Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika N’Ubwongereza Bongeye Kurasa Ku Nyeshyamba Zafunze Inyanja Itukura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika N’Ubwongereza Bongeye Kurasa Ku Nyeshyamba Zafunze Inyanja Itukura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 February 2024 1:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo zishyize hamwe z’Ubwongereza n’iza Amerika zagabye ibitero by’indege ahantu hatandukanye hari habitse ibisasu by’abarwanyi b’aba Houthis bo muri Yemen bamaze igihe barafunze inzira y’amazi y’Inyanja Itukura ngo ibicuruzwa bitayacamo.

Aba Houthis bavuga ko iyi Nyanja ari yo Ubwongereza n’Amerika bacishamo intwaro n’ibindi bikoresho bagenera Israel mu ntambara iri kurwana na Hamas kandi ibyo ntibabishaka.

Bavuga ko Israel iri kwica Abanyapalestine b’inzirakarengane bityo ko batakwemera ko Amerika n’Ubwongereza bakoresha iyo nzira bafasha ingabo za kiriya gihugu.

Itangazo Amerika n’Ubwongereza bafatanyije kwandika no gutangaza rivuga ko ingabo z’ibihugu byombi zagabye ibitero ku hantu 18 aba Houthis babikaga intwaro muri Yemen.

Aho hantu harimo aho babikaga intwaro zo mu bwoko bwa missiles n’aho kajugujugu zabo zaparikaga.

Iki kibaye igitero cya kane ingabo z’Amerika n’Ubwongereza zigabye ku birindiro by’aba Houthis, ibitero bya mbere bikaba byaratangiye taliki 12, Mutarama, 2024.

Kuba aba Houthis baraswaho n’ibi bihugu biterwa ahanini n’uko abo barwanyi bakunze kugaba ibitero ku bwato buca mu Nyanja itukura bikaba  byaratumye ubwato bwinshi butinya kuhaca bityo bibangamira ubucuruzi mpuzamahanga.

Amerika itangaza ko kugaba ibitero ku ba Houthis byari bigamije kubaca intege mu rugero rugaragara.

Iki gihugu kivuga ko aba Houthis bafashwa na Iran bityo ikaba impamvu y’uko banga ko hari igihugu cyatera Israel inkunga kuko ibihugu byombi(Iran na Israel) byangana urunuka.

Amerika kandi yaboneyeho kubwira aba Houthis ko niba badahagaritswe ibyo kubuza abantu guca mu Nyanja itukura, bazakomeza kugabwaho ibitero byinshi kandi biremereye.

Ibitero Amerika n’Ubwongereza baraye bagabye ku ba Houthis byari bishyigikiwe na Australia, Bahrain, Canada, Denmark, Ubuholandi na Nouvelle Zélande.

Aba Houthis batangarije Al Jazeera dukesha iyi nkuru ko batazakangwa n’ibyo bitero ahubwo ko bazakomeza kubangamira inyungu za Israel kugeza ubwo izareka gukomeza kwica Abanyapalestine.

Umuvugizi wabo witwa Yahya Saree avuga ko batazacibwa intege n’ibyo bitero, ahubwo ko bazakomeza kubuza ko Amerika n’Ubwongereza bivogera Inyanja itukura kandi y’Abarabu.

Umuvugizi wabo witwa Yahya Saree

Ngo ni intambara bazakomeza kurwana mu izina ry’Abarabu muri rusange n’iry’Abanyapalestine by’umwihariko.

Amakuru atangwa na Associated Press avuga ko aba Houthis bamaze kugaba ibitero 57 ku mato y’ubucuruzi n’aya gisirikare aca mu Nyanja itukura, ibi bitero bikaba byaratangiye taliki 19, Ugushyingo, 2024.

Ku rundi ruhande abahanga bafite impungenge ko ikibazo kiri mu Nyanja itukura kizamara igihe kandi kizarushaho gukomera bityo n’ibiciro ku isoko mpuzamahanga bikarushaho kuzamuka.

Ikindi kitavugwa cyane ni uko aba Houthis baterwa inkunga kandi na Arabie Saoudite, iyi kandi isanzwe ari inshuti z’Amerika binyuze ku masezerano y’igihe kirekire mu by’ubucuruzi bwa Petelori.

Ibihe biri imbere biragoye!

TAGGED:Aba HouthisAmerikaBwongerezafeaturedIbiteroInyanjaYemen
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Joseph Blackmore W’ikipe Ya Israel YATWAYE Tour Du Rwanda
Next Article Amafoto Aboneye Yaranze Isozwa Rya Kigali Triennial 2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?