Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amaso Yerekejwe Kuri Zimbabwe Mu Gushakisha Protais Mpiranya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Amaso Yerekejwe Kuri Zimbabwe Mu Gushakisha Protais Mpiranya

admin
Last updated: 24 October 2021 3:15 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rwasimbuye Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT), rwatangaje ko urugendo rwo gushakisha Protais Mpiranya ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rukomeje, ndetse amaso yerekejwe ku gihugu cya Zimbabwe.

Raporo y’ibikorwa by’Urwego hagati ya tariki 1 Nyakanga 2020 na 30 Kamena 2021 ivuga ko nyuma y’ifatwa rya Félicien Kabuga no kwemeza urupfu rwa Augustin Bizimana wabaye Minisitiri w’Ingabo, Ubushinjacyaha burimo gushakisha abarimo Mpiranya wayoboye abasirikare barindaga Perezida Juvenal Habyarimana, na Fulgence Kayishema.

Iyo raporo iheruka gushyikirizwa Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye igaragaza ko imbogamizi ikomeye bahura nayo mu kubashakisha ari ukubura ubufatanye bw’ibihugu bikekwa ko bihishemo.

Hari aho igira iti “By’umwihariko, Kayishema akomeje kwihishahisha kubera ko Afurika y’Epfo yananiwe gutanga umusanzu wayo. Ntabwo ibintu byigeze bihinduka, cyane ko n’ubusabe buheruka bw’uko hajya hatangwa amakuru mu buryo buhoraho butigeze busubizwa.”

Ivuga ko Ubushinjacyaha bufite gahunda yo kujya Pretoria mu gihe cya vuba, mu gukomeza gusaba ubufatanye mu gufata abashakishwa bakekwaho uruhare muri Jenoside.

Raporo kandi ivuga ko hakomeje ibikorwa byo gushakisha aho Mpiranya yaba aherereye ngo afatwe. Muri ibyo byose ngo hari amakuru y’ibanze akomeje gukurikiranwa.

Iti “Mu gihe cyatangiwe raporo, Ibiro by’Ubushinjacyaha byongereye imikoranire n’ubuyobozi bwa Zimbabwe. Byishimira uburyo bwongeye gushimangira ubufatanye bwuzuye kandi butanga umusaruro.”

“Ibiro byishimiye ibiganiro byagiranye n’itsinda ryashyizweho na Guverinoma ya Zimbabwe ngo rifashe mu bijyanye n’iperereza ndetse byohereje ubundi busabe bitekereza ko buzubahirizwa.”

Raporo ishimangira ko Umushinjacyaha mukuru ategerejwe mu murwa mukuru Harare, mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru bigamije kurushaho gushakisha Mpiranya.

Leta zunze Ubumwe za Amerika yashyizeho igihembo cya miliyoni $5 ku muntu wese uzatanga amakuru azatuma abantu bari ku rutonde rw’abashakishwa, batabwa muri yombi.

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz, aheruka kuvuga ko mu gushakisha abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, igipimo bacyerekeje kuri Mpiranya kandi bizeye ko amaperereza azatanga umusaruro.

Ni mu ijambo yagejeje ku kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku wa 8 Kamena 2021.

Yakomeje ati “By’umwihariko, turimo guperereza ku bijyanye no kuba Mpiranya, hejuru y’ibyaha bye muri Jenoside, mu myaka makumyabiri ishize yaba yaragize uruhare mu bindi byaha bikomeye. Dufite impamvu ituma dutekereza ko yakoze ubucuruzi yifashishije amafaranga yabonetse mu buryo butemewe.”

Mpiranya afatwa nk’umwe mu batanze itegeko ryo kwica Uwilingiyimana Agathe wari Minisitiri w’Intebe, abasirikare 10 b’Ababiligi bamurindaga n’abandi banyapolitiki bakomeye bicanwe n’imiryango yabo Jenoside igitangira.

Inyandiko zisaba ifatwa rya Mpiranya w’imyaka 60 zimurega ibyaha birimo icyaha cya Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu, itoteza n’ibindi bikorwa bitari ibya kimuntu.

TAGGED:featuredJenosideJuvenal HabyarimanaProtais Mpiranya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tumaze Imyaka 28 Nta Mbasa Irangwa Mu Rwanda – Minisitiri Ngamije
Next Article Ngeze Mu Rwanda Numvise Byose Bihindutse: Ubuzima Bukomeye Bwa Michiko Honda Mu Gitabo Yanditse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?