Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amakoperative Agiye Gushyiraho Urwego Rukumira Inyerezamutungo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Amakoperative Agiye Gushyiraho Urwego Rukumira Inyerezamutungo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 November 2023 9:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gukumira inyereza ry’umutungo w’Amakoperative, Urwego ruyashinzwe( RCA) rwatumije abayayobora mu Ntara no mu Mujyi wa Kigali kugira ngo barebere hamwe uko hashyirwaho urwego rubishinzwe.

Mu gihe gito kiri imbere ngo hazashyirwaho Ihuriro rifite ububasha bwo gukumira inyerezwa ry’umutungo w’abanyamuryango b’Amakoperative hirya no hino mu Rwanda.

Umuyobozi Mukuru wa RCA, Dr. Mugenzi Patrice avuga ko gushyiraho ririya Huriro byatewe n’uko hari ahagaragaye imicungire mibi y’umutungo w’abanyamuryango, bikagaragarira mu kwikubira uwo mutungo bikozwe na bamwe mu bayobozi.

Avuga ko bagenzuye basanga hari koperative nyinshi zahindutse  akarima k’abayobozi bayo.

Nibo bafata ibyemezo ntawe bagishije inama bigatuma bananyereza umutungo nkana ntihagire ubavuga.

Asanga gushyiraho iryo huriro byazakoma mu nkokora abo bayobozi gito.

Dr.Mugenzi  avuga ko inzego z’ubuyobozi amakoperative asanzwe afite zitazavaho ariko zizaba zifite urwego ruzikuriye rufite ububasha rwo guca no gukumira iyo micungire idahwitse.

Ati: ”Ba Perezida nibo babaye ba nyiri makoperative, iri huriro niritangira gukora rizabakebura rifate n’ibyemezo bikomeye”

Umuyobozi wungirije ushinzwe Iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Kamonyi, Niyongira Uzziel yabwiye bagenzi ba UMUSEKE ko iryo huriro rizakorana  n’nzego z’ubuyobozi ku Karere zifatanyije n’inzego zishinzwe umutekano.

Umuyobozi wungirije ushinzwe Iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Kamonyi, Niyongira Uzziel

Hejuru y’ibi kandi hiyongeraho ikizere ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bufitiye iyi gahunda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Intara y’Amajyepfo, Bikomo Alfred avuga ko bafite ikizere ko ibibazo by’imicungire mibi mu makoperative  bigiye gukemuka.

Imwe mu nshingano z’abazaba bagize ririye huriro ni ugukemura amakimbirane mu banyamuryango hagamijwe ko bakomeza kunga ubumwe no guteza imbere Koperative yabo.

Mu Rwanda hari amakoperative arenga 10000  arimo abanyamuryango basaga miliyoni 5.

TAGGED:AmakoperativeKunyerezaMugenziUmutungo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusirikare W’Uburundi Waguye Muri DRC Yashyinguwe
Next Article Umushinwa Wubatse Umuhanda Rwandex-Kanogo Yarawusondetse- MININFRA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?