4% zivuye kuri -9.3%, serivisi z’indege n’ingendo zo mu kirere ziba -37.6% zivuye kuri -2.0%.

Binyuze mu kigega nzahurabukungu aho urwego rw’amahoteli rwagenewe miliyari 50 Frw, hemerewe inkunga y’imari amahoteli 149 ku giteranyo cy’amafaranga angana na miliyari 42.884 Frw.

Inguzanyo z’amahoteli 139 zingana na miliyari 42.719 Frw zaratanzwe, bingana na 99.6% by’inguzanyo zemejwe.

Ibi ngo byafashije urwego rw’amahoteli gukomeza kwishyura inguzanyo.

TAGGED:Aimable RutagaramaAmahoteliCOVID-19featuredUrugaga rw'Abikorera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sinigeze Ngira Inzozi Zo Kujya Mu Gisirikare- CP Kabera
Next Article Mushikiwabo Yaganiriye Na Congo-Kinshasa Ku Mutekano Mucye Wahabaye Akarande
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?