Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amajyaruguru: Hadutse Irindi Tsinda Ribangamira Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amajyaruguru: Hadutse Irindi Tsinda Ribangamira Ubumwe Bw’Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2023 10:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iri tsinda ryo si Abakono ahubwo ni Abasuka, bakaba bakorera mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Giti.

Mu nama iherutse guhuza abayobozi mu nzego zitandukanye bakorera mu Karere ka Gicumbi no mu Ntara y’Amajyaruguru niho havugiwe iby’abo ‘Basuka’.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde niwe wabivuze bwa mbere; avuga ko bashinze amashyirahamwe ashingiye ku ivangura, guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mugabowagahunde yagize ati: “ Hano i Gicumbi, hari ibyo twabonye nk’ibishya aho baduhaye urugero rw’abitwa Abasuka bo mu Murenge wa Giti, bafashe umunsi umwe bakora urugendo bavuga ko bagiye gusimbura Umukuru w’Umudugudu.”

Avuga ko amacakubiri ari muri Gicumbi agaragara  mu buyobozi, mu rubyiruko no mu madini n’amaterero.

Uyu muyobozi avuga ko muri kiriya gice hakiri ibibazo yise ko ‘bikomeye cyane’ byo guhakana no gupfobya Jenoside, cyane cyane mu rubyiruko, mu bayobozi ndetse no mu Bihayimana.

Abo bantu ngo bararenga bakavuga ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri( Double Genocide ideology) kandi ibi biri mu by’ibanze bibangamiye ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Abasuka bo muri Gicumbi ngo bashinga ikibina bakurikije uko biyumvanamo.

Guverineri Mugabowagahunde ati: “Hari kandi amashyirahamwe, ibimina n’ibindi usanga byubaka bihereye ku matsinda uko abantu bavutse, aho bakomoka, imiryango migari yumva ko yashyiraho amashyirahamwe yabo, ndetse n’inzego zifata ibyemezo zumva ko zasimbura izashyizweho na Leta”.

Musenyeri Musengamana Papias, Umushumba wa Diyosezi ya Byumba wari witabiriye iriya nama avuga ko abantu bagomba kwigishwa bakumva ko ubumwe buruta byose.

Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Uwacu Julienne mu kiganiro yatanze cya Ndi Umunyarwanda, yasabye buri wese kugira umuco wo guca burundu ibitanya Abanyarwanda.

Uwacu yavuze ko Abanyarwanda basangiye umuco n’amateka bityo ko bakwiye kubana amahoro mu nyungu rusange.

Amakuru atangazwa na Kigali Today avuga ko hari abayobozi bo muri Gicumbi bari gukurikiranwa kubera kubiba amacakubiri, ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda.

Kugeza ubu ibyabo ntibirashyirwa ku mugaragaro.

Ifoto: Guverineri w’Amajyaruguru Maurice Mugabowagahunde 

TAGGED:AmacakubirifeaturedGicumbiUbwoko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyungwe Ikomeje Kuba Indiri Y’Ibinyabuzima Bishya
Next Article Ubufatanye Bw’u Rwanda Na Qatar Bwageze Mu Ikoranabuhanga Mu Itumanaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?