Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amajyaruguru: Hadutse Irindi Tsinda Ribangamira Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amajyaruguru: Hadutse Irindi Tsinda Ribangamira Ubumwe Bw’Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2023 10:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iri tsinda ryo si Abakono ahubwo ni Abasuka, bakaba bakorera mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Giti.

Mu nama iherutse guhuza abayobozi mu nzego zitandukanye bakorera mu Karere ka Gicumbi no mu Ntara y’Amajyaruguru niho havugiwe iby’abo ‘Basuka’.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde niwe wabivuze bwa mbere; avuga ko bashinze amashyirahamwe ashingiye ku ivangura, guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mugabowagahunde yagize ati: “ Hano i Gicumbi, hari ibyo twabonye nk’ibishya aho baduhaye urugero rw’abitwa Abasuka bo mu Murenge wa Giti, bafashe umunsi umwe bakora urugendo bavuga ko bagiye gusimbura Umukuru w’Umudugudu.”

Avuga ko amacakubiri ari muri Gicumbi agaragara  mu buyobozi, mu rubyiruko no mu madini n’amaterero.

Uyu muyobozi avuga ko muri kiriya gice hakiri ibibazo yise ko ‘bikomeye cyane’ byo guhakana no gupfobya Jenoside, cyane cyane mu rubyiruko, mu bayobozi ndetse no mu Bihayimana.

Abo bantu ngo bararenga bakavuga ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri( Double Genocide ideology) kandi ibi biri mu by’ibanze bibangamiye ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Abasuka bo muri Gicumbi ngo bashinga ikibina bakurikije uko biyumvanamo.

Guverineri Mugabowagahunde ati: “Hari kandi amashyirahamwe, ibimina n’ibindi usanga byubaka bihereye ku matsinda uko abantu bavutse, aho bakomoka, imiryango migari yumva ko yashyiraho amashyirahamwe yabo, ndetse n’inzego zifata ibyemezo zumva ko zasimbura izashyizweho na Leta”.

Musenyeri Musengamana Papias, Umushumba wa Diyosezi ya Byumba wari witabiriye iriya nama avuga ko abantu bagomba kwigishwa bakumva ko ubumwe buruta byose.

Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Uwacu Julienne mu kiganiro yatanze cya Ndi Umunyarwanda, yasabye buri wese kugira umuco wo guca burundu ibitanya Abanyarwanda.

Uwacu yavuze ko Abanyarwanda basangiye umuco n’amateka bityo ko bakwiye kubana amahoro mu nyungu rusange.

Amakuru atangazwa na Kigali Today avuga ko hari abayobozi bo muri Gicumbi bari gukurikiranwa kubera kubiba amacakubiri, ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda.

Kugeza ubu ibyabo ntibirashyirwa ku mugaragaro.

Ifoto: Guverineri w’Amajyaruguru Maurice Mugabowagahunde 

TAGGED:AmacakubirifeaturedGicumbiUbwoko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyungwe Ikomeje Kuba Indiri Y’Ibinyabuzima Bishya
Next Article Ubufatanye Bw’u Rwanda Na Qatar Bwageze Mu Ikoranabuhanga Mu Itumanaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?