Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amajyaruguru: Hadutse Irindi Tsinda Ribangamira Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amajyaruguru: Hadutse Irindi Tsinda Ribangamira Ubumwe Bw’Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2023 10:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iri tsinda ryo si Abakono ahubwo ni Abasuka, bakaba bakorera mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Giti.

Mu nama iherutse guhuza abayobozi mu nzego zitandukanye bakorera mu Karere ka Gicumbi no mu Ntara y’Amajyaruguru niho havugiwe iby’abo ‘Basuka’.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde niwe wabivuze bwa mbere; avuga ko bashinze amashyirahamwe ashingiye ku ivangura, guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mugabowagahunde yagize ati: “ Hano i Gicumbi, hari ibyo twabonye nk’ibishya aho baduhaye urugero rw’abitwa Abasuka bo mu Murenge wa Giti, bafashe umunsi umwe bakora urugendo bavuga ko bagiye gusimbura Umukuru w’Umudugudu.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko amacakubiri ari muri Gicumbi agaragara  mu buyobozi, mu rubyiruko no mu madini n’amaterero.

Uyu muyobozi avuga ko muri kiriya gice hakiri ibibazo yise ko ‘bikomeye cyane’ byo guhakana no gupfobya Jenoside, cyane cyane mu rubyiruko, mu bayobozi ndetse no mu Bihayimana.

Abo bantu ngo bararenga bakavuga ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri( Double Genocide ideology) kandi ibi biri mu by’ibanze bibangamiye ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Abasuka bo muri Gicumbi ngo bashinga ikibina bakurikije uko biyumvanamo.

Guverineri Mugabowagahunde ati: “Hari kandi amashyirahamwe, ibimina n’ibindi usanga byubaka bihereye ku matsinda uko abantu bavutse, aho bakomoka, imiryango migari yumva ko yashyiraho amashyirahamwe yabo, ndetse n’inzego zifata ibyemezo zumva ko zasimbura izashyizweho na Leta”.

- Advertisement -

Musenyeri Musengamana Papias, Umushumba wa Diyosezi ya Byumba wari witabiriye iriya nama avuga ko abantu bagomba kwigishwa bakumva ko ubumwe buruta byose.

Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Uwacu Julienne mu kiganiro yatanze cya Ndi Umunyarwanda, yasabye buri wese kugira umuco wo guca burundu ibitanya Abanyarwanda.

Uwacu yavuze ko Abanyarwanda basangiye umuco n’amateka bityo ko bakwiye kubana amahoro mu nyungu rusange.

Amakuru atangazwa na Kigali Today avuga ko hari abayobozi bo muri Gicumbi bari gukurikiranwa kubera kubiba amacakubiri, ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda.

Kugeza ubu ibyabo ntibirashyirwa ku mugaragaro.

Ifoto: Guverineri w’Amajyaruguru Maurice Mugabowagahunde 

TAGGED:AmacakubirifeaturedGicumbiUbwoko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyungwe Ikomeje Kuba Indiri Y’Ibinyabuzima Bishya
Next Article Ubufatanye Bw’u Rwanda Na Qatar Bwageze Mu Ikoranabuhanga Mu Itumanaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?