Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amavubi Yatashye, Ibyaranze Umukino Birababaje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Amavubi Yatashye, Ibyaranze Umukino Birababaje

taarifa@media
Last updated: 01 February 2021 1:51 pm
taarifa@media
Share
SHARE

Kuri Stade ya Limbe muri Cameroon, niho hakiniwe umukino wasozaga indi yose ya ¼ cya CHAN 2020, aho ikipe y’igihugu ya Guinea (Syli National) yabashije kwitwara neza imbere y’Amavubi y’ u Rwanda kugitego 1-0

Ni umukino wagaragayemo guhangana cyane n’amakosa menshi ku mpande zombi kuko hatanzwe amakarita 5 y’umuhondo na 2 atukura.

Kumunota wa 6 w’umukino, Amavubi yabonye amahirwe ya mbere aganisha ku gitego, aho Imanishimwe Emmanuel yateye umupira yerekeza kuri Tuyisenge Jacques na Nshuti Savio bari bahagaze ku murongo umwe, ariko Tuyisenge ateye umupira uca hejuru y’izamu gato.

Ku munota wa 14, Mory Kante ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya Guinea yahawe ikarita itukura azira kuvuna Tuyisenge Jacques, wahise asohoka mu kibuga agasimburwa na Sugira Ernest.

Nubwo Guinea bari basigaye ari abakinyi 10 mu kibuga ntabwo Amavubi yabihereyeho ngo abyaze umusaruro icyuho cyari mu ikipe ya Guinea.

Ku munota wa 29, Sugira Ernest yahawe ikarita y’umuhondo azira gukinira nabi umunyezamu wa Guinea ‘Moussa Camara’ bagonganye barwanira umupira muremure wari watewe na Imanishimwe Emmanuel.

Ku munota wa 31 Hakizimana Muhadjiri yahawe ikarita y’umuhondo, kubwo gukubita inkokora myugariro wa Guinea Abdoulaye Naby Camara.

Ku munota wa 34 Kalisa Rachid wagize imvune yisubiriye, yasimbuwe na Twizerimana Martin Fabrice, hari ku nshuro ya kabiri umutoza w’ Amavubi Mashami Vincent yari asimbuje abakinnyi mu buryi atateguye mbere y’umukino.

Ku munota wa 41 Sugira Ernest yateye umupira ugarurwa n’igiti cy’izamu nyuma yo guhererekanya neza hagati ye na Hakizimana Muhadjiri.

Iminota 45 y’igice cya mbere yarangiye ntawubashije kureba mu izamu rya mugenzi we, amakipe yombi anganya ubusa ku busa, ariko atanganya umubare w’abakinyi mu kibuga.

Umukino wahinduye isura ku munota wa 56 Ubwo umunyezamu w’Amavubi Kwizera Olivier yahabwaga ikarira y’umutuku kubera ikosa yakoreye Morlaye Syila wa Guinea, Lague Byiringiro yahise asimburwa na Kimenyi Yves, arinako gusimbuza kw’amavubi kwahise kurangira kuko umubare w’abasimbura wari wuzuye.

Ku munota wa 60 Morlaye Syla yahise abona igitego cya mbere cya Guinea ubwo umukino wari usubukuwe agahana ikosa, ateye umupira uruhukira mu rushundura rw’izamu rya Kimenyi Yves.

Ku munota wa 66 Nshuti Dominique Savio yateye umupira n’umutwe, ugarurwa n’umutambiko w’izamu rya Guinea.

Ku munota wa 82 Sugira ernest yabonye uburyo bw’igitego ku mupira yari ahawe na Nshuti Savio, ariko ufatwa neza n’umunyezamu Moussa Camara.

Ku munota wa 86 Ousmane Camara wa Guinea yahawe umupira mwiza na Mohammed Coumbassa, awutereye mu Metero Eshanu uvuye ku izamu, uca hejuru.

Ku munota wa Gatatu muri itanu yongerewe kuri 90 isamzwe y’umukino, Nshuti Savio yateye mu izamu rya Guinea umupira yari ahawe na Imanishimwe Emmanuel, ariko yasifurwa ko yari yararaririye.

Umukino warangiye Syli National ya Guinea itsinze Amavubi y’ u Rwanda igitego kimwe ku busa, iba ikipe ya kane yabonye itike ya kimwe cya kabiri cy’irangiza (1/2).

Amakipe y’ibihugu azakina muri ½ cya CHAN 2020, ni Guinea yasezereye uRwanda, Mali yasezereye Congo Brazaville, Cameroon yasezereye DR Congo ikanaba igihugu cyakiriye irushanwa, ndetse na Maroc yasezereye Zambia, ikanaba igihugu gifite igikombe giheruka.

Ababanje mu kibuga ku mpande zombi:

Rwanda:
Olivier Kwizera (GK), Fitina Omborenga, Ange Mutsinzi, Emery Bayisenge, Emmanuel Imanishimwe, Olivier Niyonzima, Rashid Kalisa, Muhadjiri Hakizimana, Dominique Savio Nshuti,Jacques Tuyisenge (C), Lague Byiringiro

Guinea:
Moussa Camara (GK), Mohamed Bangoura, Naby Camara (C),Abdoulaye Naby Camara,Ibrahima Sory Doumbouya, Mory Kanté,Mohammed Coumbassa, Morlaye Sylla,Victor Kantabadouno, Gnagna Yakhouba Barry, Alpha Oumar Sow.

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyorezo Cya COVID-19 Cyatweretse Ko Twese Dushoboye Ibikorwa By’ubutwari – Kagame
Next Article Christopher Yatunguwe N’umukunzi We Bwambere Yerekana Ko Ari Mu Rukundo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?