Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Igiye Gufasha u Burundi Mu Guteza Imbere Urwego Rw’Ingufu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Igiye Gufasha u Burundi Mu Guteza Imbere Urwego Rw’Ingufu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2022 11:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yakiriye mu Biro bye itsinda ry’abashoramari b’Abanyamerika bashaka gushora imari muri kiriya gihugu kugira ngo bagifashe kubona amashanyarazi ahagije.

Umuvugizi wa Perezidanse y’u Burundi Madamu Evelyne Butoyi niwe watangaje iby’uru ruzinduko rwa bariya bashoramari.

Le Président de la République @GeneralNeva reçoit en audience à #Gitega une délégation des investisseurs américains opérant dans le secteur de l'Energie. Ces investisseurs souhaitent appuyer le #Burundi dans l'électrification des villages, dixit @ButoyiEvelyne porte-parole pic.twitter.com/XAS3SglBmo

— RTNB (@RTNBurundi) March 15, 2022

Si mu rwego rw’amashanyarazi gusa Abanyamerika bashaka gufasha u Burundi guteza imbere kuko hari n’andi masoko( sources) y’ingufu bashobora kubyaza umusaruro harimo n’imirasire y’izuba, ingufu zituruka ku muyaga n’ahandi.

Evelyne Butoyi, Umuvugizi wa Perezidansi y’u Burundi

U Burundi buri kwikura mu bwigunge bwari bwarashyizwemo n’akato bwahawe n’amahanga ubwo, mu mwaka wa 2015, uwayobuyoboraga Pierre Nkurunziza yiyamamarizaga indi manda itaravuzweho rumwe bigakurura amakimbirane ya Politiki yaguyemo abaturage benshi, abandi bagahungira mu Rwanda n’ahandi.

Mu minsi micye ishize, Madamu wa Perezida w’u Burundi Angeline Ndayishimiye yakiriye Ambasaderi w’u Butaliyani muri kiriya gihugu bagirana ibiganiro ku bufatanye  u Burundi bwagirana n’u Butaliyani.

Ambasaderi w’u Butaliyani mu Burundi witwa Massi Mazzanti.  Ibiganiro bagiranye byibanze ku bufatanye mu guteza imbere urwego rw’ubuzima mu Burundi.

Nta gihe kinini gishize Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yakiriye mu Biro bya Ambasaderi wa Israel muri Ethiopia akaba ari nawe uhagarariye inyungu za Israel mu Burundi witwa Aleligne Admasu.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Joe Biden  nawe mu mpera z’umwaka wa 2021 yakuyeho ibihano byafatiwe u Burundi mu 2015, kubera impinduka zimaze kuba mu gihugu ku butegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye.

Ni ibihano byafashwe ubwo igihugu cyari cyugarijwe n’ibibazo bishingiye kuri manda ya gatatu ya Perezida Pierre Nkurunziza itaravugwagaho rumwe, iteza imvururu zagejeje kuri kudeta yapfubye.

Mu itangazo Biden yasohoye taliki 18 Ugushyingo 2021, yavuze ko yafashe iki cyemezo ashingiye ku mpinduka zimaze kuba mu Burundi, akuraho iteka ryagenaga ibihano ryashyizweho ba Barack Obama mu 2015.

Mu byo ryateganyaga harimo gufatira imitungo n’inyungu bya bamwe mu bayobozi bakuru b’u Burundi biri muri Amerika n’ibihano bijyanye na viza zo kujya muri icyo gihugu.

Barimo uwari Minisitiri w’Umutekano Alain Guillaume Bunyoni – ubu ni Minisitiri w’Intebe w’u Burundi – na Godefroid Bizimana wari umuyobozi muri Polisi y’u Burundi – ubu ni umuyanama wa Perezida – bazira uruhare bagize mu gukurikirana abigaragambyaga.

Abandi ni Godefroid Niyombare wayoboraga Urwego rw’iperereza washinjwe gushaka guhirika ubutegetsi agahunga na Cyrille Ndayirukiye wari Minisitiri w’Ingabo uheruka gupfira muri gereza, kubera uruhare bagize mu guteza imvururu mu gihugu.

TAGGED:AmashanyaraziAmerikaBurundifeaturedNdayishimiye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambulance Y’Ibitaro Bya Mibirizi Yagonganye N’Igare Irangirika…
Next Article Gen Kainerugaba Ku Gisozi Ati: ‘Uru Rwibutso Ruzatuma Nta Jenoside Yongera’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?