Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi W’u Bushinwa Mu Rwanda Ucyuye Igihe Yasezeye Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ambasaderi W’u Bushinwa Mu Rwanda Ucyuye Igihe Yasezeye Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2022 3:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rao Hongwei wari Ambasaderi w’u Rwanda yakiriwe na Perezida Kagame mu Biro bye kugira ngo amusezereho kuko yushe ikivi cye mu Rwanda.

Perezida Kagame yamusezeyeho mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Mbere taliki 21, Werurwe, 2022.

Mu kiganiro uwari Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda Bwana Rao Hongwei yigeze guha Taarifa mu mezi yashize yavuze gukorana n’u Rwanda ari ikintu kiza kuko ibihugu byombi bifite icyerekezo kimwe.

Yamwakiriye mu Biro bye

Ni icyerekezo cyo guteza imbere abaturage babyo kandi bakaba abaturage bafite ukwishyira ukizana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri Nzeri, 2021,  Perezida Paul Kagame yashimye umusaruro w’umubano w’imyaka 50 u Rwanda rufitanye n’u Bushinwa, ashimangira ko intego ari ukuwuteza imbere kurushaho mu myaka iri imbere.

Ni ijambo yavugiye mu imurikabikorwa rya kabiri ry’Ubukungu n’ubucuruzi hagati y’u Bushinwa na Afurika (China-Africa Economic and Trade Expo), CAETE.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi barimo Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa, Perezida Macky Sall wa Senegal na Perezida Abdelmadjid Tebboune wa Algeria.

Perezida Kagame icyo gihe yavuze ko iyi ari intambwe ikomeye muri gahunda y’Ihuriro rigamije ubufatanye bw’u Bushinwa na Afurika, rizwi nka FOCAC.

Expo ya mbere yabaye muri Kamena 2019, isiga hasinywe amasezerano 84 y’ubufatanye afite agaciro ka miliyari $20.8 ajyanye n’ubucuruzi, ishoramari, ibikorwaremezo, ubuhinzi, ibikorerwa mu nganda, ingendo z’indege, ubukerarugendo n’ubucuti hagati y’imijyi.

- Advertisement -

Icyo gihe ikigo Gashora Farms cyabonye amasezerano ya miliyoni $500 yo kohereza mu Bushinwa urusenda rwumye.

Perezida Kagame yakomeje ati “Tumaze kubona agaciro k’iki gikorwa. Bwa mbere kiba mu 2019, ibigo byo mu Rwanda byabonye amasezerano y’ubucuruzi, by’umwihariko ajyanye no kugemura ku isoko ry’u Bushinwa ibintu bimwe bikomoka ku buhinzi.”

“Ibyo byazamuye icyizere ku rwego rw’ibijyanye no gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, kandi twishimiye uburyo abakiliya bo mu Bushinwa bakira urusenda, icyayi n’ikawa byo mu Rwanda bifite ireme ryo hejuru.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye kurushaho kwimakaza ubufatanye bw’u Rwanda n’u Bushinwa.

Ati “Uyu mwaka uhuriranye n’isabukuru y’imyaka 50 y’umubano hagati y’u Rwanda na Repubulika ya rubanda y’u Bushinwa. Intego dushyize imbere ni ukurushaho kwimakaza umubano wacu no mu kindi gice cy’ikinyejana kiri imbere.”

Perezida Kagame yavuze ko mu kwagura umubano, Intara ya Hunan yakiriye Expo y’uyu mwaka, hamwe n’Umuyi wa Kigali barimo kureba inzego bafatanyamo mu bijyanye n’ubukungu n’uburezi, kandi u Rwanda rwiteguye ubwo bufatanye.

Perezida Kagame yaboneyeho atumira ba mukerarugendo bo mu Bushinwa, yizeza ko viza iboneka umuntu ageze aho yinjirira mu gihugu, bityo ko bazabasha kwishimira ibyiza byinshi bihaboneka birimo inyamaswa n’urugwiro nyafurika.

Yanashimiye u Bushinwa ku nkunga bwahaye u Rwanda na Afurika muri ibi bihe bya COVID-19, ashimangira ko igaragaza imbaraga z’ubucuti hagati ya Afurika n’u Bushinwa.

Mu minsi ishize u Bushinwa bwahaye u Rwanda inkingo 200,000 za Sinopharm. Mu bihe bitandukanye bwanaruhaye ibikoresho byifashishwa mu guhangana no kwirinda COVID-19.

 

TAGGED:AmbasaderifeaturedKagamePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Indege Yari Irimo Abantu 133 Bose Bashobora Kuba Ntawarokotse
Next Article Muri Centrafrique Hatangiye Inama Y’Umushyikirano Igamije Ubwiyunge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?