Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Ishaka Ko Zimbabwe Ikoresha Inkingo Zayo, Yo Igahitamo Iz’Abashinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Ishaka Ko Zimbabwe Ikoresha Inkingo Zayo, Yo Igahitamo Iz’Abashinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2021 9:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

*Umubano W’Amerika Na Zimbabwe ‘Uracyarimo Kidobya’

Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa arashinja Leta zunze ubumwe z’Amerika gukorana n’abatavuga rumwe na Leta mu mugambi wo kumuhirika. Avuga ko Amerika iri kubikora binyuze mu guha abatavuga rumwe na Leta inkingo nyinshi za COVID-19 kugira ngo bazazihe abaturage bityo bibangishe Leta ahubwo bayoboke abatavuga rumwe nayo.

Kuva COVID-19 yaduka ndetse hagakorwa inkingo zayo, Perezida Mnangagwa yanze ko izakorewe muri Amerika no mu Burayi zimugerera mu gihugu ahubwo yemerera izakorewe mu Bushinwa, mu Buhinde no mu Burusiya.

Hashize hafi imyaka 25 ibihugu byo mu Burayi n’Amerika bidacana uwaka na Zimbabwe kubera kuyishinja kutubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Inkingo za Sinovac ziri mu zikoreshwa cyane muri Zimbabwe. Zikorerwa mu Bushinwa

Ni umwuka mubi watangiye hagati y’impande zombi ubwo Robert Mugabe yategekaga Zimbabwe.

Muri iki gihe, Mnangagwa n’ishyaka riri ku butegetsi muri Zimbabwe ari ryo ZANU PF bashinja Amerika n’u Burayi gushaka kumuhirika binyuze mu guha ishyaka ritavuga rumwe na Leta rya MDC inkunga zitandukanye.

Umuvugizi wa Perezida Mnangagwa witwa George Charamba avuga ko Amerika n’u Burayi byahaye MDC inkingo za COVID-19 kugira ngo abo muri ririya shyaka  batangire gukingira abaturage bityo bise no guhangana na Leta kuko yo ikingiza izakorewe mu Bushinwa, u Buhinde n’u Burusiya.

Muri Ambasade ya Amerika i Harare hari amasanduku menshi y’inkingo za Johnston&Johnston atemerewe kuhasohoka ngo akoreshwe.

Hari amasanduku menshi y’inkingo yaheze muri iyi Ambasade

Kugeza ubu abantu baribaza niba Zimbabwe idashobora kuba isibaniro ry’inkingo hagati y’izakorewe mu Burasirazuba bw’Isi n’izakorewe mu Burengerazuba bwayo.

Muri uyu mujyo, bihita bigaragara ko inkingo za kiriya cyorezo zidatangwa hagamijwe gukingira no gutabara ubuzima bw’abantu gusa, ahubwo ko ari n’intwaro ya Politiki ibihugu bikomeye bikoresha ngo byigarurire ibihugu bigikura mu majyambere.

TAGGED:AmerikaBurayifeaturedInkingoMnangagwaZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umupadiri w’Umunyarwanda Yabivuyemo, Ati: ‘Nzakorera Imana Mu Bundi Buryo’
Next Article Ngirabatware Wahamijwe Uruhare Muri Jenoside Azafungirwa Muri Senegal
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?