Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amavubi Yateye Abanyarwanda Akanyamuneza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Amavubi Yateye Abanyarwanda Akanyamuneza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 November 2024 7:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame yari kumwe na Minisitiri wa Siporo Richard Nyirishema na Perezida wa FERWAFA Alphonse Munyantwari
SHARE

Ikipe y’igihugu Amavubi yaraye iteye Abanyarwanda n’Umuyobozi wabo Paul Kagame akanyamuneza nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu ya Djibouti ibitego bitatu ku busa.

Hari mu mukino wo kwishyura mu ijonjora rya mbere, mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu 2024.

Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Kane, wakurikiraga ubanza wabaye tariki 27 Ukwakira 2024, uyu amavubi akaba yarawutsinzwe igitego 1-0.

Abanyarwanda bararakaye kuko batiyumvishaga uko ikipe ya Djibouti yabatsindira iwabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku mukino wabaye kuri uyu wa Kane rero Amavubi yaje yiyemeje kwikuraho icyo gisebo kandi koko yabikoze atsinda ibitego 3-0.

Ku rwego rw’isi Djibouti iri ku mwanya wa 192.

Kugira ngo Amavubi atsinde byabaye ngombwa ko hagira ibikosorwa.

Ibyo birimo ko buri wese yakinnye mu mwanya asanzwemo ndetse umutoza akuramo bamwe ashyiramo abandi.

Abafana batashye bishimye

Mu izamu habanjemo Gad Muhawenayo aho kuba Niyongira Patience, hagati Ngabonziza Pacifique akina yugarira mu gihe Ruboneka Jean Bosco wahakinishijwe ubushize yakinaga hagati asatira, Mugisha Gilbert bita Barafinda nawe yabanje mu kibuga, Mbonyumwami Taiba, Byiringiro Gilbert, Niyigena Clement, Nshimiyimana Yunusu, Muhire Kevin ndetse na Dushiminana Olivier nabo bakina neza ku myanya bamenyereye.

- Advertisement -

Amavubi yatangiye umukino ikina neza ishyigikiwe n’abafana maze ku munota wa cumi Ruboneka Jean Bosco azamukana umupira hagati acenga, awucomekera Dushiminana Olivier wari wamaze kugera mu rubuga rw’amahina, uyu  ashaka kuwushyira mu buryo bwiza akoraho gato uhita ugenda unyura ku munyezamu, Sulait Lumiya Amavubi abona igitego cya mbere atyo.

Ku munota wa 24, Dushimimana Olivier yakuye umupira hagati acengacenga abakinnyi ba Djibouti, anyura ku ruhande awugarura mu kuguru ibumoso, yitegera izamu maze atera ishoti rikomeye umunyezamu Sulait Luyima, ntiyabasha kuwukuramo kiba igitego cya kabiri.

Cyahise kiba igitego cya kabiri ku Amavubi ariko kiba n’icya kabiri gitsinzwe na Dushimimana Olivier.

Ubwo igice cya kabiri cyatangiraga, nibwo Perezida Kagame yahise ahasesekara.

Bisa n’ibyazamuye Moral y’abakinnyi b’Amavubi ndetse n’abafana muri rusange.

Abashinzwe kurinda Perezida Kagame bari bageze kuri Stade Amahoro mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane kare kare!

Ubwo Kagame yahageraga, abakinnyi b’Amavubi bakomeje gukina neza ndetse ku rundi rwego.

Byabateye akanyabugabo ku buryo bahushije ibitego birenze kimwe.

Umutoza w’Amavubi, mu bihe bitandukanye yakuyemo Mbonyumwami Taiba wavunitse, akuramo Byiringiro Gilbert, Mugisha Gilbert na Dushiminana Olivier maze ashyiramo Twizerimana Onesme, Fitina Omborenga, Tuyisenge Arsene na Iraguha Hadji.

Tuyisenge Arsene niwe watsinda igitego cya gatatu mu buryo bworoshye, iminota itatu yongereweho yarangiye Amavubi atsinze ibitego 3-0.

Amavubi yakinnye neza mu buryo bwashimishije benshi

U Rwanda rwahise rusezerera Djibouti ku giteranyo cy’ibitego 3-1 mu mikino ibiri.

Ruzahura n’ikipe izakomeza hagati ya Kenya na Sudani y’Epfo aho mu mukino ubanza Sudani y’Epfo yatsinze 2-0.

TAGGED:AmahoroAmavubiDjiboutifeaturedKagameStade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muheto Yemeye Ibyaha Aregwa Uretse Kimwe
Next Article U Rwanda Rwatsindiye Kuba Icyicaro Cy’Ikigo Nyafurika Cy’Imiti
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?