Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi W’U Rwanda Muri Ghana Yasabye Abayituye ‘Kurushaho’ Gukunda Ubukerarugendo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ambasaderi W’U Rwanda Muri Ghana Yasabye Abayituye ‘Kurushaho’ Gukunda Ubukerarugendo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 June 2021 8:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Kirabo Kacyira Aissa uhagarariye u Rwanda muri Ghana yashimye abatuye  ba kiriya gihugu  ko bakunda ubukerarugendo ariko abasaba kurushaho kuko ari ingenzi mu guteza imbere igihugu cyabo.

Yabivugiye mu Rwanda ubwo yari yaherekeje itsinda rya ba rwiyemezamirimo bo muri Ghana bari basuye u Rwanda ngo barebe aho bazashora imari yabo.

Aba bashoramari  barateganya no kuzasura ibindi bihugu byo muri aka karere bakareba aho bashora amafaranga yabo nk’uko News Ghana yabyanditse.

Urugendo Kakira n’abashoramari bo muri Ghana barimo mu Rwanda rwateguwe n’ibiro bya Ambasade y’u Rwanda muri Ghana bitanyije n’Ikigo cya Ghana cy’abikorera ku giti cyabo kitwa Ghana Export Promotion Authority (GEPA)  n’ikindi gishinzwe guteza imbere ubukerarugendo kitwa the Ghana Tourism Authority (GTA).

Itsinda yaje ayoboye rigizwe n’abashoramari mu ngeri zitandukanye zirimo amahoteli, abakorera ibigo bya Leta na bamwe mu banyapolitiki bo muri kiriya gihugu.

Dr Aissa Kirabo Kikira yavuze ko u Rwanda na Ghana bifite uburyo bwinshi byakorana mu bucuruzi n’ubukerarugendo kandi ko gukorana byagirira impande zombi akamaro.

Asanga kandi ubufatanye hagati y’ibihugu byombi bwagirira akamaro n’umugabane w’Afurika muri rusange.

Ambasaderi Kakira ubwo yari ari kumwe na Perezida wa Ghana Prof Nana Akufo Ado

Hari impamvu zihariye zo gukorana na Ghana:

Ghana ni igihugu gifite byinshi kihariye muri Afurika. Uretse kuba ari cyo gihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyabonye ubwigenge kibuharaniye muri 1957, nicyo gihugu cya mbere gicukura kinagurisha hanze Zahabu nyinshi. Ni umwanya cyasimbuyeho Afurika y’Epfo.

Repubulika ya Ghana iri ahahoze ubwami bwa Ashanti, ubu bubaka bwari ubwoko bwategetse imyaka 300 ahari ubutaka bwa Ghana muri iki gihe.

Ubukungu bw’Ubwami bwa Ashanti bwari bushingiye cyane cyane kuri zahabu.

Ubwami bwa Ashanti bwari bukomeye k’uburyo bwahanganye n’ingabo z’Abongereza zashakaga kubwigarurira zibanza kubanesha mu ntambara ebyiri muri enye  barwanye.

Izi ntambara zarwanywe mu mpeza z’Ikinyejana cya 18, ubwo Abakoloni bashakaga kwigabanya ibihugu by’Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Kubera ko ingabo za Ghana zari zikomeye kandi zifite abaturage bazishyigikiye kandi bunze ubumwe, zahanganye n’ingabo z’Abongereza biratinda ndetse ziza no kwica umwe mu bagaba bazo witwaga Charles McCarthy zimuca umutwe zirawutwara.

Igikanka cye nicyo umwami wa Ashanti yanyweragamo inzoga kugeza byibura muri 1824.

Umwami wa Ashanti witwaga Osei Tutu(1695-1717) yaje kwagura ubwami bwe afata igice kinini cy’ibihugu bimukikije kugeza ageze no mu kigobe cya Guinea gukora ku Nyanja y’Atlantica.

Ubwami bwa Ashanti bwatangaje Abazungu cyane cyane Abongereza k’uburyo abanyamateka babo nta bundi bwami bwo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bigeze bandikaho ibitabo byinshi nk’Ubwami bwa Ashanti bamwe bita Asante.

Kubera ibigwi by’Ubwami bwa Ashanti, n’ubu abo mu bwoko bwa Ashanti baracyategekwa n’umwami, bose hamwe bakaba barenga miliyoni eshanu.

 Yageze kuba icyambu cy’abacakara…

Agace ka Ghana kitwa Cape Coast ubu kagizwe ahantu ndangamateka y’Isi kuko higeze kuba ihuriro ry’abacakara bacuruzwaga bavanywe mu bice by’Afurika yo mu nsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Abacakara bakusanyirizwaga muri kariya gace kugira ngo bagurishwe n’Abazungu barimo abanya Portugal, abo muri Espagne n’abandi.

Abenshi mu Birabura bahagurishirizwaga bajyanwaga mu mirima y’ibisheke muri America y’Amajyepfo.

Agace ka Cape Coast gaherutse gusurwa n’uwahoze ari Perezida wa USA Bwana Barrack Obama.

Kariya gace kandi ubu kazwiho kuba ahantu heza hakorerwa uburobyi bugezweho, bukurura ba mukerarugendo.

Impirimbanyi ya mbere y’Ubwigenge ya mbere muri Afurika…

 Umugabo witwa Kwame Nkrumah niwe wabaye uwa mbere wahagurutse asaba abaturage be guhagurukana nawe bagaharanira ubwigenge bwabo bari baratswe n’Abongereza.

Umuhati wabo waje kubyara umusaruro muri 1957 ubwo bahabwaga ubwigenge.

Nkurumah amaze kurangiza manda ze yasimbuwe na Jerry Rawlings wabaye Perezida avuye mu ngabo zirwanira mu kirere, icyo gihe hari muri 1979. Aherutse gutabaruka.

N’ubwo muri 1981 yakoze ikintu bamwe bafashe nka coup d’état, Rawlings yashyizeho Itegeko nshinga n’ubu rigikurikizwa kandi ritarakorerwa ubugororangingo ubwo aribwo bwose.

Hari abavuga ko Itegeko Nshinga rya Ghana rihamye k’uburyo ari icyitegererezo cya Demukarasi irambye muri Afurika.

Ghana ishimirwa ko ifite urwego rw’ubucamanza rwigenga ku buryo busesuye.

Ubukungu bwa Ghana bwihagazeho…

Ghana  ni igihugu gikize ku mabuye y’agaciro ariko cyane cyane kuri Zahabu.

Muri iki gihe niyo ya mbere icukura ikanohereza zahabu nyinshi ku isoko mpuzamahanga kurusha ibindi bihugu by’Afurika.

Yakuye Afurika y’Epfo kuri uyu mwanya.

Ghana kandi ni iya kabiri muri Afurika mu gusarura no kohereza hanze igihingwa cya cacao gikorwamo chocola.

Ghana kandi icukura indi mabuye y’agaciro nka Diyama, Bauxite((Al(OH)3)   na Manganese (25Mn)

Kiriya gihugu gituwe n’abaturage barenga miliyoni 30, buri muturaga akaba abarirwa umusaruro mbumbe wa $ 2 220.

Ghana ni igihugu kandi cya mbere muri Afurika cyagize umuturage wacyo wayoboye Umuryango w’Abibumbye, uwo akaba ari Koffi Anan.

Uko abayoboye Ghana bakurikiranye kuva yabona ubwigenge:

  1. 1960 – Kwame Nkrumah — Convention People’s Party
  2. 1992 – Jerry Rawlings — Progressive Alliance
  3. 1996 – Jerry Rawlings — National Democratic Congress (NDC)
  4. 2000 – John Kufuor — New Patriotic Party (NPP)
  5. 2004 – John Kufuor — NPP.
  6. 2008 – John Atta Mills — NDC
  7. 2012 – John Dramani Mahama — NDC
  8. 2016 – Nana Akufo-Addo — NPP

 

TAGGED:featuredGhanaKakiraKiraboUbucuruziUbukerarugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 26 Bafashwe Batwaye Ibinyabiziga ‘Basinze’ 
Next Article Ibitaro Byakira Abarwaye COVID-19 Muri Uganda Byuzuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?