Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi W’u Rwanda Mu Bushinwa Amaze Kuba Icyamamare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ambasaderi W’u Rwanda Mu Bushinwa Amaze Kuba Icyamamare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 October 2023 10:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Yitwa James Kimonyo. Uyu mugabo amaze kwamamara mu Bushinwa kubera kugaragara kenshi mu biganiro avuga ku byiza by’ibikorerwa mu Rwanda. Iyo atari kuvuga ku buryohe bw’ikawa y’u Rwanda, aba avuga ku byiza by’urusenda rw’aho, icyayi cyaho cyangwa ubwiza bw’agaseke nyarwanda.

Hari video iherutse guca kuri X yerekana Ambasaderi James Kimonyo ari kubyina indirimbo nyarwanda azigisha Abashinwakazi.

Muri yo hari aho yagize ati: “ Izi ni imbyino tubyina igihe cyose dufite ibirori, igihe cyose twasabanye n’inshuti n’abavandimwe.”

Ku byerekeye ikawa n’icyayi by’u Rwanda, ababinyoye bavuga ko uburyohe bwabyo bushingira ahanini ku butumburuke byeraho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni ubutumburuke bwo mu misozi miremire, ifite ubutaka bufite ifumbire gakondo kandi bugusha imvura ijyaniranye n’ibyo ibyo bihingwa bikunda.

Ikawa n’icyayi by’u Rwanda byatangiye gukundwa n’Abashinwa mu mwaka wa 2018 nyuma y’uruzinduko Perezida wabwo Xi Jinping yagiriye mu Rwanda.

Icyo gihe u Rwanda  rwasinyanye n’Ubushinwa amasezerano 15 y’ubufatanye mu nzego nyinshi harimo no guhahirana.

Ubuke bw’ibyo koherereza Ubushinwa buhombya u Rwanda…

Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri Ambasade y’Ubushinwa mu Rwanda witwa Hudson aherutse kubwira itangazamakuru ko abashoramari b’u Rwanda bataraha Ubushinwa ibyo bubakeneyeho ku kigero bwifuza kandi bwo bwiteguye kwishyura. RDB ivuga ko iri kureba uko icyo kibazo cyakemuka.

- Advertisement -

Hudson yabivugiye mu kiganiro yahaye itangazamakuru nyuma y’ikiganiro  cyagarukaga ku imurikagurisha rizabera mu Bushinwa mu Ugushyingo, 2023 rikazahura ibihugu 168 byo hirya no hino ku isi.

Ni imurikagurisha rizabera i Shanghai mu  Bushinwa, ibihugu 26 by’Afurika bikaba ari byo bizaryitabira, harimo n’u Rwanda.

Umuyobozi muri Ambasade y’Ubushinwa mu Rwanda ushinzwe ubucuruzi avuga ko Ubushinwa ari igihugu gifite isoko rihagije kandi Abashinwa biteguye kugurira Abanyarwanda ibyo babaha byose.

Ati: “ Abaguzi bo mu Bushinwa bishimira ko Abanyarwanda baboherereza umusaruro ukomoka ku buhinzi urimo urusenda, ikawa, icyayi ariko ni ngombwa ko bongera n’ibindi baduha. Twifuza kubagurira byinshi ariko haza bike”.

Yavuze ko imibare ituruka mu Bushinwa yerekana ko Abashinwa miliyoni 500 bakunda urusenda ariko ko urwo babona babona rukaba ruke.

Hudson avuga ko uwo ari umubare munini w’abaturage b’Ubushinwa bashaka urusenda kurusha ndetse n’uw’Abahinde barukunda.

Ku rundi ruhande, avuga ko n’ubwo ingano y’ibicuruzwa u Rwanda rwoherereza Ubushinwa ari nto, ngo biba bifite ubuziranenge.

 

TAGGED:BushinwafeaturedIbicuruzwaIcyayi. UrusendaIkawaKimonyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamabanga Nshingwabikorwa W’Akarere Ka Ngoma Yafungiwe Ruswa
Next Article Ubukene Buri Gutuma Abakinnyi Ba Kiyovu Basohorwa Mu Nzu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?