Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi W’u Bwongereza Mu Rwanda Aracyebura Abakora Muri Hoteli Na Resitora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ambasaderi W’u Bwongereza Mu Rwanda Aracyebura Abakora Muri Hoteli Na Resitora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 April 2022 2:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Omar Talal Ali Daair uhagarariye u Bwongereza mu Rwanda asaba abatanga serivisi za Hoteli, ni ukuvuga ibiribwa n’ibinyobwa kongera umuvuduko mu kubitegura no kubitanga. Ni mu rwego rwo kubateguza ko akazi kazababana kenshi ubwo u Rwanda ruzaba rwakira CHOGM.

Ambasaderi Daar yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye iwe.

Ibyo Ambasaderi Daair avuga  bifite ishingiro kubera ko henshi abakiliya bategereza ibiribwa cyangwa ibinyobwa iminota itari munsi ya 15.

Iki ni kimwe mu binengwa mu buryo Abanyarwanda batangamo serivisi.

Ambasaderi Daair asanga iyi mikorere yagombye guhinduka kugira ngo ubwo u Rwanda ruzaba rwakira abashyitsi bazaba baje mu Nama y’Abakuru b’ibihugu na Guverinoma bibumbiye muri CHOGM batazabatindira bigashyira umugayo ku gihugu.

Ambasaderi Daair aganira n’itangazamakuru

Kiriya kiganiro cyanagarutse ku isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagatiy’u Rwanda n’u Bwongereza  agamije kwita ku bimukira bajya mu Bongereza bavuye mu Bufaransa n’ahandi mu Burayi kandi bakabikora mu buryo butemewe n’amategeko.

Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda arasaba ko itangwa rya serivisi muri Hoteli na Resitora zinozwa mu gihe Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere gisanzwe gifite imirongo cyashyizeho igena uko bigenda.

Bimwe mu bisabwa ni uko serivisi igomba gutanga byihuse kandi ikaza inoze.

Buri rwego mu zitanga serivisi rugomba kwisuzuma buri gihe, kugira ngo harebwe niba nta gikwiye kuvugururwa.

Aho bishoboka hose, ikoranabuhanga rigomba gukoreshwa kugira ngo serivisi itanzwe, ibe inoze kandi yihute.

Ikoranabuhanga ntirifasha mu gutanga serivisi zihuse kandi zinoze gusa, ririnda n’imitangire ya ruswa.

Icyo rwiyemezamirimo avuga ku cyifuzo cya Ambasaderi…

Munyaneza ni umucuruzi wo mu Karere ka Kamonyi ahitwa i Runda.

Yabwiye Taarifa ko gutinza umukiliya ari umukuha uburyo bwo kuzajya gushakira serivisi yihuse ahandi.

Avuga ko umukiliya aba afite ahantu henshi yahitamo kujyana amafaranga ye bityo ko iyo umubuze, ubu ucuruza uhomba kandi hari n’ubwo uba wanaranguye uhendwa.

Ati: “ Ibyo uwo mugabo avuga birakwiye. Ibintu bikwiye guhinduka kuko Abanyarwanda usanga twumva ko ibintu bigomba gukomeza kugenda uko byahoze kandi sibyo.”

Avuga ko kuzarira mu bintu bituma igihe cyatakaye kitagaruka n’umukiliya ugiye ntazaguke kandi akaguteza n’abandi ko utanga serivisi mbi.

 

TAGGED:AmbasaderiBwongerezafeaturedKamonyiRundaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi W’Ikigo Gitegura Miss Rwanda Akurikiranyweho Ihohotera Rishingiye Ku Gitsina
Next Article Ikibazo Tugira Mu Kugenza Ibyaha By’Ihohoterwa Ni Ugutinda Kubiregera- Umuyobozi Muri RIB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?