Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amasezerano Ya Gisirikare Hagati Ya Uganda Na Misiri Ahishe Iki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Amasezerano Ya Gisirikare Hagati Ya Uganda Na Misiri Ahishe Iki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2021 6:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uganda Na Misiri basinye amasezerano yo guhanahana amakuru y’ubutasi bwa gisirikare.  Aya masezerano asinywe nyuma y’uko Misiri na Ethiopia ndetse na Sudani binaniwe kugira icyo byemeranywaho ku byerekeye urugomero ruri kubakwa na Ethiopia, ruzakoresha amazi menshi ya Nili.

Ibiganiro hagati y’ibihugu byose birebwa na kiriya kibazo biherutse kubera muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, umuhuza akaba yari Perezida Tshisekedi.

Nyuma yo kubona ko ibiganiro bisa nibyanze, igisirikare cya Misiri cyatangije uburyo bwo gushaka andi maboko ashobora kuzagifasha bibaye ngombwa ko kinjira mu ntambara yeruye na Ethiopia.

Itsinda ryavuye mu Misiri rije muri Uganda gusinya ariya masezerano yo guhanahana amakuru mu butasi bwa gisirikare ryari riyobowe na Major-General Sameh Saber El-Degwi.

Itangazo ryasohowe na Minisiteri y’ingabo za Uganda rivuga ko ‘gusinyana amasezerano na Misiri arebana n’ubufatanye mu kurinda amazi ya Nili bifitiye Uganda akamaro kuko icyagira ingaruka kuri Misiri bitewe n’ikoreshwa nabi ry’amazi ya Nili cyazigira no kuri Uganda.’

Igice cy’amazi ya Nili kitwa Nil Blanc( White Nile) gifite isoko muri Uganda kandi muri iki gice niho haturuka amazi ya Nili Misiri ikenera ku kigero cya 80%.

Iki gice cya Nili gisohoka mu Kiyaga cya Victoria.

Uganda yatangaje ko izakora bya hafi na Misiri mu guhanahana amakuru kuri kiriya kibazo.

Iyo witegereje uko ibintu biri kugenda muri iki gihe, ubona ko iby’uriya mugezi bidakemuwe mu mahoro mu maguru mashya, intambara ishobora kurota.

Kimwe mu bibyerekana ni uko Misiri iherutse gusinyana andi masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare na Sudani.

Nili y’Umweru ifite isoko muri Uganda

Nyuma yo kuyasinya, ibihugu byombi byakoranye imyitozo ya gisirikare, igamije kurushaho gutyaza ingabo zabyo no kuzibutsa uko urugamba rurema.

Bisa n’aho bwari uburyo bwo guha gasopo Ethiopia.

Ikindi ni uko Perezida wa Misiri Bwana Abdel Fatha Al Sisi aherutse kongera kubuira Ethiopia ko ‘agapfa kaburiwe ari impongo’

Yagize ati: “ Ndagira ngo mbwire abavandimwe bacu bo muri Ethiopia ko ibyiza ari ukwirinda ko Misiri yagera ku rwego rwo guhaguruka ngo hatagira uyikorera ku mazi. Ariko nanone ibint u byose birashoboka gusa amahoro n’ubwumvikane nibyo byiza kurushaho.”

Ku rundi ruhande ariko, Ethiopia ni ‘simbikwangwa’ kuko ikomeje kubaka urugemero rwayo, igatanga impamvu z’uko itabura kubyaza umusaruro amazi aca ku butaka bwayo kandi ikemeza ko ruriya rugomero nirwuzura ruzagirira na Misiri akamaro.

TAGGED:EthiopiafeaturedMisiriNiliUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Moto Zikoresha Amashanyarazi ‘Zigiye Kwiganza’ Mu Rwanda
Next Article Muri Tchad Zari Zihinduye Imirishyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?