Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Igiye Gufasha u Burundi Mu Guteza Imbere Urwego Rw’Ingufu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Igiye Gufasha u Burundi Mu Guteza Imbere Urwego Rw’Ingufu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2022 11:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yakiriye mu Biro bye itsinda ry’abashoramari b’Abanyamerika bashaka gushora imari muri kiriya gihugu kugira ngo bagifashe kubona amashanyarazi ahagije.

Umuvugizi wa Perezidanse y’u Burundi Madamu Evelyne Butoyi niwe watangaje iby’uru ruzinduko rwa bariya bashoramari.

Le Président de la République @GeneralNeva reçoit en audience à #Gitega une délégation des investisseurs américains opérant dans le secteur de l'Energie. Ces investisseurs souhaitent appuyer le #Burundi dans l'électrification des villages, dixit @ButoyiEvelyne porte-parole pic.twitter.com/XAS3SglBmo

— RTNB (@RTNBurundi) March 15, 2022

Si mu rwego rw’amashanyarazi gusa Abanyamerika bashaka gufasha u Burundi guteza imbere kuko hari n’andi masoko( sources) y’ingufu bashobora kubyaza umusaruro harimo n’imirasire y’izuba, ingufu zituruka ku muyaga n’ahandi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Evelyne Butoyi, Umuvugizi wa Perezidansi y’u Burundi

U Burundi buri kwikura mu bwigunge bwari bwarashyizwemo n’akato bwahawe n’amahanga ubwo, mu mwaka wa 2015, uwayobuyoboraga Pierre Nkurunziza yiyamamarizaga indi manda itaravuzweho rumwe bigakurura amakimbirane ya Politiki yaguyemo abaturage benshi, abandi bagahungira mu Rwanda n’ahandi.

Mu minsi micye ishize, Madamu wa Perezida w’u Burundi Angeline Ndayishimiye yakiriye Ambasaderi w’u Butaliyani muri kiriya gihugu bagirana ibiganiro ku bufatanye  u Burundi bwagirana n’u Butaliyani.

Ambasaderi w’u Butaliyani mu Burundi witwa Massi Mazzanti.  Ibiganiro bagiranye byibanze ku bufatanye mu guteza imbere urwego rw’ubuzima mu Burundi.

Nta gihe kinini gishize Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yakiriye mu Biro bya Ambasaderi wa Israel muri Ethiopia akaba ari nawe uhagarariye inyungu za Israel mu Burundi witwa Aleligne Admasu.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Joe Biden  nawe mu mpera z’umwaka wa 2021 yakuyeho ibihano byafatiwe u Burundi mu 2015, kubera impinduka zimaze kuba mu gihugu ku butegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye.

- Advertisement -

Ni ibihano byafashwe ubwo igihugu cyari cyugarijwe n’ibibazo bishingiye kuri manda ya gatatu ya Perezida Pierre Nkurunziza itaravugwagaho rumwe, iteza imvururu zagejeje kuri kudeta yapfubye.

Mu itangazo Biden yasohoye taliki 18 Ugushyingo 2021, yavuze ko yafashe iki cyemezo ashingiye ku mpinduka zimaze kuba mu Burundi, akuraho iteka ryagenaga ibihano ryashyizweho ba Barack Obama mu 2015.

Mu byo ryateganyaga harimo gufatira imitungo n’inyungu bya bamwe mu bayobozi bakuru b’u Burundi biri muri Amerika n’ibihano bijyanye na viza zo kujya muri icyo gihugu.

Barimo uwari Minisitiri w’Umutekano Alain Guillaume Bunyoni – ubu ni Minisitiri w’Intebe w’u Burundi – na Godefroid Bizimana wari umuyobozi muri Polisi y’u Burundi – ubu ni umuyanama wa Perezida – bazira uruhare bagize mu gukurikirana abigaragambyaga.

Abandi ni Godefroid Niyombare wayoboraga Urwego rw’iperereza washinjwe gushaka guhirika ubutegetsi agahunga na Cyrille Ndayirukiye wari Minisitiri w’Ingabo uheruka gupfira muri gereza, kubera uruhare bagize mu guteza imvururu mu gihugu.

TAGGED:AmashanyaraziAmerikaBurundifeaturedNdayishimiye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambulance Y’Ibitaro Bya Mibirizi Yagonganye N’Igare Irangirika…
Next Article Gen Kainerugaba Ku Gisozi Ati: ‘Uru Rwibutso Ruzatuma Nta Jenoside Yongera’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?