Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amavubi Yazamutse Ku Rutonde Rwa FIFA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Amavubi Yazamutse Ku Rutonde Rwa FIFA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 April 2024 11:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amavubi yazamutse ho imyanya ibiri ku rutonde ngarukakwezi rw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi, FIFA. Ni umwanya wazamutse nyuma kwitwara neza mu mikino ibiri ya gicuti rwakinnye muri Werurwe, 2024.

Uru rutonde rwasohotse kuri uyu wa Kane taliki 04, Mata, 2024.

Ikipe y’Igihugu yazamutseho imyanya ibiri kuko yaje ku mwanya wa 131 n’amanota 1112.44 mu gihe ku rutonde ruheruka gusohoka tariki 15,  Gashyantare,  2024 Amavubi yari yaje ku mwanya wa 133 n’amanota 1170.04.

Muri Werurwe, Amavubi yakinnye imikino ibiri ya gicuti, atsinda umwe anganya undi.

Uwo banganyije ni uwo bakinnye na Botswana taliki 02, Werurwe, 2024, undi bawutsinda Madagascar ibitego 2-0, ho hari taliki 25, Werurwe, 2024.

Ku rwego rw’isi Argentina ni iyo ya mbere, u Bufaransa ni ubwa kabiri, hagakurikiraho u Bubiligi, u Bwongereza, Brésil, Portugal , u Buholandi, Espagne, u Butaliyani na Croatia.

Igihugu cya mbere muri Afurika ni Maroc, igakurikirwa na Senegal, Nigeria, Misiri, Côte d’Ivoire, Tunisia, Algeria, Mali, Cameroon na Afurika y’Epfo.

Igihugu cyo mu Karere u Rwanda ruherereyemo cyaje ku mwanya w’imbere ni DRC iri ku mwanya wa 63, Uganda ikaba ku mwanya wa 92, Kenya ikaza ku mwanya wa 107, Tanzania ikaza ku mwanya wa 119 naho Uburundi bukaza kuwa 140.

Ibindi bihugu byazamuye urwego ni Indonésie yazamutse ho imyanya umunani(8) ndetse aba ari na cyo gihugu cyazamutseho amanota menshi (30.04), na ho Vietnam isubira inyuma ho imyanya myinshi (10), itakaza amanota (30.04).

Hagati aho Amavubi ari kwitegura imikino y’umunsi wa gatatu n’uwa kane yo gushaka tike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 u Rwanda ruzasuramo Bénin na Lesotho muri Kamena uyu mwaka.

Icyakora Bénin iherutse gutangaza ko itazakirira Amavubi iwayo.

Hari amakuru avuga ko uwo mukino ushobora kuzabera muri Côte d’Ivoire .

U Rwanda ruracyayoboye itsinda C n’amanota ane, nyuma y’imikino y’umunsi wa mbere n’uwa kabiri rwatsinzemo Afurika y’Epfo ibitego 2-0 n’uwo rwanganyijemo na Zimbabwe 0-0, iyi mikino ikaba  yombi yabereye i Huye mu Ugushyingo 2023.

TAGGED:AmavubifeaturedFIFAImikinoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DJ Sonia Yapfushije Musaza We
Next Article Kicukiro: Umugabo Aravugwaho Kwica Nabi Umugore We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?