Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Ntizitabira Inama Ya G20 Izabera Muri Afurika Y’Epfo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Amerika Ntizitabira Inama Ya G20 Izabera Muri Afurika Y’Epfo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 February 2025 11:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Marco Rubio
SHARE

Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio yatangaje ko atazitabira Inama y’abaminisitiri bashinzwe ububanyi n’amahanga bo mu bihugu bikize(G20) izabera muri Afurika y’Epfo kubera ko ‘ititwara neza’.

Kutitwara neza kwa Afurika y’Epfo ni ikibazo giherutse kuvugwaho kandi na Perezida Donald Trump, wavuze ko hari kiriya gifata nabi abaturage bacyo binyuze mu kwikubira ibikingi by’abaturage.

Ikindi ni uko Amerika iherutse guhagarika inkunga yahaga amahanga harimo niyo yageneraga Afurika y’Epfo.

Iyo yageneraga Afurika y’Epfo yo yayihagaritse yose uko yakabaye.

Hagati aho muri iki gihugu hazabera inama y’Abaminisitiri bashinzwe ububanyi n’amahanga bo mu bihugu bikize kurusha ibindi ku isi bigize G20.

Izaba hagati ya tariki 20 na tariki 21, Gashyantare, 2025 ibere i Johannesburg.

Marco Rubio yarangije gutangaza ko atazayitabira kubera ibyo ikinyamakuru cyo muri Afurika y’Epfo kitwa Daily Maverick kivuga ko Rubio yise ‘Anti-Americanism’ ni ukuvuga urwango kuri Amerika rufitwe n’ubutegetsi bwa Afurika y’Epfo.

Rubio kandi yaciye amarenga ko na Donald Trump ashobora kutazitabira Inama y’Abakuru b’ibihugu by’uyu muryango izaba mu Ugushyingo, uyu mwaka.

Kuri X Rubio yanditse ati:  “Sinzitabira inama ya G20 izabera i Johannesburg. Afurika y’Epfo iri gukora ibintu bibi cyane binyuze mu kwigarurira no gukoresha umutungo w’abandi. Akazi kanjye ni uguteza imbere inyungu za Amerika, si ugushyigikira iterambere ry’abandi binyuze mu kubaha amafaranga yatanzweho umusoro n’abaturage bacu”.

Mu minsi ishize, Perezida wa Afurika y’Epfo yemeje itegeko bise Expropriation Act rigamije kugira imitungo runaka y’abaturage ihabwa Leta.

Hari indi mpamvu ivugwa ko yaba yararakaje Abanyamerika igendanye no kuba ubutegetsi bwa Afurika y’Epfo buherutse gusaba Ambasade ya Taiwan kuva i Pretoria ikimukira i Johannesburg, ibi Washington ikabifata nko gukorera mu kwaha k’Ubushinwa.

Uruhande rwa Afurika y’Epfo rwo ruvuga ko ibyo Marco Rubio na Trump bayishinja bitabareba, ikabasaba kutabyivangamo.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane witwa Ronald Lamola yavuze ko igihugu cye gifite Itegeko Nshinga n’abaturage kigomba kwitaho, ko ntawe ukwiye kubyirengagiza cyangwa ngo abyivangemo.

Yavuze ko nta butaka igihugu cye cyambuye abantu ahubwo ko itegeko giherutse gusohora riri mu rwego rwo gukoresha neza ubutaka butagira ba nyirabwo, kandi ngo nta ho bidakorwa.

Ku rundi ruhande, hari abavuga ko ibyo Afurika y’Epfo iri gupfa na Amerika ari yo bizakoraho!

Bemeza ko kudakorana neza nayo, bizatuma Afurika y’Epfo idashyira neza mu bikorwa inshingano zayo kuko nubusanzwe Amerika ari yo ikize kurusha ibindi bihugu byose bigize G20.

Ikindi ababirebera ku ruhande bavuga ko kizagora Afurika y’Epfo ni uko no muri manda izakurikiraho izakomeza kubana nabi na Amerika kuko ari yo[Amerika] izaba iyoboye G20.

Umuhanga witwa Sidiropoulos yabwiye Daily Maverick ati: “ Byumvikane ko kudakorana neza n’igihugu gikize kurusha ibindi ku isi kandi gifite ijambo rinini muri G20 ari ikibazo gikomeye ku gihugu cyacu. Abantu bagomba kumenya ko G20 ari nka Komite nshingwabikorwa y’ubukungu bw’isi”.

Ikindi avuga ko gikomeye ni uko muri icyo gihe cyose, Amerika izakora uko ishoboye igaca intege ubutegetsi bwa Afurika y’Epfo.

Ikiriho ni uko ntawe uzi uko ubutegetsi bwa Donald Trump buzitwara mu bibazo bufitanye na Afurika y’Epfo muri iki gihe.

TAGGED:AfurikaAmerikafeaturedG20Rubio
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Banki Nkuru Ya Uganda Yasahuwe
Next Article Nyamasheke: Yishe Umugore We Utwite, Yica N’Uw’Umuturanyi We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?