Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amavubi Y’Abagore Yishimiye Kunganya Na Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Amavubi Y’Abagore Yishimiye Kunganya Na Uganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 July 2023 6:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mukino wo gushaka itike yo kujya mu mikino Olempike izabera i Paris mu Bufaransa  mu mwaka wa 2024, ikipe y’u Rwanda y’Abagore ikina umupira w’amaguru yaraye inganyije na Uganda ibitego 3-3.

Hari mu mukino ubanza.

umukino watangiye saa kumi z’amanywa kuri Kigali Pelé Stadium.

N’ubwo uyu mukino wakiniwe mu Rwanda, mu by’ukuri Uganda ni yo yari yakiriye kuko nta Stade ifite yemewe na CAF.

Mu ntangiriro z’umukino Uganda yihariye umupira irasatira cyane ariko umunyezamu w’u Rwanda, Ndikimana Angeline ayibera ibamba.

Ikipe  y’u Rwanda yakomeje kotswa igitutu, ariko iza kubona igitego ku munota wa 33 cyatsinzwe na Mukahirwa.

Ntabwo ibyishimo by’Abanyarwanda[kazi] byatinze kuko ku munota wa 45 wongeyeho iminota itatu y’inyongera,  Uganda yatsinze igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Nyinagahirwa Shakira.

Hari  ku mupira yatereye kure.

Igice cya mbere cyarangiye gityo.

Ubwo icya kabiri cyatangiraga, amakipe  yasimbuje abakinnyi u Rwanda rukuramo Umwali Uwase Dudja asimburwa na Usanase Zawadi, Uganda ikuyemo Kunihira Margret asimburwa na Nalugya Shamirah.

Izi mpinduka ntizatinze kugaruka u Rwanda kubera ko munota wa 50 w’umukino, Nassuna Hasifah yatsinze u Rwanda igitego cya kabiri nyuma ya penaliti yaturutse ku ikosa ryakozwe na Najjemba Fauzia.

Abanyarwandakazi ntibacitse intege kuko bakomeje gukina bashaka gukoresha amakosa ba myugariro ba Uganda biza kubahira kuko ku munota wa 64 Nibagwire Libelée yatsinze igitego cya kabiri nyuma y’ikosa ryari rikorewe Imanizabayo Florence.

U Rwanda rwahise rwumva ko ibintu biri bube byiza kubera ko kunganya ibitego 2-2 byari bivuze ko u Rwanda ruzakira umukino wo kwishyura.

Nyuma yo kubona igitego cyo kwishyura umutoza w’ikipe y’u Rwanda Nyinawumuntu Grâce  yakoze impinduka mu izamu akuramo Ndakimana Angéline wari wababaye azimbuzwa Uwamahoro Diane.

Bikirangiza kuba Uganda yahise ibona igitego cya gatatu cyatsinzwe na Ikwaput Fazila wari wagiyemo asimbuye.

Bidatinze Abanyarwandakazi nabo bahise binjiza ikindi gitego cyatsinzwe ku munota wa 86 bikozwe na Usanase Zawadi.

Iminota 90 yarangiye amakipe yombi anganyije ibitego 3-3, umukino urangira utyo.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe ku Kabiri tariki 18, Nyakanga, 2023 nawo ubere kuri Kigali Pelé.

Ikipe izatsinda indi izahura na Cameroun.

Ababanjemo ku mpande zombi:

Uganda XI: Aturo Ruth, Nakacwa Samalie, Komuntale Sumaya, Nantongo Aisha, Nankya Shadia, Nabirye Joan, Nassuna Hasifah, Nyinagahirwa Shakira, Nabweteme Sandra, Najjemba Fauzia, Kunihira Margret.

Rwanda XI: Ndakimana Angeline, Mukantaganira Roselyne, Uwase Lydia, Uwase Andersène, Mukahirwa, Nibagwire Sifa Gloria, Mukeshimana Dorothée, Umwali Uwase Dudja, Kayitesi Alodie, Imanizabayo Florence, Nibagwire Libelée.

 

TAGGED:AbagoreAbanyarwandakaziAmavubiofeaturedIkipeKigaliPeleUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinwa Burashaka Kohereza Abahanga Ku Kwezi Kwiga Uko Guteye
Next Article Umuryango W’Abibumbye Wahembye Umugore Wa Perezida W’u Burundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?